Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

radiotv10by radiotv10
02/11/2024
in MU RWANDA
0
Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko Virus ya Marburg hari ibice by’umubiri ishobora kumaramo igihe kirenga umwaka, birimo amasohoro, ku buryo umugabo wayikize agomba kuwumara adakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Byatangajwe n’Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Abakozi bo kwa Muganga muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Nkeshimana Menelas, wavuze ko Virus ya Marburg itera indwara ya Marburg, idasanzwe nk’uko byakunze kuvugwa.

Avuga ko uretse kuba uwayanduye agaragaza ibimenyetso bikomeye birimo gucika intege cyane mu gihe iyi Virus iba iri kororoka mu mubiri, no kugira umuriro mwinshi.

Dr. Nkeshimana avuga ko nubwo umuntu ashobora kuvurwa iyi ndwara agakira, ariko “hari ibice by’umubiri bishobora gusigaramo Virus mu gihe gishobora kurenga n’umwaka, ariko ntibivuze ko muri icyo gihe umuntu arwaye, azahaye cyangwa afite umuriro, umuntu aba ameze nk’abandi bose.”

Yakomeje agira ati “Ariko Virus iri muri ibyo bice bibiri nyamukuru ikaba yatindamo igihe kirekire. Nka Virus isigara mu jisho mo imbere ubwo ni mu marira, ni virus ishobora kwandura, icyo gihe twitwararika iyo umuntu aje kwa muganga kwivuza amaso bigasaba ko bamubaga imbere mu jisho, muganga aritwararika.

Ahandi ni mu masohoro ku bagabo, nabwo aba ari aho agenda ameze neza ariko mu masohoro havamo Virus ishobora kwandura. Icyo gihe bivuga biti ibyiciro by’abo bantu turabitwararika, cyane cyane tubasaba kugira isuku mu mibonano mpuzabitsina, bagakoresha agakingirizo iyo bari kumwe n’abo bashakanye, no kujugunya agakingiriza bigakorwa mu buryo bwagenwe bw’isuku ikwiye kugira ngo ya Virus iri mu masohoro utayiha uwo mwashakanye.”

Dr. Nkeshimana avuga ko n’abakize iyi ndwara ya Marburg, basezerewe mu Bitaro, babanje guhabwa aya makuru, ndetse ko ari yo mpamvu Inzego z’Ubuzima zikomeza kubakurikirana mu gihe cy’umwaka wose, kugira ngo bakomeze gufashwa kubahiriza aya mabwiriza.

Kugeza ku wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, mu Rwanda indwara ya Marburg yari imaze gusanganwa abantu 66, barimo 15 yahitanye ndetse n’abandi 49 bakize basezerewe mu Bitaro, n’abandi babiri bakiri kuvurwa.

Dr. Nkeshimana avuga ko abantu bakize iyi ndwara, haba hakiri ibyago ko bashobora kwanduza abandi, ariko “babyitwayemo neza sinavuga ngo biroroshye, ariko ni abantu dukurikiranira hafi, muri uko kwitabwaho nyuma yo gukira Marburg.”

Uyu Muyobozi muri MINISANTE avuga ko aba bantu baba barakize Marburg, baba bameze neza, ntakibazo na gito bafite, ndetse n’abababona bakaba babona ntakibazo bafite, ariko bakaba bazi ko bagomba kwitwararika kuri ibi basabwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 12 =

Previous Post

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Next Post

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.