Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
13/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha w’ Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yatangaje ko icyemezo cyafashwe mu rubanza ruregwamo Kabuga Felicien cyo kutazakomeza kuburana, atari umwanzuro ntakuka, kuko hari amahirwe yo kukijuririra.

Serge Brammertz yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kamena 2023 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, ahagarutswe ku cyemezo cya ruriya rwego, rwemeje ko Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana.

Perezida w’uru rwego (IRMCT), Graciela Gatti Santana, yavuze kuri iki cyemezo cyafashwe tariki 06 Kamena 2023, avuga ko Urukiko rugendeye kuri raporo z’abaganga, rwafashe kiriya cyemezo nyuma y’ukwezi rugisuzuma.

Yagize ati “Abacamanza banzuye ku bwiganze; ko atagifite ubushobozi bwo kuburana, kandi nta cyizere gihari ko azakira vuba. Icyakora Urukiko rwemeje ko iburanisha rizakomeza mu bundi buryo kugira ngo ahabwe amahirwe yo kugaragaza ko ari umwere. Ibyo kandi biri no mu nyungu rusange kwerekana iherezo ry’ibyaha Kabuga akekwaho.”

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz na we yagize ati “Ndashaka kugira icyo mvuga ku mwanzuro Urukiko rwafashe ku rubanza rwa Kabuga mu cyumweru gishize. Uriya mwanzuro ntabwo ari uwa nyuma, ushobora kujuririrwa. Icyo nababwira ni uko Ubushinjacyaha buri gukora ibishoboka byose kugira ngo uru rubanza rwa Kabuga rurangizwe, ariko tunareba ku burenganzira bw’uregwa.”

 

U Rwanda, America n’u Bwongereza byagaragaje ko bitanyuzwe

Muri iyi Nteko y’aka Kanama k’Umuryango w’Abibumye gashinzwe umutekano, uhagarariye u Rwanda, n’uwa Leta Zunze Ubumwe za America ndetse n’uw’u Bwongereza, bavuze ko batanyuzwe na kiriya cyemezo cyafashwe mu rubanza ruregwamo Kabuga.

Ambasaderi Claver Gatete wanagarutse ku kuba hari Ibihugu bigikomeje kugaragaza imbaraga nke mu gutuma abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bagezwa imbere y’ubutabera.

Yagize ati “Birababaje kuba umuvuduko wo gutanga ubutabera udindizwa n’uko Ibihugu bidakorana, kandi Akanama Gashinzwe Umutekano k’Umuryago w’Abibumbye gasaba ko iyo mikoranire ibaho. Ibyo ntibikerereza itangwa ry’ubutabera gusa, ahubwo bituma n’abakekwaho ibyaha badakurikiranwa.”

Yahise agaruka no kuri Kabuga, ati “Ikintu giheruka gishimangira ibyo; ni icyemezo cy’Urukiko cyemeje ko Felicien Kabuga atagifite ubushobozi bwo gukomeza kuburana. Ni umwanzuro ubabaje cyane ku barokotse, abishwe, ndetse no ku Banyarwanda bose.”

Uhagarariye u Bwongereza mu Muryango w’Abibumbye, yasabye ko uru rukiko rwajya rumenyesha Umuryango w’Abibumbye aho urubanza rwa Kabuga rugeze.

Yagize ati “Twizeye ko muzakomeza kutumenyesha imigendekere y’uru rubanza; kugira ngo abakekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi babiryozwe. Sinabura kuvuga ko duhangayikishijwe na raporo zigaragaza ko hari abagihakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Ntibyemewe, bikomeretsa abarokotse, bikanabangamira ibikorwa by’imiryango mpuzamahanga mu gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside ndetse no gukumira icyatuma byongera kubaho.”

Iki cyemezo cyafashwe na ruriya rwego, cyashenguye benshi by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko Kabuga Felicien ari umwe mu bakekwaho kuba ba ruharwa mu kuyitegura no kuyitegura no kuyishyigikira.

Umuryango Ibuka, Uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wari wagaragaje ko kiriya cyemezo gifashwe muri iki gihe Abanyarwanda n’inshuti zabo bari mu minsi ijana yo Kwibuka, kibatonetse, kuko kumva ko ukekwaho kugira uruhare mu bikorwa byahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ataburanye kugeza aho ahamwa cyangwa agirwa umwere, ari ukubura ubutabera.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eight =

Previous Post

Hatangajwe amakuru mashya ku buzima bwa Museveni uri mu kato

Next Post

Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Inkuru nziza ku Banyarwanda yumvikana mu bipimo bishya by’ibiciro ku masoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.