• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe icyatumye habaho idindira muri gahunda y’urufunguzo rwo gufasha abafite ubumuga

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe icyatumye habaho idindira muri gahunda y’urufunguzo rwo gufasha abafite ubumuga
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko itarahabwa amafaranga yose yagenewe gukora ibarura rigaragaza abantu bose bafite ubumuga kugira ngo imenye abakeneye ubufasha bwihariye, byanatumye igihe cyari kihawe kigiye kugera bitaranagera kuri 50%. 

Imyaka ibaye itatu havugwa ubushakashatsi bugaragaza umubare nyakuri w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda, mu rwego rwo kumenya umubare w’abantu bafite ubumuga mu Rwanda; ndetse n’ibyiciro barimo kugira ngo hakorwe igenamigambi rishingira ku byo bakeneye.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yari yaremeye ko iki gikorwa kigomba kurangirana n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, mu gihe ubura atanu, nyamara kitaranagera no kuri 50%.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana aherutse kubwira Abadepite impamvu iki gikorwa kitarangira.

Yagize ati “Dufite ikibazo cy’ingengo y’imari yo gukora ibarura. Twabitangiye vuba aha ngaha. Twabitangiye mu kwezi kwa 11 [2023] kugeza ubu tugeze kuri 40%.”

Jean Claude Musabyimana avuga ko nubwo bikiri kure, ariko “Twiteguye kubirangiza mu mpera y’ingengo y’imari y’uyu mwaka.”

Depie Eugene Musorini uhagarariye abafite ubumuga mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko ivugurura ry’ingengo y’imari y’umwaka wa 2023-2024 yakagombye gukuraho icyuho kiri muri iki gikorwa.

Yagize ati “Mu buryo bwo kubona imibare igendeye ku ibarurishamibare ryerekana imibare nyayo yo kwita ku bafite ubumuga; ibarura ryari ryarateganyijwe kandi ririmo rikorwa hari hateganyijwe kubona nibura andi asoza icyo gikorwa. Ayo mafaranga aramutse atabonetse muri iyi ngengo y’imari ivuguruye; ni ukuvuga ngo imibare twari kuzagenderaho mu mwaka wa 2024-2025 mu ngengo y’imari izaba isubiye inyuma.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yavuze ko n’iyo ngengo y’imari bivugwa ko ari nke, na yo ubwayo itarakoreshwa yose.

Yagize ati “Igikorwa cyose kirasaba miliyoni maganacyenda (900 000 000 Frw) nk’uko yabivuze. Habonetse miliyoni magana ane (400 000 000 Frw). Muri ayo magana ane yabonetse; haracyari miliyoni ijana na makumyabiri (120 000 000 Frw) zitarakoreshwa. Twaje kureba niba hari aho twayakura kugira ngo birangirane n’ukwezi kwa gatandatu dusanga bitugora, dusanga ko igikorwa cyakomeza gikoresha aya dufite, noneho wenda ibindi bikorwa bikazakomereza mu ntangiriro z’ingengo y’imari itaha.”

Ibarura riheruka kuri iyi ngingo yakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare; yavuye mu ibarura rusange ry’abaturage; igaragaza ko kugeza muri 2022, abantu bafite ubumuga mu Rwanda bangana na 394 375, bangana na 3,4%. Muri uwo mubare; abangana na 3,7% batuye mu cyaro, naho 2,8% bakaba mu mijyi.

Iyi mibare kandi igaragaza ko abafite ubumuga bw’ingingo n’abatabona ari bo benshi, inerekana ko 34,6% by’abafite ubumuga batigeze bakandagira mu ishuri, hari kandi 44% batazi gusoma no kwandika.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 11 =

Previous Post

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Next Post

Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Ibivugwa ku iyegura rya Perezida wa Hongrie n’icyo we yivugiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.