Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in Uncategorized
0
Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura
Share on FacebookShare on Twitter

Komiseri w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ushinzwe Ibikorwa Remezo n’Ingufu, Dr Amani Abou-Zeid yatangaje ko Umubare w’abagore bakora mu rwego rw’Ibikorwa Remezo muri Afurika ukiri muto kandi ko uramutse wiyongereye byagira uruhare mu kwihutisha iterambere ryarwo.

Dr Amani Abou-Zeid yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Gashyantate 2022 ubwo hatangizwaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe gahunda y’iterambere ry’ibikorwa remezo muri afurika (PIDA WEEK).

Uyu muhango wabereye i Nairobi muri Kenya, witabirwa n’abayobozi barimo umuyobozi mukuru wa AUDA-NEPAD, Dr Ibrahim Mayaki, Komiseri Mukuru muri AU ushinzwe Ibikorwa Remezo n’ingufu, Dr Amani Abou-Zeid, n’intumwa nkuru  yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ishinzwe Iterambere ry’ibikorwa remezo, Raila Odinga, n’ababdi bayobozi bakuru muri Kenya.

Mu ijambo rye, Dr Amani Abou-Zeid yavuze ko icya mbere gikwiriye kwibandwaho ari ugushyira umugore mu bikorwa remezo kuko kugeza ubu byiganjemo igitsinagabo nyamara na bo bashoboye.

Yagarutse ku bibazo bya politike bikigaragara hagati y’ibigugu bya Afurika, avuga ko bidakwiye gushingirwaho ngo bibere imbogamizi ishyirwa mu bikorwa ry’ibikorwa remezo biba bihuriweho n’ibihugu.

Yagize ati “Yego turabizi ko bihari ariko dukomeza gukora ibishoboka byose, icyiza ni uko abayobozi b’Ibihugu bagira uruhare mu kugena ibikorwa remezo bikorwa. Ntabwo rero basubira inyuma ngo babirwanye.”

Avuga ko umugaba wa Afurika ukwiye gutahiriza umugozi umwe kugira ngo hagerwe ku iterambere ryifuzwa

Dr Ibrahim Mayaki yavuze ko inzego zinyuranye zo ku Mugabane wa Afurika zikwiye gufatanyiriza hamwe  yaba iza leta n’iz’abikorera kugira ngo imishinga yateguwe igerweho.

By’umwihariko ku mushinga wa PIDA PAP II uzatwara akayabo ka miliyari 169 $ icyakora ngo imbogamizi ntizibura.

Yagize ati “Uyu munsi duhura n’imbogamizi zitandukanye zirimo ihindagurika ry’ikirere ku buryo biba imbogamizi y’ikorwa ry’ibyo twiyemeje.”

Muri uyu mugango kandi hatangiwemo ibindi biganiro byagarutse ku ngendo zo mu kirere aho ari kimwe mu biri gukorwa ngo byorohereze urujya n’uruza hagati y’Ibihugu by’Umugabane wa Afurika aho uyu mushinga uzashorwamo miliyari 25$ ndetse intego ni uko mu 2045, 50% bizaba byamaze gukorwa bikaba kandi biri mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika (AfCFTA).

Iyi gahunda y’iterambere ry’ibikorwa remezo muri Afurika igamije guhuriza hamwe inzego zitandukanye n’imiryango mpuzamahanga hagamijwe kwigira ku byakozwe no kwigira hamwe ibyagira uruhare mu iterambere ry’Umugabane wa Afurika.

Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye barimo abo muri AU
Dr Ibrahim Mayaki avuga ko hakenewe gushyira hamwe
Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuli yizeje ko uyu muryango uzatanga umusanzu wawo
Uyu muhango witabiriwe n’abaturutse mu bihugu binyuranye
Intumwa Yihariye ya AU, Raila Odinga

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10/Nairobi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Next Post

Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.