Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

radiotv10by radiotv10
13/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by’amashuri 20 byo mu Ntara y’Amajyepfo byatumye mu myaka itatu hagabanuka toni ibihumbi 625 z’imyuka ihumanya ikirere.

Guverinoma y’u Rwanda yahagurukiye gahunda yo kubungabunga ibidukikije nk’imwe mu nzira yo gutura aheza kandi buri wese afite amahirwe yo kubaho nta nkomyi.

Mu kubigeraho, u Rwanda rwihaye intego yo kuba rwagabanyije ikoreshwa ry’inkwi, amakara n’ibindi bicanwa bikomoka ku bimera nka bimwe mu byangiza ibidukikije bikanatanga umwuka uhumanya ikirere, rukava ku kigero cya 79,9% rwariho muri 2018 rukagera kuri 42% mu mwaka wa 2024.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangije uburyo bwo gushishikariza ibigo by’amashuri guteka bakoresheje Gaze nka bamwe mu bohereza imyuka myinshi biturutse ku buryo bakoresha.

Bateka Majyambere Jean d’Amour uyobora ishuri ryitiriwe Mutagatifu Bernadette, yavuze ko gukoresha Gaze byagabanyije amafaranga yasohorwaga n’ikigo mu kugura ibicanwa.

Yagize ati “Inkwi za Miliyoni twarazitekeshaga mu mezi atatu zikaba zirashize, ariko Gaze ngura Miliyoni ebyiri tuyicana mu mezi atandatu, ukabona rero ko ikiguzi dutanga mu bijyanye n’ibicanwa cyaragabanutse.”

Nyabyenda Silas uri mu bakozi batekera abanyeshuri, yavuze ko gutekesha Gaze byabarinze imvune bahuraga na zo, ndetse n’indwara z’amaso bitewe n’imyotsi.

Yagize ati “Mbere byaratugoraga iyo twabaga turi gusatura turimo dukoresha inkwi, amaso yari agiye kuzatwica kubera imyotsi, ikindi guteka dukoresheje Gaz byaturinze imvune ubu umuntu asigaye abasha kuruhuka, nta mvune tugihura na zo zo gusatura inkwi cyangwa kuzikorera.”

Songa Remy, Umukozi muri REMA, uyobora Umushinga Green Amayaga, avuga ko iyi nzira yo kuyobora gutekesha Gaze mu bigo by’amashuri, yagize uruhare rufatika mu kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.

Yagize ati “Iyo abantu bagiye gutegurira abana ibyo kurya bakoresheje inkwi, batema ibiti kandi ibiti bidufasha ya myuka ihumanya ikirere ari na yo itera imihindagurikire y’ibihe mu kirere, iyo batemye igiti kiba gihagaritse wa mumaro wacyo wo kugabanya imyuka ihumanya. Rero mu buryo bwo guhagarika imihindagurikire y’ibihe izo Gas zarafashije cyane kuko zarinze ibiti gutemwa, maze ibyo biti bikomeza kufufasha mu gufata ya myuka ihumanya ikirere. Rero izo Gas zadufashije kugabanya toni ibihumbi 625 z’imyuka ihumanya ikirere.”

U Rwanda rwihaye intego ko kugeza muri 2030 ruzaba rwagabanyije imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere ku gipimo cya 38% nk’uko bigaragara muri Gahunda y’Igihugu yo kugabanya Imyuka ihumanye yoherezwa mu Kirere (Nationally Determined Contributions, NDC).

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 1 =

Previous Post

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Next Post

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Related Posts

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
13/09/2025
9

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

IZIHERUKA

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali
MU RWANDA

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.