Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hagaragajwe ko hakiri urwijiji ku biganiro bivugwa hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hagaragajwe ko hakiri urwijiji ku biganiro bivugwa hagati ya M23 n’ubutegetsi bwa Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwavuze ko hakiri urujijo ku biganiro biherutse gutangazwa na Guverinoma ya Angola, buvuga ko uretse kuba bwaraboneye kuri Facebook ibijyanye n’ibi biganiro biteganyijwe hagati yabwo na Guverinoma ya DRC, ariko butarakira inyandiko y’ubutumire inyuze mu nzira zemewe, ndetse ko kugeza ubu ubutegetsi bwa Congo butarerura niba buzabyitabira.

Ni nyuma yuko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola, bishyize hanze itangazo bubinyujije kuri Paji ya Facebook ko Perezida w’iki Gihugu, João Lourenço azatangiza ibiganiro by’imishyikirano hagati y’ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23.

Ubu butumwa kandi bwakurikiwe n’ubundi buvuga ko ibi biganiro bizaba mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025, aho intumwa za Guverinoma ya DRC n’iza M23 zizahurira i Luanda muri Angola kugirana ibiganiro by’imishyikirano bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirauba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 nyuma y’amasaha macye ibi bitangajwe, Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, bwashyize hanze itangazo rigaragaza ibigomba gusobanuka.

Muri iri tangazo, AFC/M23 itangira ishimira umuhate wa Perezida wa Angola, João Lourenço, mu gukomeza gushyira imbaraga mu nzira zo gushaka icyazana amahoro n’ituze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Iri Huriro rikomeza rivuga ko “AFC/M23 yakiriye neza itangazo ryatanzwe Perezidansi ya Angola ryakurikiye inama yahuje Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço na Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, rirebana n’umuhate mu gufasha kugera ku biganiro bitaziguye hagati ya Guverinoma ya DRC n’Umuryango wacu.”

Iri huriro rikomeza rivuga ko nk’uko ryakunze kubivuga “Nta muti wa gisirikare wakemura umuzi w’ibibazo bikomeje kugaragara muri DRC.”

Bavuga ko nubwo hatangajwe iby’ibi biganiro, ariko ubutegetsi bwa Congo Kinshasa butahwemye kurahira bukirenga ko budateze kugirana ibiganiro na M23, ndetse ko n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya aherutse gushimangira uwo murongo wa Tshisekedi wagaragaje kenshi ko adateze kuganira n’uyu mutwe.

Ku bw’iyo mpamvu, AFC/M23 yagaragaje ingingo eshatu zikwiye kubanza gukiranurwa kugira ngo hasobanuke ibyerekeye ibi biganiro, aho iri Huriro ryasabye itsinda rya Angola rishinzwe ubwo buhuza, kugira icyo rivuga niba Tshisekedi yaremeye ko noneho afite ubushake mu biganiro bitaziguye n’iri Huriro.

Riti “Birakenewe kandi ko itsinda rishinzwe ubuhuza rimenyesha mu buryo bunyuze mu mucyo abarebwa n’ibi biganiro, ibijyanye na gahunda n’umurongo waryo, dore ko umuryango wacu kugeza ubu utarakira ubutumire bunyuze mu nzira zemewe uretse kuba ugendera ku itangazo ryanyujijwe kuri paji ya Facebook ya Perezidansi ya Angola.”

AFC/M23 kandi yasabye ko hanatangwa umucyo ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yemerejwe mu Nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Imiryango ya EAC na SADC yabereye i Dar es Salaam tariki 08 Gashyantare 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + twenty =

Previous Post

MTN Rwanda records strong subscriber growth and a significant turnaround in profit in the last quarter of 2024

Next Post

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Related Posts

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

After the Burundian Minister of Foreign Affairs posted a statement criticizing the Government of Qatar, claiming it used its power...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.