Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza ko umusaruro mucye w’ubuhinzi uri mu byatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa rusaga 8%, kuko hari n’ibiribwa byari bisanzwe biboneka mu Rwanda byatumijwe mu mahanga.

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku rugero rwa 8.8% bivuye kuri 6.05% byariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyi Banki kandi ivuga ko uku gukomeza guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ari ingaruka y’imitere y’ubucuruzi bw’u Rwanda.

Imibare igaragaza ko ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga byiyongereyeho 18.5% mu gihe ibyoherejwe mu mahanga byiyongera kuri 11.2%.

Ibi bivuze ko u Rwanda rwatanze amafaranga menshi mu byatumijwe mu mahanga kuruta ayo mu byoherejwe mu mahanga, bituma icyuho mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigera kuri 23.3% kivuye kuri 20.7% byo mu mwaka wa 2022.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko umusaruro mucye w’ubuhinzi uri mu byatumye ifaranga ry’u Rwanda rihura n’ibibazo bikomeye mu ku isoko.

Ati “N’ibiribwa na byo kubera ko ubuhinzi butagenze neza; twatumije ibiribwa byinshi hanze kuruta ibyo twari dusanzwe dutumiza. Ibyo byose byagize uruhare mu kongera amafaranga akenewe mu gutumiza ibintu hanze, bituma n’ayo dukura hanze atabasha guhaza; bituma igiciro kizamuka. Ni bwo bwa mbere mu myaka hafi makubyabiri tugize gutakaza agaciro kw’ifaranga irenga 10%. Ubu bimaze kurenga 12%.”

Gusa Banki y’u Rwanda ivuga ko u Rwanda rufite ubwizigame bw’amadorali ashobora gukoreshwa mu mezi 4.4, ariko ngo ntirwakwihutira kuyarekura.

John Rwangombwaa ati “Ubwizigame bukoreshwa mu gihe habaye ikintu kidasanzwe gituma amafaranga yinjira asa n’aho yahagaze burundu, no gutumiza akenshi ugasanga ni ibintu by’ibanze bikenewe. Ni nka kwa kundi waryaga gatatu ku munsi mu gihe gisanzwe, mu bihe bidasanzwe urahagarika wenda bibe kabiri ku munsi. Ntabwo uhita ujya gufata mu kigega ibyo wari uzigamye kugira ngo ukomeze gatatu ku munsi. Ikigega kizaza ari uko byabuze burundu noneho ukeneye kurya rimwe ku munsi ngo ubeho.”

Hakorwa iki?

Mu rwego rwo gukura umusaruro w’ubuhinzi mu bishyira ifaranga ry’u Rwanda mu kaga; Senateri Laetitia Nyinawamwiza avuga ko ubuhinzi bwakagombye gushyirirwaho Banki ishinzwe iterambere ryabwo.

Ati “Cyera mwigeze kutubwira ko hatekerezwa kuzashyirwaho banki y’ubuhinzi. Ese biracyari mu nzozi zacu; cyangwa dukureyo amaso?”

Icyakora abanyapolitiki bo si ko babibona, bavuga ko icyo kitari ku meza y’ingingo zishobora kuzahura ubuhinzi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze ati “Ntabwo icyihutirwa ari ukuvuga ngo dushyizeho izina banki y’ubuhinzi, tuyubatse ahantu. Ntabwo nakubwira ko Guverinoma izashyiraho banki kubera izina.”

Nubwo ifaranga ry’u Rwanda ritigeze ryoroherwa ku isoko; Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2023 ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku rugero rwa 7.7%. Serivisi n’inganda ni byo byagize uruhare runini muri iri zamuka, ariko ubuhinzi bwo bufitemo uruhare rwa 0.3%.

Gus banki Nkuru y’Igihugu ishimangira ko ifite icyizere ko uyu mwaka uzasiga ifaranga ry’u Rwanda ryongeye kwisubiza agaciro ku isoko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Rukundo Jean Népo says:
    3 years ago

    Burya ifaranga Rita agaciro aruko ibyo dukura hanze biruta ibyo twoherezayo. Kdi Koko Niko bimeze kuko igihugu cyacu kiracyari munzira yiterambere, byumvikaneko ntibyinshi tugira byo kohereza hanze .
    Ikindi mutazi rero Kiri gutuma ifaranga Rita agaciro.
    Hari abantu hanze aha, bari kwishyuza service batanga bakishyuza mu madorari.
    Icyo se cyo mwari mukizi?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eleven =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

Next Post

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.