Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hahishuwe umugambi mubisha wa Perezida Tshisekedi na Ndayishimiye w’u Burundi

radiotv10by radiotv10
23/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe icyagenzaga Tshisekedi i Burundi n’ibyo yaganiriyeho na Ndayishimiye wamwakiranye urugwiro
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko ubutegetsi bwa Congo n’ubw’u Burundi, buyobowe na Perezida Félix Tshisekedi na Evariste Ndayishimiye, bufite umugambi mubisha wo kurimbura bumwe mu bwoko bw’Abanyekongo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’umutwe wa M23 mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu Gatatu tariki 22 Mutarama 2025, rivuga ko mu gushyira mu bikorwa uyu mugambi mubisha wa Tshisekedi na Ndayishimiye, ubutegetsi bwabo bwihuje mu bikorwa bya gisirikare bigizwe na FARDC, igisirikare cy’u Burundi, umutwe wa Wazalendo, abacancuro b’Abanyaburayi, ndetse n’umutwe wa FDLR.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23/AFC, Lawrence Kanyuka rigira riti “Iri huriro rikomeje kugira uruhare mu bikorwa by’ubwicanyi bihitana inzirakarengane z’abasivile bazizwa uko baremwe n’uko basa nk’ubwoko bw’Abatutsi b’Abanyekongo, kwangiza imitungo yabo no gusahura amatungo yabo mu Ntara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo. Ibi bikorwa by’ubwicanyi bigikomeje, binaherekezwa n’ibikorwa by’ubunyamaswa byo kurya abantu.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko ibi bikorwa byose “Bishimangira imiyoborere mibi kandi y’igitugu byamunze ubutegetsi bwa Kinshasa, bumaze imyaka itandatu buyobora Igihugu, bukaba budashobora gufata mu nshingano ibibazo byugarije Umuryango mugari wacu.”

Umutwe wa M23 waboneyeho kumenyesha ingabo z’Imiryango mpuzamahanga nk’iza SADC (SAMIDRC) n’iz’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ko zitabashije kwitandukanya n’ibi bikorwa.

Uti “Ku bw’iyo mpamvu AFC/M23 ifite uburenganzira bwo kwirwanaho igihe cyose yashotorwa. Nanone kandi irasaba kwitandukanya n’uku kwihuza kugamije umugambi mubi.”

Nanone kandi uyu mutwe wavuze ko witeguye kurinda no kurwana ku baturage b’abasivile bari mu bice ugenzura, ubwira Abanyekongo bose by’umwihariko abagizweho ingaruka n’ibi bikorwa, ko nta bandi babyihishe inyuma uretse Perezida Félix Tshisekedi wa DRC ndetse na Évariste Ndayishimiye w’u Burundi.

M23 yaboneyeho gusaba Abanyekongo gufasha uyu mutwe mu bikorwa byo kubohoza iki Gihugu gikomeje kuyogozwa n’ibikorwa bibi by’ubutegetsi buriho muri Congo bufatanyije n’ubw’u Burundi.

Uyu mutwe wanashimiye kandi bamwe mu basirikare bateye umugongo FARDC n’abarwanyi bitandukanyije n’imitwe nka Mai-Mai na Wazalendo, bakajya guhuza imbaraga n’uyu mutwe ugamije kurandura ibi bibazo, unahamagarira n’abandi kuyoboka iyi nzira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku munyamakuru wo mu Rwanda wari watawe muri yombi

Next Post

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

Rusizi: Umuhanda ukoreshwa cyane uhuza u Rwanda, u Burundi na Congo ubu nturi nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.