Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe intandaro y’ikibazo kinubirwa n’abajya kwivuriza mu Bitaro bya Gisenyi

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe intandaro y’ikibazo kinubirwa n’abajya kwivuriza mu Bitaro bya Gisenyi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bivuriza mu Bitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, binubira serivisi mbi zihatangirwa byumwihariko gutinda kuvurwa, bakanagaragaza ko ikibitera ari umubare mucye w’abaganga utuma hari abatinda kwakirwa.

Ibi byatangajwe mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo kwita ku Barwayi mu karere ka Rubavu, aho bamwe mu bivuriza muri ibi Bitaro bya Gisenyi bagarutse ku bibazo bafite birimo serivise zicumbagira.

Aba baturage bavuga ko nubwo abaganga bakorera muri ibi Bitaro bagerageza kubavura uko bashoboye, ariko hari abatinda kwakirwa kubera ikibazo cy’umubare muto w’abaganga.

Gatanazi ati “abaganga bakora uko bashoboye bakatuvura ariko baracyari bacye. Turasaba ko babongera kuko serivise iratinda bigatuma hari n’abashobora gutaha batavuwe.

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr. Tuganeyezu Oretse ashimangira na we yemera ko iki kibazo cy’umubare muto w’abaganga gihari. Yagize ati “Umubare w’abakozi dufite koko ntabwo ujyanye n’umubare w’abarwayi bagana Ibitaro.”

Gusa yizeza ko iki kibazo kigiye gukemuka, ati “Turashima intambwe yamaze guterwa mu gushyira abakozi mu myanya kuko kugeza uyu munsi umubare w’abakozi Ibitaro byari byemerewe tumaze kuwubona ndetse hari naho usanga turengejeho bacye.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ishami ry’Ubuzima mu Karere ka Rubavu, Mvejuru Simon Pierre we agaruka ku kibazo cy’ubuto bw’ibi Bitaro na cyo kigarukwaho n’abahivuziza, yavuze ko na byo biri gutekerezwaho kugira ngo bibonerwe umuti.

Yagize ati “Kubaka ibitaro biba bisaba inyubako n’ibikoresho biteye imbere, rero bisaba ko tubona abatekinisiye babasha kureba neza ahajya izo nyubako. Ubu rero aka kanya sinakubwira igihe.”

Avuga ko hakomeje gukorwa ubuvugizi mu nzego bireba zirimo Ministeri y’Ubuzima n’iy’Imari n’Igenamigambi, kugira ngo haboneke ubushobozi bwo kubaka ibi Bitaro.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

July 1st 1962: Independence day?; March 17th, 2025: Agaciro day!

Next Post

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.