• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira mu Ntara y’Amajyepfo.

Ibi byagarutsweho mu nama yiga ku kibazo cy’igwingira n’imirire mibi mu Ntara y’Amajyepfo, yahurije hamwe inzego zitandukanye, aho hagaragajwe ko iki kibazo ari kimwe mu bihangayikishije.

Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya CLADHO akaba n’Umugenzuzi, Murwanashyaka Evariste, avuga ko bakoze ubushakashatsi bagasanga ikibazo cy’imyumvire ari cyo gitiza umurindi ikibazo cy’igwingira mu bana bato.

Ati “Hari ababyeyi borora inkoko, bagaha abana amagi yamenetse cyangwa bakayajyana ku isoko. Abenshi bafite ibiryo, ariko ntibazi gutegurira abana indyo yuzuye.”

Abayobozi b’uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi na bo bemera ko iki kibazo gihari, bakavuga ko hari ingamba zatangiye gufatwa mu rwego rwo kugikumira no kugikemura burundu.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, yavuze ko bamaze kubarura imiryango ifite abana bafite ibibazo by’imirire mibi kugira ngo bashyirweho gahunda zihariye zo kuyitaho.

Ati “Twabaruye imiryango yose ifite ikibazo cy’imirire mibi kugira ngo tuyikurikirane kandi tuyiteho mu buryo bwihariye, ive mu bukene ku buryo igomba kubaho idakennye, kuko ibaye idakennye yava no mu mirire mibi.”

Ku ruhande rw’Akarere ka Kamonyi, Umuyobozi wako, Dr. Nahayo Sylvère, yavuze ko ubuyobozi bwiyemeje gufatanya n’izindi nzego mu guhangana n’iki kibazo.

Yagize ati “Ni ikibazo dufite, ariko twiyemeje kugishyiramo imbaraga ku buryo imibare izagabanuka bigaragarira buri wese. Hari ingamba zashyizweho tuzazikomeza, ndetse dushyireho n’izindi dushyiramo imbaraga nyinshi zirenze izakoreshejwe mbere.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yibukije ko ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kitareba urwego rw’ubuzima gusa, ahubwo ko kigira ingaruka zikomeye ku iterambere ry’igihugu n’ejo hazaza hacyo.

Yagize ati “Kurwanya igwingira n’imirire mibi si inshingano y’umukozi ubishinzwe gusa, ahubwo ni inshingano ya buri muyobozi wese. Tugomba kubigira intego rusange.”

Yakomeje asaba uturere twagaragaje gusubira inyuma kwisuzuma no kwigira ku tundi twabashije kugabanya igwingira, kugira ngo na two tugere ku musaruro mwiza.

Imibare iheruka y’ibarura ku mibereho myiza y’abaturage igaragaza ko igwingira ryagabanutse ku rwego rw’igihugu, riva kuri 33% mu myaka ya 2015–2020 rigera kuri 27% mu 2020–2025. Icyakora, mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara umubare munini w’abana bagwingiye, aho benshi muri bo ari abavutse ku bangavu batewe inda imburagihe.

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Next Post

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.