Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda ishami ryayo rya Mobile Money Rwanda Ltd ku bufatanye na Banki ya NCBA, bazanye ubukanguramba bwiswe ‘TubiriMo’ bwo gushishikariza abantu kwizigamira bakoresheje MoKash, aho hateganyijwe ibihemo, birimo igihembo nyamukuru cya miliyoni 5 Frw.

Ni ubukungurambaga bugamije gukomeza kuzamura umuco wo kwizigamira no kubikuza ndetse no kwaka inguzanyo, hagamijwe kwiteza imbere, nk’imwe mu ntego ya MoKash.

Muri ubu bukangurambaga bwiswe ‘TubiriMo’, hateganyijwemo ibihembo bya buri cyumweru ndetse n’ibya buri kwezi, bizagera ku bakiliya 25.

Muri aba bakiliya 25 bazahabwa ibihembo, hari cumi na batanu (15) basanzwe bakoresha MoKash mu buryo bwo kubitsa no kwiguriza, ndetse n’abandi 10 bazaba ari bashya muri iyi gahunda bazagaragaza uburyo bwo kubitsa ku gipimo cyo hejuru.

Igihembo nyamukuru kizatangwa ku kwezi kwa mbere ku mukiliya uzaba yarakoresheje serivisi zo kubitsa no kwiguriza ku gipimo cyo hejuru, azahembwa miliyoni eshatu (3 000 000 Frw) mu gihe ubwo hazaba hasozwa ubu bukangurambaga, umukiliya uzaba yarakoreshe izi serivisi kurusha abandi, azahabwa igihembo nyamukuru cya miliyoni eshanu (5 000 000 Frw).

Ubu kwinjira muri gahunda ya MoKash bagendeye kuri ubu bukangurambaga, bakanda *182*13# ubundi bagakurikiza amabwiriza, naho abasanzwe bakoresha Mobile Money bo bakanga *182*5#.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame, yavuze ko bishimiye gutangiza ubu bukangurambaga bwa ‘TubiriMo’ no kuzaha ibihembo abakiliya bazaba barakoresheje MoKash cyane.

Ati “Tubirimo ni intego yo kugaragaza ko bishoboka. Yaba ari ubucuruzi ushaka gutangiza, cyangwa wifuza kugura ikibanza, ushobora kubigeraho ubitsa ukanabikuza hamwe na MoKash.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri ubu bukangurambaga bugamije gushimangira intego yacu yo guha ubushobozi abakiliya bacu bakabasha kubona inguzanyo ihendutse, ndetse no kuzana ibisubizo byo kubitsa kugira ngo bagere ku ntego zabo.”

Abazatsinda yaba ari aba buri cyumweru ndetse no ku kwezi, bazajya bahamagarwa na Sosiyete ya MoMo Rwanda kuri nimero ya 0784000000.

Umuyobozi Mukuru wa NCBA Bank Rwanda Lina M. Higiro, yavuze ko iyi Banki na yo yishimiye kugira uruhare muri ubu bukangurambaga bwa ‘TubiriMo’, bugamije gukomeza gufasha abaturage kwiteza imbere babasha kubona ubushobozi bwo kuba babona ibyo bakora.

Ati “Hamwe na TubiriMo, tuzafungurira amahirwe abakiliya bacu azatuma bakabya inzozi zabo. Muze tubane muri uru rugendo rwo kuzamura ubukungu binyuze mu nguzanyo zihendutse ndetse no guhanga udushya muri gahunda yo kwizigamira.”

MoKash isanzwe ari uburyo bukora nka Banki bwa MTN Mobile Money bwaje guha ibisubizo abakiliya ba Mobile Money kugira ngo bajye babona inguzanyo y’amafaranga bifuza mu gihe bayakeneye byihuse, aho uko umuntu agenda arushaho kubitsa, ari na ko inguzanyo yemererwa yiyongera.

MTN Mobile Money izanye ibindi byishimo mu Baturarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

Next Post

Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.