• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

radiotv10by radiotv10
29/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge Bomusa wavuze ko ngo ‘gushaka umugore w’Umututsikazi muri iki gihe bisaba kwitonda’.

Ni imvugo zatangajwe n’uyu Muvugizi w’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Gatandatu ubwo yari ku Gitangazamakuru cy’Igihugu RTNC (Radio Télévision Nationale Congolaise).

Uyu musirikare wakoresheje imvugo yumvikanamo ingengabitekerezo mbi, yagize ati “Muri iki gihe gushakana n’umugore w’Umututsikazi, ugomba kwitonda, ugomba kwitonda. Kuko ni byo bakoreye aba shefi b’uduce tunyuranye ahantu henshi. Bazaguha umugore ariko uzakira uwo mu muryango we yaba umwisengeneza cyangwa mubyara we aze iwawe, akubwire ko ari mubyara we ariko mu byukuri atari mwisengeneza we cyangwa mubyara we ahubwo ari umuntu uje kuzabyarana n’umugore wawe mu rugo rwawe.”

Muri iri jambo rutwitsi, Maj Gen Sylvain Ekenge Bomusa akomeza avuga ko ngo umugore w’Umututsikazi azakora ibi, ubundi ngo akubwire ko Abatutsi biganza cyane.

Ati “Ubundi bakubwire ngo ‘abana bavutse ari Abatutsi, ni Abatutsi, kuko ubwoko bw’Abatutsi bwiganza’, ariko ari ikinyoma cy’ubucakura.”

Ni amagambo akomeje kwamaganirwa kure n’abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, wavuze ko bibabaje mu gihe nk’iki cy’Iminshi mikuru irimo Noheli “ubundi cyagombaga kuba icy’amahoro, ariko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kuyoboka inzira inyuranye n’ayo bwimakaza amacakubiri ya Jenoside.”

Nduhungirehe wagarutse ku bikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Congo birimo kuba bukorana n’Umutwe w’Abajenosideri wa FDLR, kurasa ibisasu ku Banyekongo b’Abatutsi barimo Abanyamulenge, ndetse n’abandi basaba ku mugaragaro ko “inyenzi z’Abatutsi” zirimburwa, yavuze ko ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa FARDC ari agahomamunwa.

Ati “Noneho Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo FARDC, yemeje kuri Televiziyo y’Igihugu itegeko rya mbere mu mategeko icumi y’Abahutu ryatangajwe mu kinyamakuru Kangura cy’abahezanguni bazwi cyane mu Rwanda.”

Aya mategeko yasohowe na Gitera Joseph mu 1959, irya mbere ryashishikarizaga Abahutu kutizera Abatutsi, aho aya mategeko ari mu byabibye bikanenyegeza urwango Abahutu bagiriye Abatutsi kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Nduhungirehe yavuze ko “Uyu mujenerali w’Umunyekongo ntagarukira aho ahubwo asubiramo inyigisho z’ubukoloni zabaye intandaro y’amacakubiri y’ubwoko’ zikanageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ukuvuga inyigisho z’uko Abatutsi ari abantu ‘b’Aba-nilotiques’ (Abantu bakomoka mu kibaya cya Nil) bigaruriye u Rwanda bagategeka Abahutu, ndetse bakigarurira ‘ururimi rwabo rwa Bantu’, Ikinyarwanda.”

Uretse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, abandi bantu banyuranye bakomeje kwamagana iriya mvugo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wa FARDC, aho nka Guverineri Wungirije wa Kivu ya Ruguru, Manzi Willy, yavuze ko bibabaje kuba umuntu nk’uriya asaba Abanyekongo kudashakana n’Abatutsikazi. Ati “Ibi bintu bifite ingaruka ikomeye cyane.”

Manzi Willy wifashishije amateka yo muri Afurika y’Epfo aho higeze kubaho itegeko ryabuzaga abantu gushaka abantu bo mu bwoko runaka, ariko bikaba byaragiza ingaruka zikomeye, yavuze ko ubutumwa nka buriya butashyizwe mu itegeko ariko bibabaje kuba bwatambutse ku gitangazamakuru cy’Igihugu kandi bukavugwa n’Umuvugizi w’Igisirikare mu izina ryacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Next Post

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.