Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ibindi byirukanishije abayobozi bijya gusa n’iby’Abakono

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hahishuwe ibindi byirukanishije abayobozi bijya gusa n’iby’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko bimwe mu byashingiweho mu guhagarika bamwe mu Bayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru, ari imigirire yototera guhungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda, nko kuba hari ahagaragaye ko imyanya yahabwaga abakozi bishingiye ku ndorerwamo z’amoko ndetse n’amasoko manini ya Leta agahabwa abantu bamwe bafite icyo bahuriyeho.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ryo guhagarika bamwe mu bayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru.

Aba bayobozi barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru ndetse n’Abayobozi b’Uturere dutatu, bahagaritswe nyuma y’isesengura ryakozwe rikagaragaza ko batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Muri iyi Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Kinigi, ni ho habereye ibirori byiswe “Iyimikwa ry’umutware w’Abakono” byamaganiwe kure, kuko bihungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) asobanura ku iyirukanwa ry’aba bayobozi, yagarutse ku ndahiro ikorwa n’abayobozi bose, bavugamo ko bazaharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Icyo kintu ni cyo cyiza imbere y’ibindi, tukagikora kubera ko ari rimwe mu mahame remezo ari mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyacu, ndetse tuzi ko ubuzima bw’Igihugu cyacu bushingiye ku bumwe bw’Abanyarwanda.”

Akomeza avuga ko mu igenzura ryakozwe mu bice byayoborwaga n’aba bayobozi birukanywe, hagaragayemo icyuho mu ngeri zinyuranye zirimo no mu kurinda iri hame remezo.

Ati “Hari ibyuho mu miyoborere mu Turere twanyuzemo aho usanga kugeza uyu munsi abaturage benshi bagifite indorerwamo z’amoko, ndetse tuza gusanga n’uburyo abakozi bashyirwa mu myanya, na byo bishingiye muri izo ndorerwamo cyangwa se muri iyo myumvire.”

Yakomeje agira ati “Ndetse tuza gusanga bikomeza bikagera no mu buryo amasoko atangwa, aho usanga nko mu Karere kamwe, ugasanga amasoko manini hafi ya yose yihariwe n’abantu bafite icyo bahuriyeho, bafite icyo basangiye, ukibaza niba ari bo bonyine bazi gukora muri iki Gihugu cyangwa se niba ari bo bafite ubushobozi bonyine muri iki Gihugu.”

Minisitiri Musabyimana avuga ko iyi migirire igenda iha icyuho amacakubiri no kwironda, ku buryo hadafashwe ingamba kare, bishobora kuzana amacakubiri mu Banyarwanda bigeze kunyura mu bihe bikomeye byatewe na yo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 14 =

Previous Post

Urukundo ruraca ibintu hagati y’Umunyarwandakazi wahogoje benshi n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

Next Post

S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.