Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’abashakashatsi riri gushakisha ubwato bwiswe ‘Bodelschwingh’ bwakoreshejwe n’Abadage mu ntambara ya mbere y’Isi yose, bakaburoha mu Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro; riri mu byishimo nyuma yo kubona ikimenyetso gitanga icyizere ko bamaze kubugeraho.

Iri tsinda rimaze icyumweru risubukuye ibikorwa byo gushakisha ubu bwato, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024, ni bwo ryabonye ikintu kinini kiri mu nda y’iki Kiyaga muri metero 18 z’ubujyakuzimu.

Amakuru atanga icyizere, yabonetse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ubwo abasore babiri bari bavuye mu nda y’Ikiyaga babonye icyo kintu kinini.

Issa Patrick Muhayeyezu, umwe muri aba bibiye mu mazi babonye iki kintu, yagize ati “Ni bunini twagerageje gukuraho ibyondo nka metero twumva ni uruntu rw’urwuma.”

Mugenzi we bari kumwe, na we yagize ati “Ntabwo habona, hari umwijima. Twabonye ikintu kinini kiriho ibyondo byinshi tugenda tubikuraho dukoresheje intoki, dukomeza kumva ikintu kinini. Ni ikintu cy’umukara.”

Ni amakuru yashimishije abashakashatsi bari basigaye mu bwato hejuru, bafite ibikoresho kabuhariwe, bahise bakoma amashyi bigaragaza ko bishimiye aya makuru.

Ahagaragaye iki kintu bikekwa ko ari ubwo bwato, ni mu Kagari ka Sure mu Murenge wa Mushubati, aho mu misozi yo ku nkombe y’Ikiyaga cya Kivu, hari hubatse inzu y’Abadage mu myaka yo mu 1914 ubwo habaga intambara ya mbere y’Isi yose.

Umukozi mu by’ubushakashatsi ku mateka y’ibisigaratongo mu Nteko y’Umuco, Ntagwabira Andre; avuga ko amakuru yatanzwe n’abari batuye muri ibi bice, ari yo yatumye iri tsinda rigizwe n’abo muri iyi Nteko ndetse n’abaturutse mu Budage no muri Brazil, ritangira gushakishiriza aha.

Avuga ko abasheshakanguhe batuye aha, babwiye iri tsinda ko mbere y’uko izo ngabo z’Abadage zibiza mu mazi ubu bwato, zabanje gutuma abaturage amabuye menshi.

Ati “Ariko ntawamenya ngo ‘ese ayo mabuye bari batumye abaturage ni ayo bakoresheje baburoha’, ku buryo babupakiramo ayo mabuye noneho bukananirwa, kuko bari abasirikare bashoboraga kubarasa bugapfumuka noneho bukava, amazi akazamuka akaba ari yo abwirohera.”

Nyuma y’uko hagaragaye ibitanga icyizere cy’ubu bwato Bodelschwingh, kuri uyu wa Gatatu, hakomeza ibikorwa by’ubu bushakashatsi, ahaza gukorwa igikorwa cyo kujya kuzana igice kimwe cy’iki kintu babonye, ubundi kikajyanwa gupimwa kugira byemezwe ko ari bwo.

Hazakurikiraho igikorwa cyo kubuzamura, aho biri gukorwa na kompanyi yitwa Under Water Services ari na yo iri gukora igikorwa cyo kwibira mu mazi.

Ntagwabira avuga ko ubu bwato buzaba ari ikimenyetso gifatika cy’amateka y’intambara ya mbere y’Isi yose kizaba kigaragaye mu Rwanda, ku buryo buzajyanwa muri imwe mu nzu ndangamurage y’u Rwanda.

Ati “Abanyarwanda na bo bayigizemo uruhare, ariko uretse kubyumva gutyo ni ibintu bidafatika, ubu bwato rero ni ikimenyetso gifatika kiba gisobanura ayo mateka.”

Kompanyi ya Under Water Services yo yemeza ko ubu bwato yamaze kububona, ivuga ko igisigaye ari uguhabwa uburenganzira bwo kuburamo, kandi ko ifite ibikoresho bihagije byo kubuzamura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Next Post

Goma: Inzara yatangiye gukomanga kubera intambara ya M23 na FARDC

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Inzara yatangiye gukomanga kubera intambara ya M23 na FARDC

Goma: Inzara yatangiye gukomanga kubera intambara ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.