• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi bigamije kuzahura umubano bigikomeje, ariko ko imvugo za Perezida Evariste Ndayishimiye z’ibinyoma ashinja u Rwanda zikomeje kubidindiza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko ibiganiro byakomeje, ndetse we ubwe iyo ahuye na mugenzi we w’u Burundi bagirana ibiganiro.

Ati “Ariko ikibazo tugira ni uko Perezida w’u Burundi, atanga ikiganiro mu bitangazamakuru mpuzamahanga ashinja u Rwanda bikaba bitudindiza, ntabwo mvuga Abanyarwanda gusa, kuko n’Abarundi na bo barabyifuza ko twagarura umubano hagati yombi.”

Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku biganiro bibiri byatanzwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yashinjemo u Rwanda ibinyoma ngo ko rushaka gutera u Burundi.

Nduhungire avuga ko Perezida Ndayishimiye azamura ibi birego “Kandi inzego z’umutekano zivugana [z’Ibihugu byombi], zifatanya ndetse no mu bibazo by’umutekano bagakorana, bivuze ko ibi biganiro bitudindiza ariko ntabwo bizaduca intege mu gushaka amahoro n’u Burundi, mu gushaka ko umubano wacu wakongera kumera neza.”

Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwifuza ko rwakomeze gukorana n’u Burundi mu rwego rw’umutekano n’urwa Gisirikare, ariko ko uku gukorana bigomba kuzava mu myitwarire iboneye y’abayobozi b’u Burundi bamaze igihe bibasira u Rwanda.

Ati “Binajyanye n’uko imvugo zibasira ibindi Bihugu twari twemeranyijweho hagati y’impande zombi ko zagabanuka cyane cyane ko ziba zidashingiye ku kuri, iyo uvuze ngo u Rwanda rurashaka gutera u Burundi, ibyo ntabwo bishingiye ku kuri, n’Abarundi ubwabo barabizi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko igihe abategetsi bo mu Burundi bareka imvugo zabo zishinja u Rwanda ibinyoma, byakoroshya n’ibiganiro biriho bikorwa, ubundi umubano w’ibi Bihugu byombi bisanzwe bifatwa nk’ibivandimwe ukongera kumera neza.

Leta y’u Burundi ishinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa kiriya Gihugu, mu ntangiro z’umwaka ushize wa 2024 muri Mutarama, yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu.

Ni mu gihe u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko ntaho uhuriye n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, ndetse na wo ubwawo ukaba warateye utwatsi ibi byatangajwe n’abategetsi ba kiriya Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + four =

Previous Post

Hatangajwe ikimaze gukorwa ku mbanzirizamushinga z’amasezerano Perezida Kagame na Tshisekedi bazasinyira muri America

Next Post

Kenya: Batatu batawe muri yombi nyuma yo gukorera Perezida igikorwa cyo kumwubahuka

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kenya: Batatu batawe muri yombi nyuma yo gukorera Perezida igikorwa cyo kumwubahuka

Kenya: Batatu batawe muri yombi nyuma yo gukorera Perezida igikorwa cyo kumwubahuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.