• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari “umukandida wishimiye cyane” mu matora azahatanira gukomeza kuyobora uyu Muryango mu yindi manda.

Mushikiwabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na TV 5 Monde, cyari kiyobowe n’Umwanditsi mukuru w’iyi Televiziyo, Patrick Simonin wamubajije niba koko ari Umukandida uzahatana mu matora ataha azabera i Cambodge.

Louise Mushikiwabo, yamusubije agira ati “Yego rwose ndi Umukandida w’uzansimbura, Igihugu cyanjye cyamaze gutanga kandidatire yanjye.”

Avuga ko abizi neza ko hari abandi benshi ku isi bavuga Igifaransa bashobora kuyobora uyu muryango ariko ko ari “umwanya ukomeye cyane, rero twiteguye abandi bazahatana mu matora ataha.”

Yavuze ko hari abandi bakandida bamaze gutangwa n’Ibihugu byabo. Ati “Ndakeka hari nka batatu cyangwa bane, kandidatire zizemezwa tariki 15 Gicurasi uyu mwaka ubwo hazaba habaye Inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, rero nihatabaho impinduka cyangwa amakosa, ndakeka ko tuzaba dufite abakandida benshi.”

Mushikiwabo avuga kandi ko kuba hari benshi bifuza guhatana muri ariya matora, bishimishije kuko bigaragaza gukura k’uyu Muryango. Ati “Rero ndi umukandida kandi wishimye cyane mu guhatanira indi manda.”

Madamu Louise Mushikiwabo atangaje ibi mu gihe muri iki cyumweru, u Rwanda rwatangiye ibikorwa byo kumushakira amajwi, aho bamwe mu bagize Guverinoma yarwo bari kujya mu Bihugu binyuranye bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF, bashyiriye Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bubasaba gushyigikira kandidatire ye.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yerecyeje muri Djibouti, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu Ismaïl Omar Guelleh, amushyikiriza ubutumwa bw’Umukuru w’u Rwanda bumusaba gushyigikira kandidatire y’uyu mukandida warwo.

Uwo munsi kandi, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yari yerecyeje muri Mauritania, aho na we yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani, amushyikiriza ubutumwa nka buriya.

Ku wa Gatatu tariki 18 Werurwe kandi, Nelly Mukazayire yerecyeje muri Senegal, yakirwa na Perezida Bassirou Diomaye Faye; na we yashyikirije ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

Next Post

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y'Amajyepfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.