Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110

radiotv10by radiotv10
21/02/2024
in MU RWANDA
0
Hagaragaye igitanga icyizere mu gushakisha ubwato bwahishwe n’Abadage mu Rwanda mu myaka 110
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’abashakashatsi riri gushakisha ubwato bwiswe ‘Bodelschwingh’ bwakoreshejwe n’Abadage mu ntambara ya mbere y’Isi yose, bakaburoha mu Kiyaga cya Kivu mu Karere ka Rutsiro; riri mu byishimo nyuma yo kubona ikimenyetso gitanga icyizere ko bamaze kubugeraho.

Iri tsinda rimaze icyumweru risubukuye ibikorwa byo gushakisha ubu bwato, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024, ni bwo ryabonye ikintu kinini kiri mu nda y’iki Kiyaga muri metero 18 z’ubujyakuzimu.

Amakuru atanga icyizere, yabonetse ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ubwo abasore babiri bari bavuye mu nda y’Ikiyaga babonye icyo kintu kinini.

Issa Patrick Muhayeyezu, umwe muri aba bibiye mu mazi babonye iki kintu, yagize ati “Ni bunini twagerageje gukuraho ibyondo nka metero twumva ni uruntu rw’urwuma.”

Mugenzi we bari kumwe, na we yagize ati “Ntabwo habona, hari umwijima. Twabonye ikintu kinini kiriho ibyondo byinshi tugenda tubikuraho dukoresheje intoki, dukomeza kumva ikintu kinini. Ni ikintu cy’umukara.”

Ni amakuru yashimishije abashakashatsi bari basigaye mu bwato hejuru, bafite ibikoresho kabuhariwe, bahise bakoma amashyi bigaragaza ko bishimiye aya makuru.

Ahagaragaye iki kintu bikekwa ko ari ubwo bwato, ni mu Kagari ka Sure mu Murenge wa Mushubati, aho mu misozi yo ku nkombe y’Ikiyaga cya Kivu, hari hubatse inzu y’Abadage mu myaka yo mu 1914 ubwo habaga intambara ya mbere y’Isi yose.

Umukozi mu by’ubushakashatsi ku mateka y’ibisigaratongo mu Nteko y’Umuco, Ntagwabira Andre; avuga ko amakuru yatanzwe n’abari batuye muri ibi bice, ari yo yatumye iri tsinda rigizwe n’abo muri iyi Nteko ndetse n’abaturutse mu Budage no muri Brazil, ritangira gushakishiriza aha.

Avuga ko abasheshakanguhe batuye aha, babwiye iri tsinda ko mbere y’uko izo ngabo z’Abadage zibiza mu mazi ubu bwato, zabanje gutuma abaturage amabuye menshi.

Ati “Ariko ntawamenya ngo ‘ese ayo mabuye bari batumye abaturage ni ayo bakoresheje baburoha’, ku buryo babupakiramo ayo mabuye noneho bukananirwa, kuko bari abasirikare bashoboraga kubarasa bugapfumuka noneho bukava, amazi akazamuka akaba ari yo abwirohera.”

Nyuma y’uko hagaragaye ibitanga icyizere cy’ubu bwato Bodelschwingh, kuri uyu wa Gatatu, hakomeza ibikorwa by’ubu bushakashatsi, ahaza gukorwa igikorwa cyo kujya kuzana igice kimwe cy’iki kintu babonye, ubundi kikajyanwa gupimwa kugira byemezwe ko ari bwo.

Hazakurikiraho igikorwa cyo kubuzamura, aho biri gukorwa na kompanyi yitwa Under Water Services ari na yo iri gukora igikorwa cyo kwibira mu mazi.

Ntagwabira avuga ko ubu bwato buzaba ari ikimenyetso gifatika cy’amateka y’intambara ya mbere y’Isi yose kizaba kigaragaye mu Rwanda, ku buryo buzajyanwa muri imwe mu nzu ndangamurage y’u Rwanda.

Ati “Abanyarwanda na bo bayigizemo uruhare, ariko uretse kubyumva gutyo ni ibintu bidafatika, ubu bwato rero ni ikimenyetso gifatika kiba gisobanura ayo mateka.”

Kompanyi ya Under Water Services yo yemeza ko ubu bwato yamaze kububona, ivuga ko igisigaye ari uguhabwa uburenganzira bwo kuburamo, kandi ko ifite ibikoresho bihagije byo kubuzamura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + sixteen =

Previous Post

Ibyo wamenya ku bwegure bwa Minisitiri w’Intebe wa DRCongo buhita bujyana na Guverinoma yose

Next Post

Goma: Inzara yatangiye gukomanga kubera intambara ya M23 na FARDC

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Inzara yatangiye gukomanga kubera intambara ya M23 na FARDC

Goma: Inzara yatangiye gukomanga kubera intambara ya M23 na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.