Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri uwo mwaka iziri muri sisiteme zahawe gatanya zo mu Mujyi wa Kigali ari 1 199.
Iyi mibare ikubiye muri raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), yerekana ko ingo zari muri sisiteme ko zahawe gatanya uriya mwaka wa 2025, ari 4 479, zirimo 2 629 zazihawe binyuze mu Nkiko.
Isesengura kuri iyi mibare, rigaragaza ko ingo zahawe gatanya zitaramarana imyaka 10, ari 41,1% mu gihe izahawe gatanya zimaze imyaka nibura 45 zibana, ari ingo 18 gusa.
Mu bijyanye n’aho izo ngo zibarizwa, muri ziriya ziri muri sisiteme zahawe gatanya, Umujyi wa Kigali uza ku mwanya wa mbere, kuko izahawe gatanya ari 1 199, Intara y’Iburasirazuba igakurikira, aho hatandukanye ingo 1 011.
Intara y’Amajyepfo iza ku mwanya wa gatatu, yo yagize ingo 976 zahawe gatanya, mu gihe iy’Iburengerazuba yo iza ku mwanya wa kane ho hatandukanye ingo 669, iy’Amajyaruguru yo ikaba ifite 592.
Iyi mibare y’ingo zahawe gatanya binyuze mu nkiko, yikubye hafi kane mu myaka itatu ishize, kuko izari zayihawe muri 2023 ari 782, mu gihe mu mwaka wa 2024 zari 1 068.
Kuri iyi mibare yo muri 2025, ingo zatandukanye zimaranye imyaka iri hagati y’itanu n’icyenda, ni 693, abamaranye kuva ku mezi kugeza ku myaka ine, bakaba 545, naho abamaranye hagati y’imyaka 10 na 14, bakaba 530, naho abari bamaranye hagati ya 15 na 19 bakaba 445.
Uretse iyi mibare ya gatanya zagaragaye umwaka ushize, Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kinagaragaza ko umubare w’abashyingiranwa mu mategeko wagabanutse ugereranyije n’umwaka wari wabanje, kuko muri 2025 abasezeranye ari abantu 50 256 mu gihe muri 2024, hari hashyingiranywe abantu 52 878.
RADIOTV10









