Friday, April 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

radiotv10by radiotv10
17/04/2026
in MU RWANDA
0
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri uwo mwaka iziri muri sisiteme zahawe gatanya zo mu Mujyi wa Kigali ari 1 199.

Iyi mibare ikubiye muri raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), yerekana ko ingo zari muri sisiteme ko zahawe gatanya uriya mwaka wa 2025, ari 4 479, zirimo 2 629 zazihawe binyuze mu Nkiko.

Isesengura kuri iyi mibare, rigaragaza ko ingo zahawe gatanya zitaramarana imyaka 10, ari 41,1% mu gihe izahawe gatanya zimaze imyaka nibura 45 zibana, ari ingo 18 gusa.

Mu bijyanye n’aho izo ngo zibarizwa, muri ziriya ziri muri sisiteme zahawe gatanya, Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa mbere, kuko izahawe gatanya ari 1 199, Intara y’Iburasirazuba igakurikira, aho hatandukanye ingo 1 011.

Intara y’Amajyepfo iza ku mwanya wa gatatu, yo yagize ingo 976 zahawe gatanya, mu gihe iy’Iburengerazuba yo iza ku mwanya wa kane ho hatandukanye ingo 669, iy’Amajyaruguru yo ikaba ifite 592.

Iyi mibare y’ingo zahawe gatanya binyuze mu nkiko, yikubye hafi kane mu myaka itatu ishize, kuko izari zayihawe muri 2023 ari 782, mu gihe mu mwaka wa 2024 zari 1 068.

Kuri iyi mibare yo muri 2025, ingo zatandukanye zimaranye imyaka iri hagati y’itanu n’icyenda, ni 693, abamaranye kuva ku mezi kugeza ku myaka ine, bakaba 545, naho abamaranye hagati y’imyaka 10 na 14, bakaba 530, naho abari bamaranye hagati ya 15 na 19 bakaba 445.

Uretse iyi mibare ya gatanya zagaragaye umwaka ushize, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kinagaragaza ko umubare w’abashyingiranwa mu mategeko wagabanutse ugereranyije n’umwaka wari wabanje, kuko muri 2025 abasezeranye ari abantu 50 256 mu gihe muri 2024, hari hashyingiranywe abantu 52 878.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 15 =

Previous Post

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

Related Posts

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

by radiotv10
17/04/2026
0

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ryakozwe mu mujyi wa Rouen nyuma...

BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Amakuru mashya: Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda hatarashira ukwezi bitumbagiye

by radiotv10
17/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka, aho Litiro ya Lisansi yageze ku 2 938 Frw...

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

IZIHERUKA

Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege
MU RWANDA

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

by radiotv10
17/04/2026
0

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

17/04/2026
U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

17/04/2026
Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

Muri Minembwe bishobora gukomera: Abasirikare b’u Burundi benshi bagaragaye bafite intwaro berecyezayo

17/04/2026
RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

17/04/2026
BREAKING: Ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byagiye hanze

Amakuru mashya: Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda hatarashira ukwezi bitumbagiye

17/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.