Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

radiotv10by radiotv10
20/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari “umukandida wishimiye cyane” mu matora azahatanira gukomeza kuyobora uyu Muryango mu yindi manda.

Mushikiwabo yabitangaje mu kiganiro yagiranye na TV 5 Monde, cyari kiyobowe n’Umwanditsi mukuru w’iyi Televiziyo, Patrick Simonin wamubajije niba koko ari Umukandida uzahatana mu matora ataha azabera i Cambodge.

Louise Mushikiwabo, yamusubije agira ati “Yego rwose ndi Umukandida w’uzansimbura, Igihugu cyanjye cyamaze gutanga kandidatire yanjye.”

Avuga ko abizi neza ko hari abandi benshi ku isi bavuga Igifaransa bashobora kuyobora uyu muryango ariko ko ari “umwanya ukomeye cyane, rero twiteguye abandi bazahatana mu matora ataha.”

Yavuze ko hari abandi bakandida bamaze gutangwa n’Ibihugu byabo. Ati “Ndakeka hari nka batatu cyangwa bane, kandidatire zizemezwa tariki 15 Gicurasi uyu mwaka ubwo hazaba habaye Inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga, rero nihatabaho impinduka cyangwa amakosa, ndakeka ko tuzaba dufite abakandida benshi.”

Mushikiwabo avuga kandi ko kuba hari benshi bifuza guhatana muri ariya matora, bishimishije kuko bigaragaza gukura k’uyu Muryango. Ati “Rero ndi umukandida kandi wishimye cyane mu guhatanira indi manda.”

Madamu Louise Mushikiwabo atangaje ibi mu gihe muri iki cyumweru, u Rwanda rwatangiye ibikorwa byo kumushakira amajwi, aho bamwe mu bagize Guverinoma yarwo bari kujya mu Bihugu binyuranye bisanzwe ari ibinyamuryango bya OIF, bashyiriye Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bubasaba gushyigikira kandidatire ye.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yerecyeje muri Djibouti, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu Ismaïl Omar Guelleh, amushyikiriza ubutumwa bw’Umukuru w’u Rwanda bumusaba gushyigikira kandidatire y’uyu mukandida warwo.

Uwo munsi kandi, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yari yerecyeje muri Mauritania, aho na we yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani, amushyikiriza ubutumwa nka buriya.

Ku wa Gatatu tariki 18 Werurwe kandi, Nelly Mukazayire yerecyeje muri Senegal, yakirwa na Perezida Bassirou Diomaye Faye; na we yashyikirije ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

Next Post

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y'Amajyepfo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.