Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha w’ Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yatangaje ko icyemezo cyafashwe mu rubanza ruregwamo Kabuga Felicien cyo kutazakomeza kuburana, atari umwanzuro ntakuka, kuko hari amahirwe yo kukijuririra.

Serge Brammertz yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, ahagarutswe ku cyemezo cya ruriya rwego, rwemeje ko Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana.

Perezida w’uru rwego (IRMCT), Graciela Gatti Santana, yavuze kuri iki cyemezo cyafashwe tariki 06 Kamena 2023, avuga ko Urukiko rugendeye kuri raporo z’abaganga, rwafashe kiriya cyemezo nyuma y’ukwezi rugisuzuma.

Yagize ati “Abacamanza banzuye ku bwiganze; ko atagifite ubushobozi bwo kuburana, kandi nta cyizere gihari ko azakira vuba. Icyakora Urukiko rwemeje ko iburanisha rizakomeza mu bundi buryo kugira ngo ahabwe amahirwe yo kugaragaza ko ari umwere. Ibyo kandi biri no mu nyungu rusange kwerekana iherezo ry’ibyaha Kabuga akekwaho.”

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz na we yagize ati “Ndashaka kugira icyo mvuga ku mwanzuro Urukiko rwafashe ku rubanza rwa Kabuga mu cyumweru gishize. Uriya mwanzuro ntabwo ari uwa nyuma, ushobora kujuririrwa. Icyo nababwira ni uko Ubushinjacyaha buri gukora ibishoboka byose kugira ngo uru rubanza rwa Kabuga rurangizwe, ariko tunareba ku burenganzira bw’uregwa.”

 

U Rwanda, America n’u Bwongereza byagaragaje ko bitanyuzwe

Muri iyi Nteko y’aka Kanama k’Umuryango w’Abibumye gashinzwe umutekano, uhagarariye u Rwanda, n’uwa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’uw’u Bwongereza, bavuze ko batanyuzwe na kiriya cyemezo cyafashwe mu rubanza ruregwamo Kabuga.

Ambasaderi Claver Gatete wanagarutse ku kuba hari Ibihugu bigikomeje kugaragaza imbaraga nke mu gutuma abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagezwa imbere y’ubutabera.

Yagize ati “Birababaje kuba umuvuduko wo gutanga ubutabera udindizwa n’uko Ibihugu bidakorana, kandi Akanama Gashinzwe Umutekano k’Umuryago w’Abibumbye gasaba ko iyo mikoranire ibaho. Ibyo ntibikerereza itangwa ry’ubutabera gusa, ahubwo bituma n’abakekwaho ibyaha badakurikiranwa.”

Yahise agaruka no kuri Kabuga, ati “Ikintu giheruka gishimangira ibyo; ni icyemezo cy’Urukiko cyemeje ko Felicien Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana. Ni umwanzuro ubabaje cyane ku barokotse, abishwe, ndetse no ku Banyarwanda bose.”

Uhagarariye u Bwongereza mu Muryango w’Abibumbye, yasabye ko uru rukiko rwajya rumenyesha Umuryango w’Abibumbye aho urubanza rwa Kabuga rugeze.

Yagize ati “Twizeye ko muzakomeza kutumenyesha imigendekere y’uru rubanza; kugira ngo abakekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi babiryozwe. Sinabura kuvuga ko duhangayikishijwe na raporo zigaragaza ko hari abagihakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Ntibyemewe, bikomeretsa abarokotse, bikanabangamira ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga mu gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gukumira icyatuma byongera kubaho.”

Iki cyemezo cyafashwe na ruriya rwego, cyashenguye benshi by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko Kabuga Felicien ari umwe mu bakekwaho kuba ba ruharwa mu kuyitegura no kuyitegura no kuyishyigikira.

Umuryango Ibuka, Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wari wagaragaje ko kiriya cyemezo gifashwe muri iki gihe Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu minsi ijana yo Kwibuka, kibatonetse, kuko kumva ko ukekwaho kugira uruhare mu bikorwa byahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ataburanye kugeza aho ahamwa cyangwa agirwa umwere, ari ukubura ubutabera.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Next Post

Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.