Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda ishami ryayo rya Mobile Money Rwanda Ltd ku bufatanye na Banki ya NCBA, bazanye ubukanguramba bwiswe ‘TubiriMo’ bwo gushishikariza abantu kwizigamira bakoresheje MoKash, aho hateganyijwe ibihemo, birimo igihembo nyamukuru cya miliyoni 5 Frw.

Ni ubukungurambaga bugamije gukomeza kuzamura umuco wo kwizigamira no kubikuza ndetse no kwaka inguzanyo, hagamijwe kwiteza imbere, nk’imwe mu ntego ya MoKash.

Muri ubu bukangurambaga bwiswe ‘TubiriMo’, hateganyijwemo ibihembo bya buri cyumweru ndetse n’ibya buri kwezi, bizagera ku bakiliya 25.

Muri aba bakiliya 25 bazahabwa ibihembo, hari cumi na batanu (15) basanzwe bakoresha MoKash mu buryo bwo kubitsa no kwiguriza, ndetse n’abandi 10 bazaba ari bashya muri iyi gahunda bazagaragaza uburyo bwo kubitsa ku gipimo cyo hejuru.

Igihembo nyamukuru kizatangwa ku kwezi kwa mbere ku mukiliya uzaba yarakoresheje serivisi zo kubitsa no kwiguriza ku gipimo cyo hejuru, azahembwa miliyoni eshatu (3 000 000 Frw) mu gihe ubwo hazaba hasozwa ubu bukangurambaga, umukiliya uzaba yarakoreshe izi serivisi kurusha abandi, azahabwa igihembo nyamukuru cya miliyoni eshanu (5 000 000 Frw).

Ubu kwinjira muri gahunda ya MoKash bagendeye kuri ubu bukangurambaga, bakanda *182*13# ubundi bagakurikiza amabwiriza, naho abasanzwe bakoresha Mobile Money bo bakanga *182*5#.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame, yavuze ko bishimiye gutangiza ubu bukangurambaga bwa ‘TubiriMo’ no kuzaha ibihembo abakiliya bazaba barakoresheje MoKash cyane.

Ati “Tubirimo ni intego yo kugaragaza ko bishoboka. Yaba ari ubucuruzi ushaka gutangiza, cyangwa wifuza kugura ikibanza, ushobora kubigeraho ubitsa ukanabikuza hamwe na MoKash.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri ubu bukangurambaga bugamije gushimangira intego yacu yo guha ubushobozi abakiliya bacu bakabasha kubona inguzanyo ihendutse, ndetse no kuzana ibisubizo byo kubitsa kugira ngo bagere ku ntego zabo.”

Abazatsinda yaba ari aba buri cyumweru ndetse no ku kwezi, bazajya bahamagarwa na Sosiyete ya MoMo Rwanda kuri nimero ya 0784000000.

Umuyobozi Mukuru wa NCBA Bank Rwanda Lina M. Higiro, yavuze ko iyi Banki na yo yishimiye kugira uruhare muri ubu bukangurambaga bwa ‘TubiriMo’, bugamije gukomeza gufasha abaturage kwiteza imbere babasha kubona ubushobozi bwo kuba babona ibyo bakora.

Ati “Hamwe na TubiriMo, tuzafungurira amahirwe abakiliya bacu azatuma bakabya inzozi zabo. Muze tubane muri uru rugendo rwo kuzamura ubukungu binyuze mu nguzanyo zihendutse ndetse no guhanga udushya muri gahunda yo kwizigamira.”

MoKash isanzwe ari uburyo bukora nka Banki bwa MTN Mobile Money bwaje guha ibisubizo abakiliya ba Mobile Money kugira ngo bajye babona inguzanyo y’amafaranga bifuza mu gihe bayakeneye byihuse, aho uko umuntu agenda arushaho kubitsa, ari na ko inguzanyo yemererwa yiyongera.

MTN Mobile Money izanye ibindi byishimo mu Baturarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 7 =

Previous Post

Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

Next Post

Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Related Posts

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

I Gishari mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi y’u Rwanda, hasojwe icyiciro cya 21 cy’amahugurwa y’abapolisi bato 1 905, barimo 337...

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi Umuhuzabikorwa w'Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Bahame Hassan ukurikiranyweho ibyaha birimo gukora ishimishamubiri rishingiye...

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.