Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyakanye amakuru mashya ku irushanwa rya Miss Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Irushanwa rya Miss Rwanda ryari ryabaye rihagaritswe na Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco kuri uyu wa Mbere, ubu ryamaze kwamburwa Rwanda Inspiration Backup yariteguraga, risubizwa Minisiteri.

Aya makuru yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gicurasi 2022 nyuma y’amasaha macye Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco itangaje ko ibaye ihagaritse iri rushanwa rya Miss Rwanda kubera iperereza riri gukorwa ku muyobozi wa Rwanda Inspiration Backup, Ishimwe Dieudonne.

Amakuru mashya kuri iri rushanwa, avuga ko iri rushanwa rya Miss Rwanda ryambuwe iyi kompanyi yariteguraga rikaba ryasubijwe mu maboko ya Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.

Uwahaye amakuru RADIOTV10 mu ishami ry’Imyidagaduro, yavuze ko iri rushanwa rya Miss Rwanda rizasubira mu maboko ya Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ricungwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco isanzwe igengwa n’iyi Minisiteri.

Irushanwa rya Miss Rwanda rimaze iminsi rivugwamo ibibazo byatangiye kujya hanze kuva ubwo umuyobozi rwa Rwanda Inspiration Backup, Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid yatabwa muri yombi akurikiranyweho gukorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina bamwe mu baryitabiriye.

Uyu Prince Kid uzwi cyane muri iri rushanwa, akekwaho kuba yarakaga ruswa bamwe mu bakobwa baryitabiriye abizeza kuzegukana amakamba.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kandi aherutse kugaruka kuri uyu mushoramari, avuga ko bitumvikana uburyo yahanga umushinga w’amarushanwa y’ubwiza agamije gucuruza abakobwa ariko akabikora abanje kugira ibyo abakoresha [kubasambanya].

Iradukunda Elsa wegukanye ikamba ry’iri rushanwa rya 2017, na we ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukoresha inyandiko mpimbano no kubangamira iperereza riri gukorwa kuri Prince Kid.

Iyi nyandiko ikekwa ko yanditswe na Miss Elsa, igaragaza nk’ihanaguraho icyaha uyu Prince Kid kuko yagaragaza ko ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina akekwaho atigeze abikora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Urwego rwa Leta rwinjiye mu irushanwa rya Mr Rwanda rihita rigira impinduka

Next Post

Huye: Ukurikiranyweho gusambanya umwana avuga ko yabitewe n’amadayimoni na Primus 2

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Huye: Ukurikiranyweho gusambanya umwana avuga ko yabitewe n’amadayimoni na Primus 2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.