Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw

radiotv10by radiotv10
29/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Haje ibindi bihembo by’amafaranga bizegukanwa n’abakoresha MobileMoney birimo icya 5.000.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’ikoranabuhanga ya MTN Rwanda ishami ryayo rya Mobile Money Rwanda Ltd ku bufatanye na Banki ya NCBA, bazanye ubukanguramba bwiswe ‘TubiriMo’ bwo gushishikariza abantu kwizigamira bakoresheje MoKash, aho hateganyijwe ibihemo, birimo igihembo nyamukuru cya miliyoni 5 Frw.

Ni ubukungurambaga bugamije gukomeza kuzamura umuco wo kwizigamira no kubikuza ndetse no kwaka inguzanyo, hagamijwe kwiteza imbere, nk’imwe mu ntego ya MoKash.

Muri ubu bukangurambaga bwiswe ‘TubiriMo’, hateganyijwemo ibihembo bya buri cyumweru ndetse n’ibya buri kwezi, bizagera ku bakiliya 25.

Muri aba bakiliya 25 bazahabwa ibihembo, hari cumi na batanu (15) basanzwe bakoresha MoKash mu buryo bwo kubitsa no kwiguriza, ndetse n’abandi 10 bazaba ari bashya muri iyi gahunda bazagaragaza uburyo bwo kubitsa ku gipimo cyo hejuru.

Igihembo nyamukuru kizatangwa ku kwezi kwa mbere ku mukiliya uzaba yarakoresheje serivisi zo kubitsa no kwiguriza ku gipimo cyo hejuru, azahembwa miliyoni eshatu (3 000 000 Frw) mu gihe ubwo hazaba hasozwa ubu bukangurambaga, umukiliya uzaba yarakoreshe izi serivisi kurusha abandi, azahabwa igihembo nyamukuru cya miliyoni eshanu (5 000 000 Frw).

Ubu kwinjira muri gahunda ya MoKash bagendeye kuri ubu bukangurambaga, bakanda *182*13# ubundi bagakurikiza amabwiriza, naho abasanzwe bakoresha Mobile Money bo bakanga *182*5#.

Umuyobozi Mukuru wa Mobile Money Rwanda Limited, Chantal Kagame, yavuze ko bishimiye gutangiza ubu bukangurambaga bwa ‘TubiriMo’ no kuzaha ibihembo abakiliya bazaba barakoresheje MoKash cyane.

Ati “Tubirimo ni intego yo kugaragaza ko bishoboka. Yaba ari ubucuruzi ushaka gutangiza, cyangwa wifuza kugura ikibanza, ushobora kubigeraho ubitsa ukanabikuza hamwe na MoKash.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri ubu bukangurambaga bugamije gushimangira intego yacu yo guha ubushobozi abakiliya bacu bakabasha kubona inguzanyo ihendutse, ndetse no kuzana ibisubizo byo kubitsa kugira ngo bagere ku ntego zabo.”

Abazatsinda yaba ari aba buri cyumweru ndetse no ku kwezi, bazajya bahamagarwa na Sosiyete ya MoMo Rwanda kuri nimero ya 0784000000.

Umuyobozi Mukuru wa NCBA Bank Rwanda Lina M. Higiro, yavuze ko iyi Banki na yo yishimiye kugira uruhare muri ubu bukangurambaga bwa ‘TubiriMo’, bugamije gukomeza gufasha abaturage kwiteza imbere babasha kubona ubushobozi bwo kuba babona ibyo bakora.

Ati “Hamwe na TubiriMo, tuzafungurira amahirwe abakiliya bacu azatuma bakabya inzozi zabo. Muze tubane muri uru rugendo rwo kuzamura ubukungu binyuze mu nguzanyo zihendutse ndetse no guhanga udushya muri gahunda yo kwizigamira.”

MoKash isanzwe ari uburyo bukora nka Banki bwa MTN Mobile Money bwaje guha ibisubizo abakiliya ba Mobile Money kugira ngo bajye babona inguzanyo y’amafaranga bifuza mu gihe bayakeneye byihuse, aho uko umuntu agenda arushaho kubitsa, ari na ko inguzanyo yemererwa yiyongera.

MTN Mobile Money izanye ibindi byishimo mu Baturarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Ku nshuro ya 21 APR yegukanye Shampiyona iyikuye mu menyo ya Kiyovu na Rayon

Next Post

Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Mu Birunga hari agahinda ku bw’Ingagi yari ikuze kurusha izindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.