Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye abazasifura umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye abazasifura umukino w’ishiraniro utegerejwe na benshi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino w’ishiraniro muri Shampiyona y’umupira w’Amaguru mu Rwanda, uzahuza amakipe y’amacyeba y’ibihe byose; APR FC na Rayon Sports utegerejwe n’abakunzi benshi ba ruhago, wahawe kuzasifurwa n’abasifuzi mpuzamahanga.

Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Werurwe 2024 kuri Sitade ya Kigali, Pele Stadium i Nyamirambo, utegerejwe na benshi dore ko usanzwe ari imbonekarimwe, kubera ihangana risanzwe rizwi hagati y’aya makipe.

Nyuma y’uko hatangajwe ibiciro by’amatike yo kwinjira muri uyu mukino, aho itike ya macye izaba ari ibihumbi bitanu mu gihe iya mbenshi ari ibihumbi 50 Frw, ubu hanatangajwe abasifuzi bazawuyobora.

Umusifuzi mpuzamahanga Ishimwe Claude, azaba ari we uyoboye uyu mukino nk’umusifuzi wo hagati, mu gihe Ishimwe Didier ari we musifuzi wa mbere wo ku ruhande, na Ndayisaba Saidi uzaba ari umusifuzi wa kabiri wo ku ruhande.

Muri uyu mukino w’amateka, umusifuzi wa kane yagizwe Twagirumukiza Abdulkarim, aho aba basifuzi bose uko ari bane, basanzwe ari mpuzamahanga ku rutonde rw’abasifuzi ba FIFA.

Aya makipe agiye gukina akurikirana ku rutonde rwa Shampiyona dore ko APR FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 55, ikaba irusha mucyeba wayo Rayon Sports amanota 10 kuko yo ifite 45.

APR FC ikomeje kugaragaza ko ari umukandida wizewe ku gikombe cya Shampiyona, kuri uyu wa Kabiri yatsinze umukino w’ikirarane yahuyemo na Etoile de L’Est ku ntsinzi y’ igitego 1-0.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − five =

Previous Post

Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Next Post

Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe

Goma: Menya icyakongeje umujinya mu bahunze intambara wanatumye batwika inyeshyamba imwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.