Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Hagiye gutangwa ibihembo byihariye mu myidagaduro bibaye bwa mbere mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda hagiye gutangwa ibihembo bibayeho ku nshuro ya mbere, bizahabwa abakora mu bijyanye no kongerera ubwiza abantu, barimo abatunganya imisatsi, abatunganya inzara ndetse n’abasiga abantu ibirungo [make up] kugira ngo baryohere ijisho ry’ababareba.

Ni ibihembo byiswe ‘Diva Beauty Awards’, byateguwe n’inzu isanzwe ikora ibijyanye n’ibi bikorwa yitwa Diva House Beauty, izwiho umwihariho mu gusiga ibirungo abiganjemo igitsinagore ndetse no gusiga inzara ibyamamare.

Hahise hanasohoka ibyiciro biri guhatana muri ibi bihembo bizatangwa tariki 16 Nyakanga 2023, birimo abahatanira urusha abandi gutunganya imisatsi (Best Hair Artist), uzi gutunganya inzara (Best Nails Artist) ndetse n’uzi gusiga neza ibirungo biryoshya ubwiza (Best Make up Artist).

Harimo kandi abahatanira mu cyiciro cya Best Lash Artist, Best Waxing, Massage and Facial Artis, Best Tattoo Artist, Best Barber, Best Hair Saloon ndetse no mu cyiciro cy’ukunzwe cyane cyiswe Most Popular.

Hari n’ibyamamare bisanzwe bifite amazina azwi mu myidagaduro mu Rwanda, bari gukorana n’abateguye ibi bihembo, nka Shaddy Boo uzwi ku mbuga nkoranyambaga, Vanessa Uwase Raissa witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, ndetse n’umuhanzikazi Marina Deborah.

Niyikiza Olivier wateguye ibi bihembo akaba asanzwe na we akora mu bijyanye no kongerera ubwiza abantu, avuga ko iki gikorwa kigamije kuzamura uru rwego rusa nk’urwibagiranye mu ruganda rw’imyidagaduro kandi rufite akamaro kanini.

Ati “Nagiye mbona ukuntu aka kazi gakorwa nkabona rimwe na rimwe abagakora badahabwa agaciro aba ari yo mpamvu ntekereza ko mu gihe nabonye ubushobozi nzajya mbaha igihembo cy’ishimwe buri mwaka.”

Avuga ko ibi bihembo bizaba ari igikorwa ngarukamwaka, kandi ko abazajya babihabwa, bazajya batorwa n’abakiliya babo, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, dore ko abari guhatanira ibyo kuri iyi nshuro ya mbere, banatangiye gutorwa kuva tariki 25 Kamena 2023.

Shaddyboo ni umwe mu bafatanyabikorwa muri ibi bihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku murambo wabonetse umanitse ku kiraro mu gitondo cya kare

Next Post

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.