Friday, March 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira mu Ntara y’Amajyepfo.

Ibi byagarutsweho mu nama yiga ku kibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu Ntara y’Amajyepfo, yahurije hamwe inzego zitandukanye, aho hagaragajwe ko iki kibazo ari kimwe mu bihangayikishije.

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya CLADHO akaba n’Umugenzuzi, Murwanashyaka Evariste, avuga ko bakoze ubushakashatsi bagasanga ikibazo cy’imyumvire ari cyo gitiza umurindi ikibazo cy’igwingira mu bana bato.

Ati “Hari ababyeyi borora inkoko, bagaha abana amagi yamenetse cyangwa bakayajyana ku isoko. Abenshi bafite ibiryo, ariko ntibazi gutegurira abana indyo yuzuye.”

Abayobozi b’uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi na bo bemera ko iki kibazo gihari, bakavuga ko hari ingamba zatangiye gufatwa mu rwego rwo kugikumira no kugikemura burundu.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, yavuze ko bamaze kubarura imiryango ifite abana bafite ibibazo by’imirire mibi kugira ngo bashyirweho gahunda zihariye zo kuyitaho.

Ati “Twabaruye imiryango yose ifite ikibazo cy’imirire mibi kugira ngo tuyikurikirane kandi tuyiteho mu buryo bwihariye, ive mu bukene ku buryo igomba kubaho idakennye, kuko ibaye idakennye yava no mu mirire mibi.”

Ku ruhande rw’Akarere ka Kamonyi, Umuyobozi wako, Dr. Nahayo Sylvère, yavuze ko ubuyobozi bwiyemeje gufatanya n’izindi nzego mu guhangana n’iki kibazo.

Yagize ati “Ni ikibazo dufite, ariko twiyemeje kugishyiramo imbaraga ku buryo imibare izagabanuka bigaragarira buri wese. Hari ingamba zashyizweho tuzazikomeza, ndetse dushyireho n’izindi dushyiramo imbaraga nyinshi zirenze izakoreshejwe mbere.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yibukije ko ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kitareba urwego rw’ubuzima gusa, ahubwo ko kigira ingaruka zikomeye ku iterambere ry’igihugu n’ejo hazaza hacyo.

Yagize ati “Kurwanya igwingira n’imirire mibi si inshingano y’umukozi ubishinzwe gusa, ahubwo ni inshingano ya buri muyobozi wese. Tugomba kubigira intego rusange.”

Yakomeje asaba uturere twagaragaje gusubira inyuma kwisuzuma no kwigira ku tundi twabashije kugabanya igwingira, kugira ngo na two tugere ku musaruro mwiza.

Imibare iheruka y’ibarura ku mibereho myiza y’abaturage igaragaza ko igwingira ryagabanutse ku rwego rw’igihugu, riva kuri 33% mu myaka ya 2015–2020 rigera kuri 27% mu 2020–2025. Icyakora, mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara umubare munini w’abana bagwingiye, aho benshi muri bo ari abavutse ku bangavu batewe inda imburagihe.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 9 =

Previous Post

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Next Post

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Related Posts

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

by radiotv10
20/03/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari "umukandida wishimiye cyane" mu matora azahatanira...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

by radiotv10
19/03/2026
0

In the span of just one year, the United States has managed to unsettle allies, escalate conflict in the Middle...

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

Umupilote wa RwandAir agiye mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 14 ayikorera

by radiotv10
19/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, burashimira umupilote Tirefort Marcel Gabou wagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, nyuma y’imyaka 14 akorera...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

by radiotv10
19/03/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rihuriweho n’iki Gihugu, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

IZIHERUKA

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga
AMAHANGA

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

by radiotv10
20/03/2026
0

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

20/03/2026
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

20/03/2026
What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

20/03/2026
Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

Emelyne wamenyekanye nka ‘Ishanga’ yageneye ubutumwa abakristu bagiye mu gitaramo gikomeje kuvugisha benshi

19/03/2026
Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

Abanyamakuru ba televiziyo y’Abarusiya barashwe misile n’igisirikare cya Israel ubwo batangazaga amakuru live bararusimbuka

19/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.