Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe igipimo kiri hejuru cy’umusaruro w’ubuhinzi upfa ubusa mu Rwanda n’ingamba zafashwe

radiotv10by radiotv10
13/11/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe igipimo kiri hejuru cy’umusaruro w’ubuhinzi upfa ubusa mu Rwanda n’ingamba zafashwe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi ungana na 30% wangirika bitewe no kubura uburyo bwo kuwubika neza, gusa yizeza ko hagiye gufatwa ingamba zigamije kurandura iki kibazo.

Mu igenzura ryakozwe hasanzwe ko umusaruro w’umuceri wangirika nyuma y’isarura wari 12,4% na 1,.8% ku bigori. Ibi bikaba ari ibipimo biri hejuru cyane.

Abadepite bagize Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije bagaragaje ko ubwo bakoraga ingendo hirya no hino mu gihugu basanze mu bikorwa remezo by’ubwanikiro harimo ibibazo, ngo ibyo bikaba ari na byo bituma umusaruro urushaho kwangirika, nubwo gahunda ya Leta ari uko umusaruro wangirika ugabanuka. Basabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gukemura ibyo bibazo.

Depite Muzana Alice yagize ati “Twakoze ingendo mu Gihugu hose. Hari ubwanikiro twasanze budakoreshwa icyo bwagenewe, hakaba hari inzu zubatse nk’ubwanikiro ariko ugasanga harimo ubwatsi bw’inka. Nashakaga kubabaza uburyo mugenzura ibyo bikorwa remezo.”

Na ho Depite Niyorurema Jean René yagize ati “Abaturage twabashishikarije kongera umusaruro barahinga, ariko hari ikibazo cyagaragaye cy’ubwanikiro bukiri buke. Hari n’ubwagiye bwubakwa ariko bushyirwa kure y’aho abaturage bahinze, ugasanga bituma abaturage badashishikarira kugeza umusaruro ku bwanikiro bakawujyana mu rugo, bigatuma wangirika. Hari gukorwa iki ngo ibi bikemuke?”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Olivier Kamana yavuze ko iyi Minisiteri igiye gushyira imbaraga mu gushakira umuti ibi bibazo kugira ngo umusaruro w’ibinyampeke ubungwabungwe.

Yagize ati “Turabizeza ko ibitagenda neza bizakosorwa bidatinze, cyane cyane ibirebana n’ubwanikiro usanga budakoreshwa ibyo bwagenewe. Tugiye kongera ubugenzuzi mu bikorwa remezo by’ubwanikiro byose dufite.”

Akomeza agira ati “Tuzashyira ingufu mu kureba uburyo umusaruro uzitabwaho, ndetse n’imikoreshereze y’ibikorwa remezo bijyanye n’uwo musaruro, kugira ngo amakosa yagaragaye atazasubira.”

Leta y’u Rwanda yihaye intego yo kugabanya umusaruro wangirika mu buhinzi kugeza munsi ya 5% mu mwaka wa 2029. Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko mu rwego rwo kubika umusaruro w’ibinyampeke ku buryo burambye, Igihugu gifite ubushobozi bwo kubika toni ibihumbi 46, ndetse muri NST2 bikaba biteganyijwe ko mu mwaka wa 2029 Igihugu kizaba gishoboye kubika toni ibihumbi 200 z’ibinyampeke.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twelve =

Previous Post

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Next Post

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.