• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga kuhagera, icyakora umunyamategeko wunganira umwe mu baregwa, asaba ko uriya muhanzi na we akurikiranwa kuko ari we wa mbere wayasakaje.

Byagarutsweho mu rubanza rwo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, ruregwamo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man na Kalisa John uzwi na K-John.

Ubwo Ubushinjacyaha bwabazwaga kugaragaza impamvu busabira abaregwa gufungwa by’agatetanyo, bwavuze ko ibyagezweho mu iperereza bishimangira ko bakoze iki cyaha bakurikiranyweho.

Kuri Pazzo Man, Ubushinjacyaha bwavuze ko yari umujyanama wa Yampano, aho yashoboraga kugera kuri email y’uyu muhanzi, ari na ho yari yarabitse ariya mashusho.

Pazzo yemereye Urukiko ko koko yabonye ariya mashusho kuri Email ya Yampano, ariko ko atigeze ayamanuraho ngo ayabike, kandi ko akiyabona yahise abibwira Yampano ngo ayakureho.

Yagize ati “njye uretse kuyarebaho ntabwo nigeze nyabika kuri telefone cyangwa ngo ngire uwo nyasangiza.”

Uyu Pazzo kandi yavuze ko no mu iperereza ryakozwe n’abahanga, ryagaragaje ko we atari afite ariya mashusho, ndetse ko nta muntu n’umwe yayasangije.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwatangaje ko uyu Pazzo ku itariki 11 Ugushyingo yandikiye uwitwa Ddumba [uzwi mu myidagaduro] aho yamubwiraga ko yasiba amashusho ya Yampano ndetse amusaba kutagira umuntu ayasangiza.

Umunyamategeko wunganira Pazzo Man, yavuze ko Yampano yagakwiye kuba na we ari gukurikiranwa, kuko ari we wa mbere wagize uruhare mu gusakaza ariya mashusho ye.

Uyu munyamategeko wavugaga ko bitumvikana uburyo Yampano yashyize ariya mashusho kuri Email kandi abizi neza ko atari we ubasha kuyigeraho wenyine, asaba Urukiko gutegeka ko uyu muhanzi na we akurikiranwa.

Yagize ati “Turasaba Urukiko ko mu bubasha bwarwo rwategeka ko Yampano atangira gukurikiranwaho gusakaza ayo mashusho kuko yayashyize kuri Email kandi abizi neza ko atariwe wenyine uyikoresha.”

Kuri K-John, Ubushinjacyaha bwavuze ko iperereza ryagaragaje ko hari ifoto yafashe akoherereza umuhanzi witwa Papa Cyangwe, amubwira iby’ariya mashusho, amubwira ko yamaze kujya hanze.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze uyu K-John yarasabye uwitwa Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta ariya mashusho, akayamuha, ku buryo hari ikibyihishe inyuma.

Hari kandi umutangabuhamya uzwi nka Njuga wavuze ko yahuriye muri resitora n’aba bombi K-John na Pazzo, bakamwereka ariya mashusho.

K-John we yahakanye ibyaha, avuga ko ifoto yavuzwe yayibonye muri Kamena uyu mwaka ku rubuga rwa WhatsApp yashyizweho n’umuntu wavugaga ko umuha amafaranga amuha amashusho ya yampano ari gukora iminonano mpuzabitsina.

Ngo koherereza iriya foto Papa Cyangwe, yashakaga kubimumenyesha nk’umuhanzi wari umaze gukorana indirimbo na Yampano.

Umunyamategeko wunganira K-John yavuze ko kuba umuliya we yarasabye ariya mashusho ndetse akayahabwa, bidakwiye kuba impamvu zigize icyaha, kuko icyaha ari ukuyasakaza, nyamara we atarigeze abikora.

Nyuma yo kumva imyiregurire, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwapfundikiye urubanza, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku ifungwa tariki 11 Ugushyingo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + three =

Previous Post

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Next Post

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.