Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe icyatumye habaho idindira muri gahunda y’urufunguzo rwo gufasha abafite ubumuga

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe icyatumye habaho idindira muri gahunda y’urufunguzo rwo gufasha abafite ubumuga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko itarahabwa amafaranga yose yagenewe gukora ibarura rigaragaza abantu bose bafite ubumuga kugira ngo imenye abakeneye ubufasha bwihariye, byanatumye igihe cyari kihawe kigiye kugera bitaranagera kuri 50%. 

Imyaka ibaye itatu havugwa ubushakashatsi bugaragaza umubare nyakuri w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda, mu rwego rwo kumenya umubare w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda; ndetse n’ibyiciro barimo kugira ngo hakorwe igenamigambi rishingira ku byo bakeneye.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yari yaremeye ko iki gikorwa kigomba kurangirana n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, mu gihe ubura atanu, nyamara kitaranagera no kuri 50%.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana aherutse kubwira Abadepite impamvu iki gikorwa kitarangira.

Yagize ati “Dufite ikibazo cy’ingengo y’imari yo gukora ibarura. Twabitangiye vuba aha ngaha. Twabitangiye mu kwezi kwa 11 [2023] kugeza ubu tugeze kuri 40%.”

Jean Claude Musabyimana avuga ko nubwo bikiri kure, ariko “Twiteguye kubirangiza mu mpera y’ingengo y’imari y’uyu mwaka.”

Depie Eugene Musorini uhagarariye abafite ubumuga mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko ivugurura ry’ingengo y’imari y’umwaka wa 2023-2024 yakagombye gukuraho icyuho kiri muri iki gikorwa.

Yagize ati “Mu buryo bwo kubona imibare igendeye ku ibarurishamibare ryerekana imibare nyayo yo kwita ku bafite ubumuga; ibarura ryari ryarateganyijwe kandi ririmo rikorwa hari hateganyijwe kubona nibura andi asoza icyo gikorwa. Ayo mafaranga aramutse atabonetse muri iyi ngengo y’imari ivuguruye; ni ukuvuga ngo imibare twari kuzagenderaho mu mwaka wa 2024-2025 mu ngengo y’imari izaba isubiye inyuma.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko n’iyo ngengo y’imari bivugwa ko ari nke, na yo ubwayo itarakoreshwa yose.

Yagize ati “Igikorwa cyose kirasaba miliyoni maganacyenda (900 000 000 Frw) nk’uko yabivuze. Habonetse miliyoni magana ane (400 000 000 Frw). Muri ayo magana ane yabonetse; haracyari miliyoni ijana na makumyabiri (120 000 000 Frw) zitarakoreshwa. Twaje kureba niba hari aho twayakura kugira ngo birangirane n’ukwezi kwa gatandatu dusanga bitugora, dusanga ko igikorwa cyakomeza gikoresha aya dufite, noneho wenda ibindi bikorwa bikazakomereza mu ntangiriro z’ingengo y’imari itaha.”

Ibarura riheruka kuri iyi ngingo yakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare; yavuye mu ibarura rusange ry’abaturage; igaragaza ko kugeza muri 2022, abantu bafite ubumuga mu Rwanda bangana na 394 375, bangana na 3,4%. Muri uwo mubare; abangana na 3,7% batuye mu cyaro, naho 2,8% bakaba mu mijyi.

Iyi mibare kandi igaragaza ko abafite ubumuga bw’ingingo n’abatabona ari bo benshi, inerekana ko 34,6% by’abafite ubumuga batigeze bakandagira mu ishuri, hari kandi 44% batazi gusoma no kwandika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 15 =

Previous Post

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Next Post

Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.