Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru n’akorera mu Biro by’Utugari, batanga urugero rw’aho basanze hari abaje kurega ababibye bari kumwe n’abaje kwivuza.

Byagarutsweho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ukwakira 2025, ubwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaga ibisobanuro mu magambo ku ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi zigaragara mu mikorere y’amavuriro y’ibanze.

Amavuriro y’Ibanze yashyizweho mu rwego rwo kwegereza abaturage serivise zoroshye ndetse Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko 90% by’Abanyarwanda babona serivise z’ubuzima ku rwego rw’Amavuriro y’Ibanze n’Ibigo Nderabuzima no mu Bajyanama b’Ubuzima.

Umubare w’abakenera izo serivise mu Mavuriro y’Ibanze wavuye ku baturage 71 212 muri 2017 ugera ku baturage miliyoni 3 963 545 muri 2024.

Ubwo abasenateri bari mu gikorwa cyo gusura abaturage harebwa ibikorwa mu guteza imbere ayo mavuriro, basanze harimo ibibazo byo kuba hari adafite abaganga, umuriro, amazi ndetse n’ibindi.

Senateri Umuhire Adrie yagize ati “Twasanze Amavuriro y’Ibanze angana na 50 ku ijana acungwa n’Ibigo Nderabuzima. Ayo mavuriro akora hagati y’iminsi ibiri n’itatu mu cyumweru, bityo kudakora iminsi yose bikaba bibangamiye abaturage kuko baza kwivuza bakabura ababavura bigatuma ivuriro abaturage baritakariza icyizere cyangwa bagahitamo kurwarira mu rugo, ikindi usanga umuganga umwe ari we ukurikirana indwara zose.”

Senateri Nyinawamwiza Laétitia na we yagize ati “Hari aho ugera ugasanga abaturage ni benshi baririrwa batonze imirongo bari mu Kagari ahatangirwa serivise zindi z’Akagari, ugasanga uwaje kurega abamwibye n’uwaje kwivuza bose bari hamwe.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera yavuze ko ibyo bibazo biri gushakirwa ibisubizo.

Ati “Ikibazo cy’abaganga bacye ntabwo kiri mu Mavuriro y’Ibanze gusa, ni no mu Bigo Nderabuzima no mu Bitaro, dufite abaganga bacye muri rusange mu Gihugu. Dufite ingamba yuko mu myaka itatu iri imbere abaganga bazaba bariyongereye bikazakemura ibibazo byose tubona mu rwego rw’ubuvuzi muri rusange harimo n’amavuriro y’ibanze.

Ku kijyanye n’amavuriro akorera mu Biro by’Utugari dufite gahunda yo kongera inyubako amavuriro akava kuri 80% akagera ku 100% ku buryo amavuriro y’ibanze yose akorera ahantu habugenewe hateganyijwe serivise z’ubuvuzi kandi tuzabigeraho kuko ubu turi gushaka ubushobozi kugira ngo tubashe kubigeraho.” 

Amavuriro y’Ibanze yavuye kuri 670 muri 2017 ubu akaba ageze ku 1 294. Biteganyijwe ko mu myaka itanu iri imbere hazubakwa Amavuriro y’Ibanze kandi agezweho 100, mu gihe 420 azavugururwa. U Rwanda rufite intego ko nibura 95% by’abagana ibigo by’ubuvuzi bajya bivuriza mu Mavuriro y’Ibanze n’Ibigo Nderabuzima.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =

Previous Post

Nyuma yuko Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda harakurikiraho iki?

Next Post

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.