• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura

radiotv10by radiotv10
01/03/2022
in Uncategorized
0
Hagaragajwe ko kongera abagore mu rwego rw’Ibikorwa Remezo byagira uruhare mu kuruzamura
Share on FacebookShare on Twitter

Komiseri w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ushinzwe Ibikorwa Remezo n’Ingufu, Dr Amani Abou-Zeid yatangaje ko Umubare w’abagore bakora mu rwego rw’Ibikorwa Remezo muri Afurika ukiri muto kandi ko uramutse wiyongereye byagira uruhare mu kwihutisha iterambere ryarwo.

Dr Amani Abou-Zeid yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Gashyantate 2022 ubwo hatangizwaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe gahunda y’iterambere ry’ibikorwa remezo muri afurika (PIDA WEEK).

Uyu muhango wabereye i Nairobi muri Kenya, witabirwa n’abayobozi barimo umuyobozi mukuru wa AUDA-NEPAD, Dr Ibrahim Mayaki, Komiseri Mukuru muri AU ushinzwe Ibikorwa Remezo n’ingufu, Dr Amani Abou-Zeid, n’intumwa nkuru  yihariye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ishinzwe Iterambere ry’ibikorwa remezo, Raila Odinga, n’ababdi bayobozi bakuru muri Kenya.

Mu ijambo rye, Dr Amani Abou-Zeid yavuze ko icya mbere gikwiriye kwibandwaho ari ugushyira umugore mu bikorwa remezo kuko kugeza ubu byiganjemo igitsinagabo nyamara na bo bashoboye.

Yagarutse ku bibazo bya politike bikigaragara hagati y’ibigugu bya Afurika, avuga ko bidakwiye gushingirwaho ngo bibere imbogamizi ishyirwa mu bikorwa ry’ibikorwa remezo biba bihuriweho n’ibihugu.

Yagize ati “Yego turabizi ko bihari ariko dukomeza gukora ibishoboka byose, icyiza ni uko abayobozi b’Ibihugu bagira uruhare mu kugena ibikorwa remezo bikorwa. Ntabwo rero basubira inyuma ngo babirwanye.”

Avuga ko umugaba wa Afurika ukwiye gutahiriza umugozi umwe kugira ngo hagerwe ku iterambere ryifuzwa

Dr Ibrahim Mayaki yavuze ko inzego zinyuranye zo ku Mugabane wa Afurika zikwiye gufatanyiriza hamwe  yaba iza leta n’iz’abikorera kugira ngo imishinga yateguwe igerweho.

By’umwihariko ku mushinga wa PIDA PAP II uzatwara akayabo ka miliyari 169 $ icyakora ngo imbogamizi ntizibura.

Yagize ati “Uyu munsi duhura n’imbogamizi zitandukanye zirimo ihindagurika ry’ikirere ku buryo biba imbogamizi y’ikorwa ry’ibyo twiyemeje.”

Muri uyu mugango kandi hatangiwemo ibindi biganiro byagarutse ku ngendo zo mu kirere aho ari kimwe mu biri gukorwa ngo byorohereze urujya n’uruza hagati y’Ibihugu by’Umugabane wa Afurika aho uyu mushinga uzashorwamo miliyari 25$ ndetse intego ni uko mu 2045, 50% bizaba byamaze gukorwa bikaba kandi biri mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika (AfCFTA).

Iyi gahunda y’iterambere ry’ibikorwa remezo muri Afurika igamije guhuriza hamwe inzego zitandukanye n’imiryango mpuzamahanga hagamijwe kwigira ku byakozwe no kwigira hamwe ibyagira uruhare mu iterambere ry’Umugabane wa Afurika.

Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi banyuranye barimo abo muri AU
Dr Ibrahim Mayaki avuga ko hakenewe gushyira hamwe
Umunyamabanga Mukuru wa EAC, Dr Peter Mathuli yizeje ko uyu muryango uzatanga umusanzu wawo
Uyu muhango witabiriwe n’abaturutse mu bihugu binyuranye
Intumwa Yihariye ya AU, Raila Odinga

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10/Nairobi

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Abanyarwanda 51 bamaze gusohoka muri Ukraine, 15 ntibashobora kuva aho bari kubera imirwano

Next Post

Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Perezidansi yamaganye amakuru y’ibihuha yitiriwe Perezida Kagame ku by’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.