• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hamenyekanya impamvu umuhanzi ugezweho mu Rwanda Kenny Sol ubu ari kubarizwa muri Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kenny Sol agiye kuzuza icyumweru ari kubarizwa muri Canada, ndetse amakuru ava mu baziranye na we akaba yemeza ko mu byamujyanye harimo n’ibikorwa bye bya muzika.

Kenny Sol udaheruka gushyira hanze igihangano gishya, dore ko indirimbo ye iheruka ari ‘Déjà vu’ imaze amezi atatu igiye hanze, ubu ari kubarizwa muri Canada.

Amakuru avuga ko uyu muhanzi yagiye muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa America y’Amajyaruguru tariki 18 Nzeri 2025.

Uzi amakuru y’uyu muhanzi, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyitwa Igihe dukesha aya makuru, yavuze ko Kenny Sol “uretse kwitabira ibirori by’isabukuru y’umuvandimwe we uhatuye, aranateganya kuhafatira amashusho y’indirimbo ye nshya ateganya gusohora mu minsi iri imbere.”

Kenny Sol kandi aherutse kugaragara ari mu birori by’isabukuru y’amavuko y’umuvandimwe we uba muri Canada, aho nyuma y’ibyo birori, bivugwa ko yahise akomeza imishinga ye ya muzika yo gufata amashusho y’iyo ndirimbo nk’uko byemejwe n’uyu uzi amakuru y’uyu muhanzi.

Si ubwa mbere cyangwa ubwa kabiri Kenny Sol agiye muri Canada, dore yagiyeyo bwa mbere muri Nzeri 2023 ubwo yanataramiraga abitabiriye Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Abanyarwanda ryabereye mu Mujyi wa Ottawa, akaza gusubirayo mu mpera za 2024, aho yari anafite ibitaramo muri uwo mwaka yakoreye mu mijyi ya Ottawa na Montreal.

Amakuru avuga ko kuri iyi nshuro Kenny Sol atazatinda muri Canada, ahubwo ko nyuma yo gufata amashusho y’indirimbo ye nshya, azagaruka mu Rwanda.

Kenny Sol

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Fast Fashion vs. Made in Rwanda: Where Should We Invest?

Next Post

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Mu marira y’ibyishimo no kwibuka amateka yanyuze, Dembelé yavuze kuri Ballon d’Or yegukanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.