Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe ibyaha bibiri biri ku muvuduko wo hejuru mu Rwanda n’icyiciro kibyiganjemo

radiotv10by radiotv10
04/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe ibyaha bibiri biri ku muvuduko wo hejuru mu Rwanda n’icyiciro kibyiganjemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, yagaragaje ko icyaha cy’ubujura n’icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, bikomeje kwiyongera, kuko uko ari bibiri gusa birengeje 50 y’ibyaha byose bikorwa, anavuga ko bikunze gufatirwamo urubyiruko, anavuga icyo isesengura rigaragaza ku mpamvu y’ikorwa ryabyo.

Umushinjacyaha Mukuru, Aimable Havugiyaremye, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023 ubwo hatangizwaga Umwaka w’Ubucamanza wa 2023-2024.

Umushinjacyaha Mukuru avuga ko Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego ko umwaka ushize w’Ubucamanza wa 2022-2023, buzazamura ikigero cy’amadosiye bukora avuye mu Bugenzacyaha, akagera kuri 94%.

Avuga ko nubwo amadosiye yagiye yiyongera ariko “Kuri icyo gipimo twakirengejeho, ahubwo dukora ibigeze kuri 99,6%.”

Yavuze kandi ko Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego yo kugabanya amadosiye buregera Inkiko, kugira ngo bwimakaze inzira zo gukemura amakimbirane hakoreshejwe ubundi buryo buteganywa n’amategeko, nk’uburyo bw’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha buzwi nka ‘Plea Burgaining’, ubuhuza ‘mediation’ ndetse no guca ihazabu.

Kuri ubu buryo, Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego ko 50% y’amadosiye aregerwa Ubushinjacyaha, yakemuka hatabayeho kuregera inkiko.

Ati “Uyu muhigo twawugezeho, aho 51% y’amadosiye yagarukiye mu Bushinjacyaha ataregewe Inkiko.”

Nanone kandi Ubushinjacyaha bwari bwihaye intego yo kugabanya umubare w’abantu baregerwa inkiko bafunze, aho bwifuzaga ko 60% y’amadosiye bwakira, bazajya bakurikiranwa badafunze.

Ati “Tukaba twarabigezeho ku kigero cya 48%. Bivuze ko amadosiye yarimo abafunze bageze kuri 48% twabafunguye kugira ngo bakurikiranwe badafunze.”

Umushinjacyaha Mukuru avuga ko hari n’ibyaha bikomeje kwiyongera, ku buryo hakenewe ingamba zo kubirwanya, zigomba guhurirwaho n’inzego zinyuranye.

Icyaha cy’ubujura n’icyaha cyo gukubita no gukomereza ku bushake, “aho ibi byaha bibiri gusa byihariye 59,3% y’ibyaha bikorwa muri rusange.”

Umushinjacyaha Mukuru avuga ko mu isesengura ryakozwe, byagaragaye ko abakora ibi byaha, akenshi biba bifitanye isano n’ubusinzi.

Ati “Abenshi mu rubyiruko rukurikiranwaho icyaha cy’ubujura, ahanini biterwa no gushaka amafaranga yo kwishora mu nzoga no mu biyobyabwenge. Iyo bamaze gusinda ni byo bikunze kuvamo ayo makimbirane muri urwo rubyiruko, barwana bikavamo icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake.”

Avuga kandi mu mikorere y’ibyaha muri rusange, 72,8% y’ababikora, bari mu kigero cy’imyaka itarenze 30 y’amavuko. Ati “Tuzakomeza gukorana n’izindi nzego mu kunoza ingamba zitandukanye uru rubyiruko ruve muri ibi byaha.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

Kigali: Harakekwa ahavuye Litiro 1.000 za Mazutu zafatiwe mu mukwabu

Next Post

Soudan: Imibare iteye inkeke y’abamaze kugwa mu ntambara ikomeje kuraswamo ibisasu biremereye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Soudan: Imibare iteye inkeke y’abamaze kugwa mu ntambara ikomeje kuraswamo ibisasu biremereye

Soudan: Imibare iteye inkeke y’abamaze kugwa mu ntambara ikomeje kuraswamo ibisasu biremereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.