Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda hagiye gutangwa ibihembo bibayeho ku nshuro ya mbere, bizahabwa abakora mu bijyanye no kongerera ubwiza abantu, barimo abatunganya imisatsi, abatunganya inzara ndetse n’abasiga abantu ibirungo [make up] kugira ngo baryohere ijisho ry’ababareba.

Ni ibihembo byiswe ‘Diva Beauty Awards’, byateguwe n’inzu isanzwe ikora ibijyanye n’ibi bikorwa yitwa Diva House Beauty, izwiho umwihariho mu gusiga ibirungo abiganjemo igitsinagore ndetse no gusiga inzara ibyamamare.

Hahise hanasohoka ibyiciro biri guhatana muri ibi bihembo bizatangwa tariki 16 Nyakanga 2023, birimo abahatanira urusha abandi gutunganya imisatsi (Best Hair Artist), uzi gutunganya inzara (Best Nails Artist) ndetse n’uzi gusiga neza ibirungo biryoshya ubwiza (Best Make up Artist).

Harimo kandi abahatanira mu cyiciro cya Best Lash Artist, Best Waxing, Massage and Facial Artis, Best Tattoo Artist, Best Barber, Best Hair Saloon ndetse no mu cyiciro cy’ukunzwe cyane cyiswe Most Popular.

Hari n’ibyamamare bisanzwe bifite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, bari gukorana n’abateguye ibi bihembo, nka Shaddy Boo uzwi ku mbuga nkoranyambaga, Vanessa Uwase Raissa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, ndetse n’umuhanzikazi Marina Deborah.

Niyikiza Olivier wateguye ibi bihembo akaba asanzwe na we akora mu bijyanye no kongerera ubwiza abantu, avuga ko iki gikorwa kigamije kuzamura uru rwego rusa nk’urwibagiranye mu ruganda rw’imyidagaduro kandi rufite akamaro kanini.

Ati “Nagiye mbona ukuntu aka kazi gakorwa nkabona rimwe na rimwe abagakora badahabwa agaciro aba ari yo mpamvu ntekereza ko mu gihe nabonye ubushobozi nzajya mbaha igihembo cy’ishimwe buri mwaka.”

Avuga ko ibi bihembo bizaba ari igikorwa ngarukamwaka, kandi ko abazajya babihabwa, bazajya batorwa n’abakiliya babo, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, dore ko abari guhatanira ibyo kuri iyi nshuro ya mbere, banatangiye gutorwa kuva tariki 25 Kamena 2023.

Shaddyboo ni umwe mu bafatanyabikorwa muri ibi bihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare

Next Post

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Related Posts

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

by radiotv10
21/07/2025
1

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu amashusho ye agaragaza ikimero cye, aho aba yambaye imyenda yenda kugaragaza imyanya y’ibanga nk’umukondo. Ni amashusho...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.