Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ibyaha bibiri biri ku muvuduko wo hejuru mu Rwanda n’icyiciro kibyiganjemo

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe ibyaha bibiri biri ku muvuduko wo hejuru mu Rwanda n’icyiciro kibyiganjemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, yagaragaje ko icyaha cy’ubujura n’icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, bikomeje kwiyongera, kuko uko ari bibiri gusa birengeje 50 y’ibyaha byose bikorwa, anavuga ko bikunze gufatirwamo urubyiruko, anavuga icyo isesengura rigaragaza ku mpamvu y’ikorwa ryabyo.

Umushinjacyaha Mukuru, Aimable Havugiyaremye, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023 ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanza wa 2023-2024.

Umushinjacyaha Mukuru avuga ko Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego ko umwaka ushize w’Ubucamanza wa 2022-2023, buzazamura ikigero cy’amadosiye bukora avuye mu Bugenzacyaha, akagera kuri 94%.

Avuga ko nubwo amadosiye yagiye yiyongera ariko “Kuri icyo gipimo twakirengejeho, ahubwo dukora ibigeze kuri 99,6%.”

Yavuze kandi ko Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego yo kugabanya amadosiye buregera Inkiko, kugira ngo bwimakaze inzira zo gukemura amakimbirane hakoreshejwe ubundi buryo buteganywa n’amategeko, nk’uburyo bw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha buzwi nka ‘Plea Burgaining’, ubuhuza ‘mediation’ ndetse no guca ihazabu.

Kuri ubu buryo, Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego ko 50% y’amadosiye aregerwa Ubushinjacyaha, yakemuka hatabayeho kuregera inkiko.

Ati “Uyu muhigo twawugezeho, aho 51% y’amadosiye yagarukiye mu Bushinjacyaha ataregewe Inkiko.”

Nanone kandi Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego yo kugabanya umubare w’abantu baregerwa inkiko bafunze, aho bwifuzaga ko 60% y’amadosiye bwakira, bazajya bakurikiranwa badafunze.

Ati “Tukaba twarabigezeho ku kigero cya 48%. Bivuze ko amadosiye yarimo abafunze bageze kuri 48% twabafunguye kugira ngo bakurikiranwe badafunze.”

Umushinjacyaha Mukuru avuga ko hari n’ibyaha bikomeje kwiyongera, ku buryo hakenewe ingamba zo kubirwanya, zigomba guhurirwaho n’inzego zinyuranye.

Icyaha cy’ubujura n’icyaha cyo gukubita no gukomereza ku bushake, “aho ibi byaha bibiri gusa byihariye 59,3% y’ibyaha bikorwa muri rusange.”

Umushinjacyaha Mukuru avuga ko mu isesengura ryakozwe, byagaragaye ko abakora ibi byaha, akenshi biba bifitanye isano n’ubusinzi.

Ati “Abenshi mu rubyiruko rukurikiranwaho icyaha cy’ubujura, ahanini biterwa no gushaka amafaranga yo kwishora mu nzoga no mu biyobyabwenge. Iyo bamaze gusinda ni byo bikunze kuvamo ayo makimbirane muri urwo rubyiruko, barwana bikavamo icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.”

Avuga kandi mu mikorere y’ibyaha muri rusange, 72,8% y’ababikora, bari mu kigero cy’imyaka itarenze 30 y’amavuko. Ati “Tuzakomeza gukorana n’izindi nzego mu kunoza ingamba zitandukanye uru rubyiruko ruve muri ibi byaha.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

Kigali: Harakekwa ahavuye Litiro 1.000 za Mazutu zafatiwe mu mukwabu

Next Post

Soudan: Imibare iteye inkeke y’abamaze kugwa mu ntambara ikomeje kuraswamo ibisasu biremereye

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Imibare iteye inkeke y’abamaze kugwa mu ntambara ikomeje kuraswamo ibisasu biremereye

Soudan: Imibare iteye inkeke y’abamaze kugwa mu ntambara ikomeje kuraswamo ibisasu biremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.