Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bafite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, yavuze ko yigeze kugira amahirwe yo kujya gukora akazi hanze y’u Rwanda ariko akamuca mu myanya y’intoki kubera ubu burwayi. Ihuriro ry’abafite ubu bwandu rikavuga ko ibi bigaragaza ko bagikorerwa akato.

Umugore ukiri muto ufite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, wavuze ko yabuze aya mahirwe yo kujya gukora akazi kubera iki kibazo, avuga ko azi na bagenzi be bahuye n’iki gikorwa.

Uyu mugore ikinyamakuru The New Times cyahaye izina rya Kunda [si ryo zina ry’ukuri], ni umwe mu Banyarwanda ibihumbi 160 bari mu Ihuriro rizwi nka RPP+), ry’abantu babana n’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA.

Ubwandu bwa Virusi itera SIDA mu Rwanda, buri 3% ku bantu bakuru, aho kugeza ubu habarwa abantu 210 000 babufite barimo abenshi b’igitsinagore aho ari 3,7% mu gihe igitsinagabo ari 2,2%.

Gutangira gutanga imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA, byatumye abayifite bagira ubuzima bwiza, ndetse binagira uruhare mu kugabanya akato bahabwaga, nubwo hakiri ibigaragara nk’akato, birimo amananiza bashyirirwaho mu gihe bashaka kujya gushaka akazi hanze ndetse no kujya kwiga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RPP+, Deo Mutambuka agaruka ku buhamya bwatanzwe n’uwo munyarwandakazi, yagize ati “Uwo mukobwa wavuze uburyo yabuze amahirwe y’akazi ku isoko ry’umurimo mpuzamahanga nk’umwe mu banyamuryango ba RPP+, bigaragaza ko ikibazo cy’akato kitararangira.”

Yakomeje agira ati “Niba tucyumva abantu babura amahirwe yo guhabwa inguzanyo kubera uko ubuzima bwabo buhagaze, urumva ikibazo cye cyagutungura? Ariko ntekereza ko uko igihe kizagenda gishira, bizagenda bihinduka.”

Yavuze ko iki kibazo gikwiye gushakirwa umuti mu buryo bwagutse, ku buryo mu kugishakira umuti bigomba kugirwamo uruhare n’abafatranyabikorwa batandukanye yaba abo mu nzego za Leta ndetse n’iz’abikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 11 =

Previous Post

Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda

Next Post

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.