Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/10/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko umusaruro mbumbe uturuka mu Bigo by’Ubwishingizi ungana na 2,1%, mu gihe igipimo cyawo ku rwego mpuzamahanga ku Isi ari 7%.

Iyi mibare igaragaza ko uruhare rw’Ibigo by’Ubwishingizi mu bukungu bw’u Rwanda, urimo icyuho cya 4,9% ugereranyije n’uko byifashe ku rwego mpuzamahanga.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko kugira ngo iki cyuho kigabanuke, hakwiye kunozwa amategeko yo mu bwishingiza, hakabaho kuzamura ikoranabuhanga mu mikoreshereze y’uru rwego kimwe no kuzamura imyumvire y’abaturage kwitabira serivisi z’ubwishingizi.

Ati “Turashaka kuzamura iki gipimo, ariko ntabwo ari ukuzamura igipimo gusa, igipimo kizamuka ari uko urwego rugeze ku bantu benshi rushoboye gufasha abantu kugabanya ingaruka ziterwa n’ibintu bitazwi, ni ukunoza imikorere y’ibigo by’ubwishingizi, ni ukunoza amategeko abigenga, ni ukunoza kwigisha abantu cyane cyane kumenya ubwiza n’amakamaro ko kugira ubwishingizi.”

Ubusanzwe ibigo by’ubwishingizi byakira amafaranga aturutse muri servisi batanga, akajyanwa muri Banki Nkuru y’Igihugu, agakoreshwa mu kubaka ibikorwa bibyara inyungu.

Ba nyiri ibigo by’ubwishingizi bagaragaza ko hakenwe imbaraga mu kwigisha abaturage kwitabira servisi z’ubwishingizi uhereye ku binjiza amafaranga macye kugera ku miryango ikize mu rwego rwo kuzamura umusaruro mbumbe uturuka muri iki gice cy’ubwishingizi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gitanga ubwishingizi ku bigo bitanga ubwishingizi (AfricaRE), Dr Corneille Karekezi avuga ko bagiye kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu bwishingizi kugira ngo byorohere abaturage.

Ati “Navuze ku bakozi bo mu rugo n’abandi bose bakora imirimo mito wasanga ntawe ubageraho, ubu hari ibintu byinshi bituma dufite icyizere harimo ikoranabuhanga, cyera byari bigoye gukusanya amafaranga y’ubwishingizi nubwo yaba ari macye ariko ubu biroroshye ukoresheje ikoranabuhanga ririho mu buryo bwo gukusanya amafaranga n’uburyo bwo kwishyura.”

Ubushakashatsi bwa FinScope 2024 bwagaragaje ko Abanyarwanda bagana serivisi z’ubwishingizi bangana 27%, naho inyubako zubatse mu murwa mukuru wa Kigali, izigera mu 10% ni zo zifite ubwishingizi.

Abakora mu bigo by’ubwishingizi bavuga ko bafite ingamba

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 9 =

Previous Post

AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

Next Post

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika bwa mbere yagaragaje imfura ye nyuma y’umwaka yibarutse

Related Posts

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

IZIHERUKA

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi uzwi muri Afurika bwa mbere yagaragaje imfura ye nyuma y’umwaka yibarutse

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika bwa mbere yagaragaje imfura ye nyuma y’umwaka yibarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.