Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
1
Hagaragajwe icyatsikije ifaranga ry’u Rwanda rigata agaciro bitigeze bibaho mu myaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza ko umusaruro mucye w’ubuhinzi uri mu byatumye ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro ku rugero rwa rusaga 8%, kuko hari n’ibiribwa byari bisanzwe biboneka mu Rwanda byatumijwe mu mahanga.

Banki nkuru y’u Rwanda igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2023 ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro ku rugero rwa 8.8% bivuye kuri 6.05% byariho mu mpera z’umwaka wa 2022.

Iyi Banki kandi ivuga ko uku gukomeza guta agaciro kw’ifaranga ry’u Rwanda ari ingaruka y’imitere y’ubucuruzi bw’u Rwanda.

Imibare igaragaza ko ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga byiyongereyeho 18.5% mu gihe ibyoherejwe mu mahanga byiyongera kuri 11.2%.

Ibi bivuze ko u Rwanda rwatanze amafaranga menshi mu byatumijwe mu mahanga kuruta ayo mu byoherejwe mu mahanga, bituma icyuho mu bucuruzi u Rwanda rugirana n’amahanga kigera kuri 23.3% kivuye kuri 20.7% byo mu mwaka wa 2022.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko umusaruro mucye w’ubuhinzi uri mu byatumye ifaranga ry’u Rwanda rihura n’ibibazo bikomeye mu ku isoko.

Ati “N’ibiribwa na byo kubera ko ubuhinzi butagenze neza; twatumije ibiribwa byinshi hanze kuruta ibyo twari dusanzwe dutumiza. Ibyo byose byagize uruhare mu kongera amafaranga akenewe mu gutumiza ibintu hanze, bituma n’ayo dukura hanze atabasha guhaza; bituma igiciro kizamuka. Ni bwo bwa mbere mu myaka hafi makubyabiri tugize gutakaza agaciro kw’ifaranga irenga 10%. Ubu bimaze kurenga 12%.”

Gusa Banki y’u Rwanda ivuga ko u Rwanda rufite ubwizigame bw’amadorali ashobora gukoreshwa mu mezi 4.4, ariko ngo ntirwakwihutira kuyarekura.

John Rwangombwaa ati “Ubwizigame bukoreshwa mu gihe habaye ikintu kidasanzwe gituma amafaranga yinjira asa n’aho yahagaze burundu, no gutumiza akenshi ugasanga ni ibintu by’ibanze bikenewe. Ni nka kwa kundi waryaga gatatu ku munsi mu gihe gisanzwe, mu bihe bidasanzwe urahagarika wenda bibe kabiri ku munsi. Ntabwo uhita ujya gufata mu kigega ibyo wari uzigamye kugira ngo ukomeze gatatu ku munsi. Ikigega kizaza ari uko byabuze burundu noneho ukeneye kurya rimwe ku munsi ngo ubeho.”

Hakorwa iki?

Mu rwego rwo gukura umusaruro w’ubuhinzi mu bishyira ifaranga ry’u Rwanda mu kaga; Senateri Laetitia Nyinawamwiza avuga ko ubuhinzi bwakagombye gushyirirwaho Banki ishinzwe iterambere ryabwo.

Ati “Cyera mwigeze kutubwira ko hatekerezwa kuzashyirwaho banki y’ubuhinzi. Ese biracyari mu nzozi zacu; cyangwa dukureyo amaso?”

Icyakora abanyapolitiki bo si ko babibona, bavuga ko icyo kitari ku meza y’ingingo zishobora kuzahura ubuhinzi.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze ati “Ntabwo icyihutirwa ari ukuvuga ngo dushyizeho izina banki y’ubuhinzi, tuyubatse ahantu. Ntabwo nakubwira ko Guverinoma izashyiraho banki kubera izina.”

Nubwo ifaranga ry’u Rwanda ritigeze ryoroherwa ku isoko; Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2023 ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku rugero rwa 7.7%. Serivisi n’inganda ni byo byagize uruhare runini muri iri zamuka, ariko ubuhinzi bwo bufitemo uruhare rwa 0.3%.

Gus banki Nkuru y’Igihugu ishimangira ko ifite icyizere ko uyu mwaka uzasiga ifaranga ry’u Rwanda ryongeye kwisubiza agaciro ku isoko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Rukundo Jean Népo says:
    2 years ago

    Burya ifaranga Rita agaciro aruko ibyo dukura hanze biruta ibyo twoherezayo. Kdi Koko Niko bimeze kuko igihugu cyacu kiracyari munzira yiterambere, byumvikaneko ntibyinshi tugira byo kohereza hanze .
    Ikindi mutazi rero Kiri gutuma ifaranga Rita agaciro.
    Hari abantu hanze aha, bari kwishyuza service batanga bakishyuza mu madorari.
    Icyo se cyo mwari mukizi?

    Reply

Leave a Reply to Rukundo Jean Népo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + twenty =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje ikibazo cy’ingutu kikiboshye Politiki y’Isi n’umuti cyavugutirwa

Next Post

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Related Posts

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo
IBYAMAMARE

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.