Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro bitanu bigiye kwiyongera ku bindi bitatu byatangaga serivisi z’ubuvuzi bwa Cancer (chemotherapy) mu Rwanda, bizatuma abafite ubu burwayi bavurirwa mu bice batuyemo batiriwe bakora ingendo bajya ku byari bisanzwe bitanga ubu buvuzi.

Ubusanzwe Ibitaro byatangaga izi serivisi, birimo ibya Butaro, Ibitaro Bikuru bya Gisirikare ndetse n’Ibitaro byitiriwe Umwami Fayisali.

Dr Fredrick Kateera, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango utegamiye kuri Leta wa ‘Partners in Health’ usanzwe ufasha Leta y’u Rwanda mu buvuzi bwa Cancer, aherutse gutangaza ko hagiye kwagurwa serivisi z’imiti y’ibinini bihabwa abarwaye Cancer.

Dr Fredrick Kateera yavuze ko uyu Muryango utari uwa Leta uteganya gutangiza izi serivisi mu Bitaro bishya bitanu byo mu Gihugu, mu rwego rwo gufasha abarwayi ba Cancer kubona imiti.

Yagize ati “Ku barwayi bakenera imiti yo kunywa, ntabwo bazagomba koherezwa mu Bitaro, nta mpamvu yo kuzajya boherezwa i Butaro. Turi kureba uburyo twaha ubushobozi Ibitaro bitanu mu Gihugu kugira ngo bizabashe gutanga imiti ndetse no gukurikirana abarwayi begereye aho batuye.”

Yakomeje avuga ko nanone ibi bigamije korohereza abafite uburwayi bwa Cancer, kuko baba banafite intege nke, bityo ko gukora ingendo bajya gushaka ubuvuzi, byabagoraga.

Yanavuze kandi ko uyu Muryango utegamiye kuri Leta uri gukorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, mu kuzamura urwego rwo gusuzuma Cancer.

Ati “Mu bihe bishize buri murwayi yasabwaga kuza ku Bitaro kugira ngo afatwe ikizamini. Kugira ngo hakorwe isuzuma ry’ibizamini bifatwa bigiye kujya bifata igihe gito. Rero ubu turi gukorana n’ibigo bitanu mu rwego rwo kuzamura uburyo bwo gusuzuma. Kuko bizaba byegereye abarwayi, bizanongera uburyo bwo kwisuzumisha.”

Umuganga w’indwara ya Cancer, Dr Theoneste Maniragaba usanzwe ari n’Umuyobozi Mukuru wa gahunda y’ubuvuzi bwa Cancer muri RBC, yavuze ko hakiri ibyuho mu buvuzi bw’iyi ndwara, ku buryo hari hakenewe ko bwegerezwa abaturage.

Ati “Dukeneye gutekereza uburyo bwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bwa Cancer. Ku ruhande rw’u Rwanda, hari intambwe yatewe ariko turifuza kugera aho buri muntu wese ukeneye ubuvuzi yajya abasha guhabwa serivisi ku ivuriro rimwegereye.”

Kugeza ubu, mu Rwanda hatangirwa ubuvuzi bwo mu bwoko butatu ku burwayi bwa Cancer, burimo ubuzwi nka ‘chemotherapy [bwo gutanga imiti]’, ‘surgery’ [Kubaga], ndetse na ‘radiotherapy’ [gushiririza].

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC ya 2023, yerekana ko muri uwo mwaka habonetse abarwayi bashya 5 000 ba Cancer, barimo 610 bafite Cancer y’ubwonko ndetse na 605 bari bafite cancer y’ibere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 18 =

Previous Post

Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo

Next Post

Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Related Posts

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

IZIHERUKA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda
MU RWANDA

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

27/11/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.