Saturday, May 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza ko umusaruro mucye w’ubuhinzi uri mu byatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa rusaga 8%, kuko hari n’ibiribwa byari bisanzwe biboneka mu Rwanda byatumijwe mu mahanga.

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku rugero rwa 8.8% bivuye kuri 6.05% byariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyi Banki kandi ivuga ko uku gukomeza guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ari ingaruka y’imitere y’ubucuruzi bw’u Rwanda.

Imibare igaragaza ko ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga byiyongereyeho 18.5% mu gihe ibyoherejwe mu mahanga byiyongera kuri 11.2%.

Ibi bivuze ko u Rwanda rwatanze amafaranga menshi mu byatumijwe mu mahanga kuruta ayo mu byoherejwe mu mahanga, bituma icyuho mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigera kuri 23.3% kivuye kuri 20.7% byo mu mwaka wa 2022.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko umusaruro mucye w’ubuhinzi uri mu byatumye ifaranga ry’u Rwanda rihura n’ibibazo bikomeye mu ku isoko.

Ati “N’ibiribwa na byo kubera ko ubuhinzi butagenze neza; twatumije ibiribwa byinshi hanze kuruta ibyo twari dusanzwe dutumiza. Ibyo byose byagize uruhare mu kongera amafaranga akenewe mu gutumiza ibintu hanze, bituma n’ayo dukura hanze atabasha guhaza; bituma igiciro kizamuka. Ni bwo bwa mbere mu myaka hafi makubyabiri tugize gutakaza agaciro kw’ifaranga irenga 10%. Ubu bimaze kurenga 12%.”

Gusa Banki y’u Rwanda ivuga ko u Rwanda rufite ubwizigame bw’amadorali ashobora gukoreshwa mu mezi 4.4, ariko ngo ntirwakwihutira kuyarekura.

John Rwangombwaa ati “Ubwizigame bukoreshwa mu gihe habaye ikintu kidasanzwe gituma amafaranga yinjira asa n’aho yahagaze burundu, no gutumiza akenshi ugasanga ni ibintu by’ibanze bikenewe. Ni nka kwa kundi waryaga gatatu ku munsi mu gihe gisanzwe, mu bihe bidasanzwe urahagarika wenda bibe kabiri ku munsi. Ntabwo uhita ujya gufata mu kigega ibyo wari uzigamye kugira ngo ukomeze gatatu ku munsi. Ikigega kizaza ari uko byabuze burundu noneho ukeneye kurya rimwe ku munsi ngo ubeho.”

Hakorwa iki?

Mu rwego rwo gukura umusaruro w’ubuhinzi mu bishyira ifaranga ry’u Rwanda mu kaga; Senateri Laetitia Nyinawamwiza avuga ko ubuhinzi bwakagombye gushyirirwaho Banki ishinzwe iterambere ryabwo.

Ati “Cyera mwigeze kutubwira ko hatekerezwa kuzashyirwaho banki y’ubuhinzi. Ese biracyari mu nzozi zacu; cyangwa dukureyo amaso?”

Icyakora abanyapolitiki bo si ko babibona, bavuga ko icyo kitari ku meza y’ingingo zishobora kuzahura ubuhinzi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze ati “Ntabwo icyihutirwa ari ukuvuga ngo dushyizeho izina banki y’ubuhinzi, tuyubatse ahantu. Ntabwo nakubwira ko Guverinoma izashyiraho banki kubera izina.”

Nubwo ifaranga ry’u Rwanda ritigeze ryoroherwa ku isoko; Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2023 ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku rugero rwa 7.7%. Serivisi n’inganda ni byo byagize uruhare runini muri iri zamuka, ariko ubuhinzi bwo bufitemo uruhare rwa 0.3%.

Gus banki Nkuru y’Igihugu ishimangira ko ifite icyizere ko uyu mwaka uzasiga ifaranga ry’u Rwanda ryongeye kwisubiza agaciro ku isoko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Rukundo Jean Népo says:
    3 years ago

    Burya ifaranga Rita agaciro aruko ibyo dukura hanze biruta ibyo twoherezayo. Kdi Koko Niko bimeze kuko igihugu cyacu kiracyari munzira yiterambere, byumvikaneko ntibyinshi tugira byo kohereza hanze .
    Ikindi mutazi rero Kiri gutuma ifaranga Rita agaciro.
    Hari abantu hanze aha, bari kwishyuza service batanga bakishyuza mu madorari.
    Icyo se cyo mwari mukizi?

    Reply

Leave a Reply to Rukundo Jean Népo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 7 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

Next Post

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

by radiotv10
01/05/2026
0

The Minister of ICT and Innovation said that the government of Rwanda is considering introducing a law that would restrict...

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

Breaking: Gitifu w’Umurenge wa Mageragere afungiye ibirimo kumena ibanga ry’akazi

by radiotv10
30/04/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwafunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge, ukurikiranyweho ibyaha bya ruswa no...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Hamenyekanye igihano cyasabiwe umunyamakuru uzwi mu myidagaduro ukurikiranyweho kurwanira mu kabari

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

01/05/2026
Icyo Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yasabye Joseph Kabila

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

01/05/2026
Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

01/05/2026
Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

01/05/2026
Should Social Media Be Banned for the Youth?

Should Social Media Be Banned for the Youth?

01/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

Amakuru mpamo ku yari yatangiye kuvugwa ku isezera ry’umunyamakuru w’imyidagaduro uzwi mu Rwanda

America yafatie ibihano Joseph Kabila wabaye Perezida wa Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.