Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha w’ Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yatangaje ko icyemezo cyafashwe mu rubanza ruregwamo Kabuga Felicien cyo kutazakomeza kuburana, atari umwanzuro ntakuka, kuko hari amahirwe yo kukijuririra.

Serge Brammertz yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, ahagarutswe ku cyemezo cya ruriya rwego, rwemeje ko Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana.

Perezida w’uru rwego (IRMCT), Graciela Gatti Santana, yavuze kuri iki cyemezo cyafashwe tariki 06 Kamena 2023, avuga ko Urukiko rugendeye kuri raporo z’abaganga, rwafashe kiriya cyemezo nyuma y’ukwezi rugisuzuma.

Yagize ati “Abacamanza banzuye ku bwiganze; ko atagifite ubushobozi bwo kuburana, kandi nta cyizere gihari ko azakira vuba. Icyakora Urukiko rwemeje ko iburanisha rizakomeza mu bundi buryo kugira ngo ahabwe amahirwe yo kugaragaza ko ari umwere. Ibyo kandi biri no mu nyungu rusange kwerekana iherezo ry’ibyaha Kabuga akekwaho.”

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz na we yagize ati “Ndashaka kugira icyo mvuga ku mwanzuro Urukiko rwafashe ku rubanza rwa Kabuga mu cyumweru gishize. Uriya mwanzuro ntabwo ari uwa nyuma, ushobora kujuririrwa. Icyo nababwira ni uko Ubushinjacyaha buri gukora ibishoboka byose kugira ngo uru rubanza rwa Kabuga rurangizwe, ariko tunareba ku burenganzira bw’uregwa.”

 

U Rwanda, America n’u Bwongereza byagaragaje ko bitanyuzwe

Muri iyi Nteko y’aka Kanama k’Umuryango w’Abibumye gashinzwe umutekano, uhagarariye u Rwanda, n’uwa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’uw’u Bwongereza, bavuze ko batanyuzwe na kiriya cyemezo cyafashwe mu rubanza ruregwamo Kabuga.

Ambasaderi Claver Gatete wanagarutse ku kuba hari Ibihugu bigikomeje kugaragaza imbaraga nke mu gutuma abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagezwa imbere y’ubutabera.

Yagize ati “Birababaje kuba umuvuduko wo gutanga ubutabera udindizwa n’uko Ibihugu bidakorana, kandi Akanama Gashinzwe Umutekano k’Umuryago w’Abibumbye gasaba ko iyo mikoranire ibaho. Ibyo ntibikerereza itangwa ry’ubutabera gusa, ahubwo bituma n’abakekwaho ibyaha badakurikiranwa.”

Yahise agaruka no kuri Kabuga, ati “Ikintu giheruka gishimangira ibyo; ni icyemezo cy’Urukiko cyemeje ko Felicien Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana. Ni umwanzuro ubabaje cyane ku barokotse, abishwe, ndetse no ku Banyarwanda bose.”

Uhagarariye u Bwongereza mu Muryango w’Abibumbye, yasabye ko uru rukiko rwajya rumenyesha Umuryango w’Abibumbye aho urubanza rwa Kabuga rugeze.

Yagize ati “Twizeye ko muzakomeza kutumenyesha imigendekere y’uru rubanza; kugira ngo abakekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi babiryozwe. Sinabura kuvuga ko duhangayikishijwe na raporo zigaragaza ko hari abagihakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Ntibyemewe, bikomeretsa abarokotse, bikanabangamira ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga mu gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gukumira icyatuma byongera kubaho.”

Iki cyemezo cyafashwe na ruriya rwego, cyashenguye benshi by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko Kabuga Felicien ari umwe mu bakekwaho kuba ba ruharwa mu kuyitegura no kuyitegura no kuyishyigikira.

Umuryango Ibuka, Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wari wagaragaje ko kiriya cyemezo gifashwe muri iki gihe Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu minsi ijana yo Kwibuka, kibatonetse, kuko kumva ko ukekwaho kugira uruhare mu bikorwa byahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ataburanye kugeza aho ahamwa cyangwa agirwa umwere, ari ukubura ubutabera.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Next Post

Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.