Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta, ndetse zimwe ziranagaragazwa, hanarebwa icyakorwa ngo zibonerwe umuti.

Kutabonera imfashanyigisho ku gihe, ubucucike mu mashuri ndetse n’abarimu bafite imyitwarire itari myiza; ni zimwe mu mbogamizi zituma amashuri adatsinda neza.

Ibi byagarutsweho mu nama yahuje inzego z’uburezi ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, yitabiriwe n’abayobozi b’ibigo by’amashuri bya Leta, ibyigenga, abashinzwe uburezi, abafatanyabikorwa batandukanye n’abandi.

Nyuma y’uko hasohotse amanota y’ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2024-2025, byagaragaye ko hari amwe mu mashuri yo mu Mujyi wa Kigali atarabashije gutsinda ku manota fatizo asabwa, ni ukuvuga 50%. Mu rwego rwo kumenya impamvu y’iki kibazo, hakozwe isuzuma ngo harebwe icyabiteye.

Ibyavuye muri iryo suzuma byagaragaje ko amashuri yatsinzwe mu mwaka w’amashuri ushize yari yaratsinzwe no mu mwaka wabanje.

Niyongabo Eric, Umuhuzabikorwa w’uburezi mu Mujyi wa Kigali, yagize ati “Ikibabaje ni uko amashuri agera kuri 65 yatsinzwe, kandi n’umwaka wabanje yari yaratsinzwe, ni ukuvuga mu mwaka wa 2023-2024. Ubwo rero ni cyo cyatumye twibaza ngo ese kubera iki aya mashuri yatsinzwe inshuro ebyiri zikurikiranya, tukagira n’impungenge ko bishoboka ko byakongera no ubutaha. Ariko dufatiranye tukayafasha kugira ibyo ahindura, kandi dufite ikizere ko umwaka utaha azakora neza.”

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri mu Mujyi wa Kigali bagaragaje ko bimwe mu bituma batabasha kugera ku ntego yo gutsinda neza harimo n’ikibazo cy’ubucucike bukabije mu mashuri.

Mathias Sindayigaya, uyobora ishuri rya G.S Mburabuturo, yagize ati “Hari ikintu gikomeye amashuri yigenga akora ayafashwa na Leta adakora, cyitwa kubaza abanyeshuri. Ikibitera ni ubwinshi bw’abanyeshuri bari mu cyumba cy’ishuri, bigatuma umwarimu agira impungenge zo kubaza abo bana inshuro nyinshi kuko atazashobora kubakosora.”

Naho umuyobozi w’ishuri rya Mai-Childhood Academy yagize ati “Nujya kureba ku mbuga zose zikoreshwa urasanga hari ibyo tutarabona. Hari imfashanyigisho zimwe na zimwe zitaraza, ukibaza uti ese zizaza ryari? Icyo na cyo ni indi mbogamizi, tukaba dusaba ko mwadufasha kugira ngo bikemuke.”

Imyitwarire itari myiza ya bamwe mu barimu na yo ni indi mpamvu yagaragajwe. Undi muyobozi w’ishuri yagize ati “Twebwe abo mu mashuri ya Leta dufite ibibazo byihariye, aho usanga tuba dufite abarimu bananiranye. Ugategereza ngo uwo muntu azaguhe umusaruro, ugaheba. Ahubwo ugasanga aragumura bagenzi be, ugasanga ikigo ntikigikora nk’ishuri ahubwo buri wese afite itegeko rye n’ibyo agenderaho.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi, Charles Karakye yibukije abayobora ibigo by’amashuri ko kugira ngo habashe gutangwa uburezi bufite ireme bagomba kubigiramo uruhare.

Yagize ati “Ubu turi muri phase ya quality, ni yo mpamvu mwumvise twatinze kubyo tugomba kunoza kugira ngo tuzamure ireme ry’uburezi. Uburezi ni ugufatanya, nta muntu ushobora kubukora wenyine. Inzego uhereye kuri minisiteri kugera ku buyobozi bw’inzego zose tugomba gufatanya namwe mwese kugira ngo dukomeze guteza imbere ireme ry’uburezi.”

Yavuze ko kandi uko ubushobozi buzagenda buboneka hazagenda hakemurwa n’ibindi bibazo. Ati “Hari ibizagenda bikorwa harimo n’ibijyanye no kubaka amashuri n’ibindi byinshi tuzagenda twongera uko ubushobozi buzagenda buboneka.”

Kugeza ubu mu Mujyi wa Kigali hari amashuri 686, muri yo 119 ni aya Leta, 502 ni ayigenga, naho 65 afashwa na Leta.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEDUC yagaragarije abayobozi b’ibigo ibyo bagomba kwitaho
Yari inama nyunguranabitekerezo igamije kuzamura ireme ry’uburezi

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Next Post

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.