Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye

radiotv10by radiotv10
02/11/2024
in MU RWANDA
0
Hahishuwe ibice Virus ya Marburg ishobora kumaramo umwaka birimo igituma uwayikize atakora imibonano idakingiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima itangaza ko Virus ya Marburg hari ibice by’umubiri ishobora kumaramo igihe kirenga umwaka, birimo amasohoro, ku buryo umugabo wayikize agomba kuwumara adakora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Byatangajwe n’Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Abakozi bo kwa Muganga muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Nkeshimana Menelas, wavuze ko Virus ya Marburg itera indwara ya Marburg, idasanzwe nk’uko byakunze kuvugwa.

Avuga ko uretse kuba uwayanduye agaragaza ibimenyetso bikomeye birimo gucika intege cyane mu gihe iyi Virus iba iri kororoka mu mubiri, no kugira umuriro mwinshi.

Dr. Nkeshimana avuga ko nubwo umuntu ashobora kuvurwa iyi ndwara agakira, ariko “hari ibice by’umubiri bishobora gusigaramo Virus mu gihe gishobora kurenga n’umwaka, ariko ntibivuze ko muri icyo gihe umuntu arwaye, azahaye cyangwa afite umuriro, umuntu aba ameze nk’abandi bose.”

Yakomeje agira ati “Ariko Virus iri muri ibyo bice bibiri nyamukuru ikaba yatindamo igihe kirekire. Nka Virus isigara mu jisho mo imbere ubwo ni mu marira, ni virus ishobora kwandura, icyo gihe twitwararika iyo umuntu aje kwa muganga kwivuza amaso bigasaba ko bamubaga imbere mu jisho, muganga aritwararika.

Ahandi ni mu masohoro ku bagabo, nabwo aba ari aho agenda ameze neza ariko mu masohoro havamo Virus ishobora kwandura. Icyo gihe bivuga biti ibyiciro by’abo bantu turabitwararika, cyane cyane tubasaba kugira isuku mu mibonano mpuzabitsina, bagakoresha agakingirizo iyo bari kumwe n’abo bashakanye, no kujugunya agakingiriza bigakorwa mu buryo bwagenwe bw’isuku ikwiye kugira ngo ya Virus iri mu masohoro utayiha uwo mwashakanye.”

Dr. Nkeshimana avuga ko n’abakize iyi ndwara ya Marburg, basezerewe mu Bitaro, babanje guhabwa aya makuru, ndetse ko ari yo mpamvu Inzego z’Ubuzima zikomeza kubakurikirana mu gihe cy’umwaka wose, kugira ngo bakomeze gufashwa kubahiriza aya mabwiriza.

Kugeza ku wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, mu Rwanda indwara ya Marburg yari imaze gusanganwa abantu 66, barimo 15 yahitanye ndetse n’abandi 49 bakize basezerewe mu Bitaro, n’abandi babiri bakiri kuvurwa.

Dr. Nkeshimana avuga ko abantu bakize iyi ndwara, haba hakiri ibyago ko bashobora kwanduza abandi, ariko “babyitwayemo neza sinavuga ngo biroroshye, ariko ni abantu dukurikiranira hafi, muri uko kwitabwaho nyuma yo gukira Marburg.”

Uyu Muyobozi muri MINISANTE avuga ko aba bantu baba barakize Marburg, baba bameze neza, ntakibazo na gito bafite, ndetse n’abababona bakaba babona ntakibazo bafite, ariko bakaba bazi ko bagomba kwitwararika kuri ibi basabwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 14 =

Previous Post

Abambuwe uburenganzira bw’aho bari batuye bavuze ibyumvikano iterabwoba babwirwa n’abayobozi

Next Post

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Ukekwaho kwica umugore we amutemye yavuze icyo yamukekagaho cyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.