Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/10/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe icyuho gikabije cy’umusaruro w’Ibigo by’Ubwishingizi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda igaragaza ko umusaruro mbumbe uturuka mu Bigo by’Ubwishingizi ungana na 2,1%, mu gihe igipimo cyawo ku rwego mpuzamahanga ku Isi ari 7%.

Iyi mibare igaragaza ko uruhare rw’Ibigo by’Ubwishingizi mu bukungu bw’u Rwanda, urimo icyuho cya 4,9% ugereranyije n’uko byifashe ku rwego mpuzamahanga.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa avuga ko kugira ngo iki cyuho kigabanuke, hakwiye kunozwa amategeko yo mu bwishingiza, hakabaho kuzamura ikoranabuhanga mu mikoreshereze y’uru rwego kimwe no kuzamura imyumvire y’abaturage kwitabira serivisi z’ubwishingizi.

Ati “Turashaka kuzamura iki gipimo, ariko ntabwo ari ukuzamura igipimo gusa, igipimo kizamuka ari uko urwego rugeze ku bantu benshi rushoboye gufasha abantu kugabanya ingaruka ziterwa n’ibintu bitazwi, ni ukunoza imikorere y’ibigo by’ubwishingizi, ni ukunoza amategeko abigenga, ni ukunoza kwigisha abantu cyane cyane kumenya ubwiza n’amakamaro ko kugira ubwishingizi.”

Ubusanzwe ibigo by’ubwishingizi byakira amafaranga aturutse muri servisi batanga, akajyanwa muri Banki Nkuru y’Igihugu, agakoreshwa mu kubaka ibikorwa bibyara inyungu.

Ba nyiri ibigo by’ubwishingizi bagaragaza ko hakenwe imbaraga mu kwigisha abaturage kwitabira servisi z’ubwishingizi uhereye ku binjiza amafaranga macye kugera ku miryango ikize mu rwego rwo kuzamura umusaruro mbumbe uturuka muri iki gice cy’ubwishingizi.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gitanga ubwishingizi ku bigo bitanga ubwishingizi (AfricaRE), Dr Corneille Karekezi avuga ko bagiye kuzamura urwego rw’ikoranabuhanga mu bwishingizi kugira ngo byorohere abaturage.

Ati “Navuze ku bakozi bo mu rugo n’abandi bose bakora imirimo mito wasanga ntawe ubageraho, ubu hari ibintu byinshi bituma dufite icyizere harimo ikoranabuhanga, cyera byari bigoye gukusanya amafaranga y’ubwishingizi nubwo yaba ari macye ariko ubu biroroshye ukoresheje ikoranabuhanga ririho mu buryo bwo gukusanya amafaranga n’uburyo bwo kwishyura.”

Ubushakashatsi bwa FinScope 2024 bwagaragaje ko Abanyarwanda bagana serivisi z’ubwishingizi bangana 27%, naho inyubako zubatse mu murwa mukuru wa Kigali, izigera mu 10% ni zo zifite ubwishingizi.

Abakora mu bigo by’ubwishingizi bavuga ko bafite ingamba

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twenty =

Previous Post

AMAFOTO: Mu birori binogeye ijisho Perezida Kagame na Madamu bitabiriye umusangiro w’Abanyacubahiro mu Bufaransa

Next Post

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika bwa mbere yagaragaje imfura ye nyuma y’umwaka yibarutse

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi uzwi muri Afurika bwa mbere yagaragaje imfura ye nyuma y’umwaka yibarutse

Umuhanzikazi uzwi muri Afurika bwa mbere yagaragaje imfura ye nyuma y’umwaka yibarutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.