Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ko hakiri urwijiji ku biganiro bivugwa hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe ko hakiri urwijiji ku biganiro bivugwa hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwavuze ko hakiri urujijo ku biganiro biherutse gutangazwa na Guverinoma ya Angola, buvuga ko uretse kuba bwaraboneye kuri Facebook ibijyanye n’ibi biganiro biteganyijwe hagati yabwo na Guverinoma ya DRC, ariko butarakira inyandiko y’ubutumire inyuze mu nzira zemewe, ndetse ko kugeza ubu ubutegetsi bwa Congo butarerura niba buzabyitabira.

Ni nyuma yuko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, bishyize hanze itangazo bubinyujije kuri Paji ya Facebook ko Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço azatangiza ibiganiro by’imishyikirano hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23.

Ubu butumwa kandi bwakurikiwe n’ubundi buvuga ko ibi biganiro bizaba mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025, aho intumwa za Guverinoma ya DRC n’iza M23 zizahurira i Luanda muri Angola kugirana ibiganiro by’imishyikirano bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirauba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 nyuma y’amasaha macye ibi bitangajwe, Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, bwashyize hanze itangazo rigaragaza ibigomba gusobanuka.

Muri iri tangazo, AFC/M23 itangira ishimira umuhate wa Perezida wa Angola, João Lourenço, mu gukomeza gushyira imbaraga mu nzira zo gushaka icyazana amahoro n’ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Iri Huriro rikomeza rivuga ko “AFC/M23 yakiriye neza itangazo ryatanzwe Perezidansi ya Angola ryakurikiye inama yahuje Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, rirebana n’umuhate mu gufasha kugera ku biganiro bitaziguye hagati ya Guverinoma ya DRC n’Umuryango wacu.”

Iri huriro rikomeza rivuga ko nk’uko ryakunze kubivuga “Nta muti wa gisirikare wakemura umuzi w’ibibazo bikomeje kugaragara muri DRC.”

Bavuga ko nubwo hatangajwe iby’ibi biganiro, ariko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa butahwemye kurahira bukirenga ko budateze kugirana ibiganiro na M23, ndetse ko n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya aherutse gushimangira uwo murongo wa Tshisekedi wagaragaje kenshi ko adateze kuganira n’uyu mutwe.

Ku bw’iyo mpamvu, AFC/M23 yagaragaje ingingo eshatu zikwiye kubanza gukiranurwa kugira ngo hasobanuke ibyerekeye ibi biganiro, aho iri Huriro ryasabye itsinda rya Angola rishinzwe ubwo buhuza, kugira icyo rivuga niba Tshisekedi yaremeye ko noneho afite ubushake mu biganiro bitaziguye n’iri Huriro.

Riti “Birakenewe kandi ko itsinda rishinzwe ubuhuza rimenyesha mu buryo bunyuze mu mucyo abarebwa n’ibi biganiro, ibijyanye na gahunda n’umurongo waryo, dore ko umuryango wacu kugeza ubu utarakira ubutumire bunyuze mu nzira zemewe uretse kuba ugendera ku itangazo ryanyujijwe kuri paji ya Facebook ya Perezidansi ya Angola.”

AFC/M23 kandi yasabye ko hanatangwa umucyo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemerejwe mu Nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yabereye i Dar es Salaam tariki 08 Gashyantare 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + nine =

Previous Post

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Next Post

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.