Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

radiotv10by radiotv10
02/11/2024
in MU RWANDA
0
Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko Virus ya Marburg hari ibice by’umubiri ishobora kumaramo igihe kirenga umwaka, birimo amasohoro, ku buryo umugabo wayikize agomba kuwumara adakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Byatangajwe n’Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Abakozi bo kwa Muganga muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Nkeshimana Menelas, wavuze ko Virus ya Marburg itera indwara ya Marburg, idasanzwe nk’uko byakunze kuvugwa.

Avuga ko uretse kuba uwayanduye agaragaza ibimenyetso bikomeye birimo gucika intege cyane mu gihe iyi Virus iba iri kororoka mu mubiri, no kugira umuriro mwinshi.

Dr. Nkeshimana avuga ko nubwo umuntu ashobora kuvurwa iyi ndwara agakira, ariko “hari ibice by’umubiri bishobora gusigaramo Virus mu gihe gishobora kurenga n’umwaka, ariko ntibivuze ko muri icyo gihe umuntu arwaye, azahaye cyangwa afite umuriro, umuntu aba ameze nk’abandi bose.”

Yakomeje agira ati “Ariko Virus iri muri ibyo bice bibiri nyamukuru ikaba yatindamo igihe kirekire. Nka Virus isigara mu jisho mo imbere ubwo ni mu marira, ni virus ishobora kwandura, icyo gihe twitwararika iyo umuntu aje kwa muganga kwivuza amaso bigasaba ko bamubaga imbere mu jisho, muganga aritwararika.

Ahandi ni mu masohoro ku bagabo, nabwo aba ari aho agenda ameze neza ariko mu masohoro havamo Virus ishobora kwandura. Icyo gihe bivuga biti ibyiciro by’abo bantu turabitwararika, cyane cyane tubasaba kugira isuku mu mibonano mpuzabitsina, bagakoresha agakingirizo iyo bari kumwe n’abo bashakanye, no kujugunya agakingiriza bigakorwa mu buryo bwagenwe bw’isuku ikwiye kugira ngo ya Virus iri mu masohoro utayiha uwo mwashakanye.”

Dr. Nkeshimana avuga ko n’abakize iyi ndwara ya Marburg, basezerewe mu Bitaro, babanje guhabwa aya makuru, ndetse ko ari yo mpamvu Inzego z’Ubuzima zikomeza kubakurikirana mu gihe cy’umwaka wose, kugira ngo bakomeze gufashwa kubahiriza aya mabwiriza.

Kugeza ku wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, mu Rwanda indwara ya Marburg yari imaze gusanganwa abantu 66, barimo 15 yahitanye ndetse n’abandi 49 bakize basezerewe mu Bitaro, n’abandi babiri bakiri kuvurwa.

Dr. Nkeshimana avuga ko abantu bakize iyi ndwara, haba hakiri ibyago ko bashobora kwanduza abandi, ariko “babyitwayemo neza sinavuga ngo biroroshye, ariko ni abantu dukurikiranira hafi, muri uko kwitabwaho nyuma yo gukira Marburg.”

Uyu Muyobozi muri MINISANTE avuga ko aba bantu baba barakize Marburg, baba bameze neza, ntakibazo na gito bafite, ndetse n’abababona bakaba babona ntakibazo bafite, ariko bakaba bazi ko bagomba kwitwararika kuri ibi basabwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Next Post

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Related Posts

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.