Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hahishuwe ibindi byirukanishije abayobozi bijya gusa n’iby’Abakono

radiotv10by radiotv10
09/08/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hahishuwe ibindi byirukanishije abayobozi bijya gusa n’iby’Abakono
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yavuze ko bimwe mu byashingiweho mu guhagarika bamwe mu Bayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru, ari imigirire yototera guhungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda, nko kuba hari ahagaragaye ko imyanya yahabwaga abakozi bishingiye ku ndorerwamo z’amoko ndetse n’amasoko manini ya Leta agahabwa abantu bamwe bafite icyo bahuriyeho.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente mu izina rya Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ryo guhagarika bamwe mu bayobozi mu Ntara y’Amajyaruguru.

Aba bayobozi barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru ndetse n’Abayobozi b’Uturere dutatu, bahagaritswe nyuma y’isesengura ryakozwe rikagaragaza ko batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Muri iyi Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Kinigi, ni ho habereye ibirori byiswe “Iyimikwa ry’umutware w’Abakono” byamaganiwe kure, kuko bihungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) asobanura ku iyirukanwa ry’aba bayobozi, yagarutse ku ndahiro ikorwa n’abayobozi bose, bavugamo ko bazaharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Icyo kintu ni cyo cyiza imbere y’ibindi, tukagikora kubera ko ari rimwe mu mahame remezo ari mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyacu, ndetse tuzi ko ubuzima bw’Igihugu cyacu bushingiye ku bumwe bw’Abanyarwanda.”

Akomeza avuga ko mu igenzura ryakozwe mu bice byayoborwaga n’aba bayobozi birukanywe, hagaragayemo icyuho mu ngeri zinyuranye zirimo no mu kurinda iri hame remezo.

Ati “Hari ibyuho mu miyoborere mu Turere twanyuzemo aho usanga kugeza uyu munsi abaturage benshi bagifite indorerwamo z’amoko, ndetse tuza gusanga n’uburyo abakozi bashyirwa mu myanya, na byo bishingiye muri izo ndorerwamo cyangwa se muri iyo myumvire.”

Yakomeje agira ati “Ndetse tuza gusanga bikomeza bikagera no mu buryo amasoko atangwa, aho usanga nko mu Karere kamwe, ugasanga amasoko manini hafi ya yose yihariwe n’abantu bafite icyo bahuriyeho, bafite icyo basangiye, ukibaza niba ari bo bonyine bazi gukora muri iki Gihugu cyangwa se niba ari bo bafite ubushobozi bonyine muri iki Gihugu.”

Minisitiri Musabyimana avuga ko iyi migirire igenda iha icyuho amacakubiri no kwironda, ku buryo hadafashwe ingamba kare, bishobora kuzana amacakubiri mu Banyarwanda bigeze kunyura mu bihe bikomeye byatewe na yo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 11 =

Previous Post

Urukundo ruraca ibintu hagati y’Umunyarwandakazi wahogoje benshi n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

Next Post

S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

S.Africa: Hadutse imyigaragambyo idasanzwe yanasize agahinda kuri bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.