Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe icyatumye habaho idindira muri gahunda y’urufunguzo rwo gufasha abafite ubumuga

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe icyatumye habaho idindira muri gahunda y’urufunguzo rwo gufasha abafite ubumuga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko itarahabwa amafaranga yose yagenewe gukora ibarura rigaragaza abantu bose bafite ubumuga kugira ngo imenye abakeneye ubufasha bwihariye, byanatumye igihe cyari kihawe kigiye kugera bitaranagera kuri 50%. 

Imyaka ibaye itatu havugwa ubushakashatsi bugaragaza umubare nyakuri w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda, mu rwego rwo kumenya umubare w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda; ndetse n’ibyiciro barimo kugira ngo hakorwe igenamigambi rishingira ku byo bakeneye.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yari yaremeye ko iki gikorwa kigomba kurangirana n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, mu gihe ubura atanu, nyamara kitaranagera no kuri 50%.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana aherutse kubwira Abadepite impamvu iki gikorwa kitarangira.

Yagize ati “Dufite ikibazo cy’ingengo y’imari yo gukora ibarura. Twabitangiye vuba aha ngaha. Twabitangiye mu kwezi kwa 11 [2023] kugeza ubu tugeze kuri 40%.”

Jean Claude Musabyimana avuga ko nubwo bikiri kure, ariko “Twiteguye kubirangiza mu mpera y’ingengo y’imari y’uyu mwaka.”

Depie Eugene Musorini uhagarariye abafite ubumuga mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko ivugurura ry’ingengo y’imari y’umwaka wa 2023-2024 yakagombye gukuraho icyuho kiri muri iki gikorwa.

Yagize ati “Mu buryo bwo kubona imibare igendeye ku ibarurishamibare ryerekana imibare nyayo yo kwita ku bafite ubumuga; ibarura ryari ryarateganyijwe kandi ririmo rikorwa hari hateganyijwe kubona nibura andi asoza icyo gikorwa. Ayo mafaranga aramutse atabonetse muri iyi ngengo y’imari ivuguruye; ni ukuvuga ngo imibare twari kuzagenderaho mu mwaka wa 2024-2025 mu ngengo y’imari izaba isubiye inyuma.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko n’iyo ngengo y’imari bivugwa ko ari nke, na yo ubwayo itarakoreshwa yose.

Yagize ati “Igikorwa cyose kirasaba miliyoni maganacyenda (900 000 000 Frw) nk’uko yabivuze. Habonetse miliyoni magana ane (400 000 000 Frw). Muri ayo magana ane yabonetse; haracyari miliyoni ijana na makumyabiri (120 000 000 Frw) zitarakoreshwa. Twaje kureba niba hari aho twayakura kugira ngo birangirane n’ukwezi kwa gatandatu dusanga bitugora, dusanga ko igikorwa cyakomeza gikoresha aya dufite, noneho wenda ibindi bikorwa bikazakomereza mu ntangiriro z’ingengo y’imari itaha.”

Ibarura riheruka kuri iyi ngingo yakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare; yavuye mu ibarura rusange ry’abaturage; igaragaza ko kugeza muri 2022, abantu bafite ubumuga mu Rwanda bangana na 394 375, bangana na 3,4%. Muri uwo mubare; abangana na 3,7% batuye mu cyaro, naho 2,8% bakaba mu mijyi.

Iyi mibare kandi igaragaza ko abafite ubumuga bw’ingingo n’abatabona ari bo benshi, inerekana ko 34,6% by’abafite ubumuga batigeze bakandagira mu ishuri, hari kandi 44% batazi gusoma no kwandika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Next Post

Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.