Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira mu Ntara y’Amajyepfo.

Ibi byagarutsweho mu nama yiga ku kibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu Ntara y’Amajyepfo, yahurije hamwe inzego zitandukanye, aho hagaragajwe ko iki kibazo ari kimwe mu bihangayikishije.

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya CLADHO akaba n’Umugenzuzi, Murwanashyaka Evariste, avuga ko bakoze ubushakashatsi bagasanga ikibazo cy’imyumvire ari cyo gitiza umurindi ikibazo cy’igwingira mu bana bato.

Ati “Hari ababyeyi borora inkoko, bagaha abana amagi yamenetse cyangwa bakayajyana ku isoko. Abenshi bafite ibiryo, ariko ntibazi gutegurira abana indyo yuzuye.”

Abayobozi b’uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi na bo bemera ko iki kibazo gihari, bakavuga ko hari ingamba zatangiye gufatwa mu rwego rwo kugikumira no kugikemura burundu.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, yavuze ko bamaze kubarura imiryango ifite abana bafite ibibazo by’imirire mibi kugira ngo bashyirweho gahunda zihariye zo kuyitaho.

Ati “Twabaruye imiryango yose ifite ikibazo cy’imirire mibi kugira ngo tuyikurikirane kandi tuyiteho mu buryo bwihariye, ive mu bukene ku buryo igomba kubaho idakennye, kuko ibaye idakennye yava no mu mirire mibi.”

Ku ruhande rw’Akarere ka Kamonyi, Umuyobozi wako, Dr. Nahayo Sylvère, yavuze ko ubuyobozi bwiyemeje gufatanya n’izindi nzego mu guhangana n’iki kibazo.

Yagize ati “Ni ikibazo dufite, ariko twiyemeje kugishyiramo imbaraga ku buryo imibare izagabanuka bigaragarira buri wese. Hari ingamba zashyizweho tuzazikomeza, ndetse dushyireho n’izindi dushyiramo imbaraga nyinshi zirenze izakoreshejwe mbere.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yibukije ko ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kitareba urwego rw’ubuzima gusa, ahubwo ko kigira ingaruka zikomeye ku iterambere ry’igihugu n’ejo hazaza hacyo.

Yagize ati “Kurwanya igwingira n’imirire mibi si inshingano y’umukozi ubishinzwe gusa, ahubwo ni inshingano ya buri muyobozi wese. Tugomba kubigira intego rusange.”

Yakomeje asaba uturere twagaragaje gusubira inyuma kwisuzuma no kwigira ku tundi twabashije kugabanya igwingira, kugira ngo na two tugere ku musaruro mwiza.

Imibare iheruka y’ibarura ku mibereho myiza y’abaturage igaragaza ko igwingira ryagabanutse ku rwego rw’igihugu, riva kuri 33% mu myaka ya 2015–2020 rigera kuri 27% mu 2020–2025. Icyakora, mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara umubare munini w’abana bagwingiye, aho benshi muri bo ari abavutse ku bangavu batewe inda imburagihe.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Next Post

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.