Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ibigikorerwa abafite ubwandu bwa SIDA bigaragaza ko akato bakorerwa kagihari
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bafite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, yavuze ko yigeze kugira amahirwe yo kujya gukora akazi hanze y’u Rwanda ariko akamuca mu myanya y’intoki kubera ubu burwayi. Ihuriro ry’abafite ubu bwandu rikavuga ko ibi bigaragaza ko bagikorerwa akato.

Umugore ukiri muto ufite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, wavuze ko yabuze aya mahirwe yo kujya gukora akazi kubera iki kibazo, avuga ko azi na bagenzi be bahuye n’iki gikorwa.

Uyu mugore ikinyamakuru The New Times cyahaye izina rya Kunda [si ryo zina ry’ukuri], ni umwe mu Banyarwanda ibihumbi 160 bari mu Ihuriro rizwi nka RPP+), ry’abantu babana n’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA.

Ubwandu bwa Virusi itera SIDA mu Rwanda, buri 3% ku bantu bakuru, aho kugeza ubu habarwa abantu 210 000 babufite barimo abenshi b’igitsinagore aho ari 3,7% mu gihe igitsinagabo ari 2,2%.

Gutangira gutanga imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera SIDA, byatumye abayifite bagira ubuzima bwiza, ndetse binagira uruhare mu kugabanya akato bahabwaga, nubwo hakiri ibigaragara nk’akato, birimo amananiza bashyirirwaho mu gihe bashaka kujya gushaka akazi hanze ndetse no kujya kwiga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa RPP+, Deo Mutambuka agaruka ku buhamya bwatanzwe n’uwo munyarwandakazi, yagize ati “Uwo mukobwa wavuze uburyo yabuze amahirwe y’akazi ku isoko ry’umurimo mpuzamahanga nk’umwe mu banyamuryango ba RPP+, bigaragaza ko ikibazo cy’akato kitararangira.”

Yakomeje agira ati “Niba tucyumva abantu babura amahirwe yo guhabwa inguzanyo kubera uko ubuzima bwabo buhagaze, urumva ikibazo cye cyagutungura? Ariko ntekereza ko uko igihe kizagenda gishira, bizagenda bihinduka.”

Yavuze ko iki kibazo gikwiye gushakirwa umuti mu buryo bwagutse, ku buryo mu kugishakira umuti bigomba kugirwamo uruhare n’abafatranyabikorwa batandukanye yaba abo mu nzego za Leta ndetse n’iz’abikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + eight =

Previous Post

Inkuru y’akababaro mu mukino w’amagare mu Rwanda

Next Post

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

RDF muri Mozambique ikomeje gukorera abaturage ibibahindurira imibereho bituma bayishima byimazeyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.