Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda hagiye gutangwa ibihembo bibayeho ku nshuro ya mbere, bizahabwa abakora mu bijyanye no kongerera ubwiza abantu, barimo abatunganya imisatsi, abatunganya inzara ndetse n’abasiga abantu ibirungo [make up] kugira ngo baryohere ijisho ry’ababareba.

Ni ibihembo byiswe ‘Diva Beauty Awards’, byateguwe n’inzu isanzwe ikora ibijyanye n’ibi bikorwa yitwa Diva House Beauty, izwiho umwihariho mu gusiga ibirungo abiganjemo igitsinagore ndetse no gusiga inzara ibyamamare.

Hahise hanasohoka ibyiciro biri guhatana muri ibi bihembo bizatangwa tariki 16 Nyakanga 2023, birimo abahatanira urusha abandi gutunganya imisatsi (Best Hair Artist), uzi gutunganya inzara (Best Nails Artist) ndetse n’uzi gusiga neza ibirungo biryoshya ubwiza (Best Make up Artist).

Harimo kandi abahatanira mu cyiciro cya Best Lash Artist, Best Waxing, Massage and Facial Artis, Best Tattoo Artist, Best Barber, Best Hair Saloon ndetse no mu cyiciro cy’ukunzwe cyane cyiswe Most Popular.

Hari n’ibyamamare bisanzwe bifite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, bari gukorana n’abateguye ibi bihembo, nka Shaddy Boo uzwi ku mbuga nkoranyambaga, Vanessa Uwase Raissa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, ndetse n’umuhanzikazi Marina Deborah.

Niyikiza Olivier wateguye ibi bihembo akaba asanzwe na we akora mu bijyanye no kongerera ubwiza abantu, avuga ko iki gikorwa kigamije kuzamura uru rwego rusa nk’urwibagiranye mu ruganda rw’imyidagaduro kandi rufite akamaro kanini.

Ati “Nagiye mbona ukuntu aka kazi gakorwa nkabona rimwe na rimwe abagakora badahabwa agaciro aba ari yo mpamvu ntekereza ko mu gihe nabonye ubushobozi nzajya mbaha igihembo cy’ishimwe buri mwaka.”

Avuga ko ibi bihembo bizaba ari igikorwa ngarukamwaka, kandi ko abazajya babihabwa, bazajya batorwa n’abakiliya babo, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, dore ko abari guhatanira ibyo kuri iyi nshuro ya mbere, banatangiye gutorwa kuva tariki 25 Kamena 2023.

Shaddyboo ni umwe mu bafatanyabikorwa muri ibi bihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 2 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare

Next Post

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Related Posts

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

Amakuru y’ibanga agezweho ku muhanzi ukunzwe na benshi mu Rwanda

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi w’umuraperi Kivumbi King uri mu bagezweho mu Rwanda, amakuru aremeza ko yamaze kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya 1:55...

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

Umuhanzi uzwi mu ndirimbo zakanyujijeho hambere mu Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuhanzi Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo ‘Ancila’ yo hambere iri mu zakunzwe na benshi mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu...

IZIHERUKA

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore
MU RWANDA

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

05/11/2025
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

DRC: Banyamulenge community protests against Burundian troops

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.