Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/04/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hagiye guterwa indi ntambwe ikomeye mu buvuzi bwa Cancer mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro bitanu bigiye kwiyongera ku bindi bitatu byatangaga serivisi z’ubuvuzi bwa Cancer (chemotherapy) mu Rwanda, bizatuma abafite ubu burwayi bavurirwa mu bice batuyemo batiriwe bakora ingendo bajya ku byari bisanzwe bitanga ubu buvuzi.

Ubusanzwe Ibitaro byatangaga izi serivisi, birimo ibya Butaro, Ibitaro Bikuru bya Gisirikare ndetse n’Ibitaro byitiriwe Umwami Fayisali.

Dr Fredrick Kateera, Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Umuryango utegamiye kuri Leta wa ‘Partners in Health’ usanzwe ufasha Leta y’u Rwanda mu buvuzi bwa Cancer, aherutse gutangaza ko hagiye kwagurwa serivisi z’imiti y’ibinini bihabwa abarwaye Cancer.

Dr Fredrick Kateera yavuze ko uyu Muryango utari uwa Leta uteganya gutangiza izi serivisi mu Bitaro bishya bitanu byo mu Gihugu, mu rwego rwo gufasha abarwayi ba Cancer kubona imiti.

Yagize ati “Ku barwayi bakenera imiti yo kunywa, ntabwo bazagomba koherezwa mu Bitaro, nta mpamvu yo kuzajya boherezwa i Butaro. Turi kureba uburyo twaha ubushobozi Ibitaro bitanu mu Gihugu kugira ngo bizabashe gutanga imiti ndetse no gukurikirana abarwayi begereye aho batuye.”

Yakomeje avuga ko nanone ibi bigamije korohereza abafite uburwayi bwa Cancer, kuko baba banafite intege nke, bityo ko gukora ingendo bajya gushaka ubuvuzi, byabagoraga.

Yanavuze kandi ko uyu Muryango utegamiye kuri Leta uri gukorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, mu kuzamura urwego rwo gusuzuma Cancer.

Ati “Mu bihe bishize buri murwayi yasabwaga kuza ku Bitaro kugira ngo afatwe ikizamini. Kugira ngo hakorwe isuzuma ry’ibizamini bifatwa bigiye kujya bifata igihe gito. Rero ubu turi gukorana n’ibigo bitanu mu rwego rwo kuzamura uburyo bwo gusuzuma. Kuko bizaba byegereye abarwayi, bizanongera uburyo bwo kwisuzumisha.”

Umuganga w’indwara ya Cancer, Dr Theoneste Maniragaba usanzwe ari n’Umuyobozi Mukuru wa gahunda y’ubuvuzi bwa Cancer muri RBC, yavuze ko hakiri ibyuho mu buvuzi bw’iyi ndwara, ku buryo hari hakenewe ko bwegerezwa abaturage.

Ati “Dukeneye gutekereza uburyo bwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bwa Cancer. Ku ruhande rw’u Rwanda, hari intambwe yatewe ariko turifuza kugera aho buri muntu wese ukeneye ubuvuzi yajya abasha guhabwa serivisi ku ivuriro rimwegereye.”

Kugeza ubu, mu Rwanda hatangirwa ubuvuzi bwo mu bwoko butatu ku burwayi bwa Cancer, burimo ubuzwi nka ‘chemotherapy [bwo gutanga imiti]’, ‘surgery’ [Kubaga], ndetse na ‘radiotherapy’ [gushiririza].

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC ya 2023, yerekana ko muri uwo mwaka habonetse abarwayi bashya 5 000 ba Cancer, barimo 610 bafite Cancer y’ubwonko ndetse na 605 bari bafite cancer y’ibere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Mu gihe hagiye Kwibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi amahanga yasabwe no guterera ijisho muri Congo

Next Post

Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Mu kindi Gihugu cyo muri Afurika hazamutse bombori bombori kubera gusubika amatora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.