Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, cyagaragaje ko mu gihembwe cya gatatu cya 2024, umusaruro mbumbe w’Igihugu wageze kuri Miliyari 4 806 Frw uvuye kuri Miliyari 4 246 Frw wari uriho mu gihembwe nk’iki umwaka ushize. Ni ukuvuga ko ubukungu bw’Igihugu bwagize izamuka rya 8,1%.

Iyi mibare yagaragajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR, aho mu gihembwe cya gatatu iri zamuka ry’ubukungu rya 8,1%, rije risanga kandi mu gihembwe cya kabiri, harabayeho izamuka rya 9,8%, naho icya mbere kikaba cyarabayemo izamuka rya 9,7%.

Muri rusange izamuka ry’ubukungu ku bihembwe bitatu ni ukuvuga kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2024, habayeho izamuka rya 9,2%.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, agaruka kuri iri zamuka rya rusange rya 9,2% mu bihembwe bitatu, yavuze ko ari igipimo gishimishoje kandi gitanga icyizere ku iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda, ndetse ko n’umwaka utaha buzakomeza gushikama, ku buryo nta bantu bakwiye kugira impungenge ko bishobora guhinduka.

Yagize ati “Nta mpinduka turi kubona zidasanzwe, ubukungu bw’u Rwanda bwakabaye buzaba bwiza mu 2025. Impuzandengo ihagaze kuri 9.2%, imibare ikomeje gutya, ubukungu bwazamuka ku kigero kiri hejuru 8% cyangwa 9%.”

NISR kandi yagaragaje ko umusaruro w’urwego rw’ubukungu wiyongereyeho 4%, uw’inganda uzamukaho 8% mu gihe umusaruro wa serivisi wo wazamutse ku 10%.

Iri zamuka ry’uruhare rw’ubuhinzi, nubwo ryabaye rito ugereranyije n’ibindi bihembwe dore ko mu gihembwe giheruka bwari bwazamutseho 7%, Minisitiri Murangwa, yavuze ko atari igipimo giteye impungenge.

Yagize ati “Umusaruro wa 4%, ntabwo tuba twageze ahantu habi, ni yo mpamvu ibiciro bitarazamuka cyane. Hari imyaka ubuhinzi butazamukaga, ariko 4% ikurikira 7%, ntabwo biramera nabi.”

Minisitiri kandi yamaze impungenge abakeka ko izamuka ridakabije ry’ibiciro ku masoko, ryaba riterwa no kuba idolari riri kuzamuka cyane ugereranyije n’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda, avuga ko bidafitanye isano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Next Post

MTN Rwanda and UNICEF Rwanda Join Forces to Champion Children’s Rights and Well-Being

Related Posts

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

IZIHERUKA

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind
IMIBEREHO MYIZA

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda and UNICEF Rwanda Join Forces to Champion Children’s Rights and Well-Being

MTN Rwanda and UNICEF Rwanda Join Forces to Champion Children's Rights and Well-Being

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.