Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

radiotv10by radiotv10
16/11/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hagaragajwe indi nzira ishobora kuzatuma umugambi w’u Rwanda n’u Bwongereza ugerwaho byanga byakunda

Rishi Sunak yavuze ko azakora ibishoboka byose

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rutesheje agaciro amasezerano y’iki Gihugu n’u Rwanda yo kohereza abimukira, Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak yavuze ko atari ryo herezo ry’uyu mugambi, anatangaza ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo ushyirwe mu bikorwa byanga byakunda.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rwajuririwe ku cyemezo cyari cyafashwe n’Urukiko rw’Ubujurire, rwashimangiye icyemezo cyari cyajuririwe, rwemeza ko umugambi w’u Bwongereza n’u Rwanda, udakurikije amategeko.

Ni icyemezo uru Rukiko rwashimangiye ruvuga ko u Rwanda atari Igihugu cyizewe cya gatatu gikwiye kohererezwamo abo bimukira n’abashaka ubuhungiro, ngo kuko hari impungenge ko bashobora guhita basubizwa mu Bihugu bahunze.

Ni ingingo itarashimishije u Rwanda, rwanamaganye ibyatangajwe n’uru Rukiko rw’Ikirenga, ko atari Igihugu gitekanye, ruvuga ko ibyari byakozwe byose bikurikije amategeko n’amasezerano mpuzamahanga ajyanye no gutabara imbabare.

U Rwanda rwanavuze kandi ko rusanzwe rucumbikiye impunzi ndetse runakomeze kuzakira, rukaba runashimirwa n’imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) kuba ruri mu Bihugu bya mbere byita ku mpunzi.

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak na we yagize icyo avuga kuri iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’Igihugu cye, avuga ko Guverinoma y’Igihugu cye igiye kugira icyo ikora.

Yagize ati “Sinanyuzwe n’iki cyemezo uretse ko nacyakiriye kandi nkaba nacyubashye kuko biri mu biranga kugendera ku mategeko nk’ingenzi muri demokarasi y’Igihugu cyacu.”

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yavuze ko Guverinoma y’iki Gihugu yari yiteguye kuzakira icyemezo cyose kizafatwa n’uru Rukiko rw’Ikirenga.

Ati “Ni yo mpamvu twatangiye gukorana n’u Rwanda ku masezerano mpuzamahanga azatuma habaho icyizere gishingiye ku mategeko ko abimukira bazava mu Bwongereza bakajyanwa mu Rwanda, bazaba bafite umutekano, kandi ko batazajyanwa ahandi.”

Rishi Sunak yakomeje avuga ko n’ubundi muri aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda, harimo ingingo ivuga ko mu gihe byaba ngombwa, abimukira boherejwe bazasubizwa mu Bwongereza mu gihe byasabwa n’Urukiko rubifitiye ububasha.

Ati “Tuzakomeza gushaka uburyo hashyirwa mu bikorwa aya masezerano yacu n’u Rwanda tugendeye ku cyemezo cyafashwe uyu munsi, kandi tuzayemeza.”

Akomeza agira ati “Ndatangaza ko tugiye gutera indi ntambwe idasanzwe yo gukoresha itegeko ry’ibihe bidasanzwe, ku buryo bizatuma Inteko Ishinga Amategeko yemeza ko aya masezerano n’u Rwanda akurikije amategeko kandi ko u Rwanda rutekanye.”

Yavuze ko igihe Inteko izaba yemeje aya masezerano, ntakizabuza Indege izajyana abimukira mu Rwanda gufata ikirere, kabone nubwo hatangwa ibirego mu nkiko.

Kabone nubwo Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu mu Nteko y’Umuryango w’Ibihugu by’u Burayi na yo yakwitambika aya masezerano, Minisitiri w’Inteke Sunak yavuze ko ntakizabuza ko ashyirwa mu bikorwa.

Ati “Sinzigera nemera ko Urukiko rwo hanze y’Igihugu rubuza indege ijyana abimukira mu Rwanda. Urukiko rw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, nirutambamira icyemezo cy’Inteko yacu, niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo indege igende.”

Aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yashyizweho umukono muri Mata umwaka ushize wa 2022 yagiye arwanywa na benshi, yari yabanje kwemezwa n’Urukiko Rukuru rwari rwaregewe na bamwe mu bagombaga koherezwa, bahita bajurira Urukiko rw’Ubujurire, rwaje kuyanga, nabwo Guverinoma ntiyanyurwa ihita ijurira urw’Ikirenga, na rwo rukaba rwayatesheje agaciro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

Gaza: Ibitaro byagabweho igitero rurangiza cy’ibifaru bya Israel hagendewe ku makuru y’ubutasi

Next Post

Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n’uburyo byatahuwe

Related Posts

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Amakuru aturuka muri Gurupoma ya Waloa Loanda muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, aravuga ko hakomeje...

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n’uburyo byatahuwe

Kigali: Ibiyobyabwenge birimo ibihambaye byamenewe mu ruhame hatangazwa n'uburyo byatahuwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.