Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hahise hafatwa icyemezo nyuma yuko Perezida Kagame avuze ku kibazo cya Pele Stadium

radiotv10by radiotv10
23/08/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Hahise hafatwa icyemezo nyuma yuko Perezida Kagame avuze ku kibazo cya Pele Stadium
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko hashatswe moteri izaba yifashishwa mu gucana amatara yo kuri Kigali Pele Stadium, nyuma y’uko Perezida Paul Kagame agize icyo avuga kuri iki kibazo cya Moteri idafite imbaraga cyatumaga nta mikino ikinirwa kuri iyi Sitade mu masaha y’ijoro.

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, ikinyamakuru The Chronicles cyatangaje amakuru ko igenzura ryakozwe n’Umujyi wa Kigali ufatanyije na FERWAFA, ryagaragaje ko moteri yifashishwa mu gucana amatara kuri Kigali Pele Stadium idafite imbaraga zihagije.

Ni ikibazo cyanemejwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwavugaga ko hatumijwe indi moteri izifashishwa, ikazagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere.

Icyakora ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwavugaga ko amakipe yumva yabishobora, ko yazana moteri kugira ngo abashe gukinira kuri iyi stade mu masaha y’ijoro.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame utanyuzwe n’iki gisubizo cy’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, yavuze ko ibi bitari bikwiye kubaho.

Gusa ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatangaje ko bwafashe ikindi cyemezo cyo gushaka umuti w’agateganyo w’iki kibazo, aho gutegereza amezi atatu iyi moteri yatumirijwe izaba yageze mu Rwanda.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, mu kiganiro yagiranye na Igihe, yavuze ko hafashwe ingamba zo kugira ngo amakipe yifuza gukinira kuri Kigali Pele Stadium mu masaha y’ijoro, akine imikino yayo.

Yagize ati “Twasanze tutayitegereza ngo igere i Kigali. Muri iyi minsi amakipe yifuza gukina nijoro yahakinira kubera ko hari indi moteri twashatse tuzaba twifashisha.”

Emma-Claudine Ntirenganya uvuga ko imikino izakomeza gukinirwa kuri iyi Sitade nk’uko bisanzwe, yavuze ko icyatumye gutumiza iyi moteri bitinda mu gihe byari byemewe muri Werurwe umwaka ushize, ari uko amafaranga yagombaga gukoreshwa ari ay’uyu mwaka w’ingengo y’imari watangiye mu kwezi gushize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Basketaball y’abagore: Ikipe y’u Rwanda yatangiye ishimisha Abanyarwanda yatsinzwe ariko amahirwe agumaho

Next Post

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Related Posts

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Sosiyete y’ingendo z’inzege ya RwandAir, yatangaje ko yegukanye igihembo nka komanyi ya mbere nziza ku Mugabane wa Afurika zikora iby’ingendo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

by radiotv10
17/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced the initial trial phase for issuing the new digital ID cards will begin...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

by radiotv10
17/06/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA kiratangaza ko igerageza rya mbere ryo gutanga irangamuntu nshya ikoranye ikoranabuhanga, rizatangira mu kwezi gutaha...

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

by radiotv10
17/06/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje amabwiriza ajyanye n’imikoreshereze y’amadovize n’ibihano ku bayakoresha batarabiherewe uburenganzira, birimo kuzajya bacibwa amande ya miliyoni...

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

by radiotv10
17/06/2025
0

Major Faustin Kevin Kayumba wo mu Ngabo z’u Rwanda, yarangije amasomo mu Ishuri rya Gisirikare ryo muri Jordnia, nyuma y’icyumweru...

IZIHERUKA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi
MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

17/06/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

17/06/2025
Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

17/06/2025
Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

17/06/2025
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

17/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.