Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/10/2024
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye ahaturutse icyorezo cya Marburg cyujuje ukwezi kigaragaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ibyavuye mu gushakisha inkomoko ya Virusi ya Marburg yujuje ukwezi igaragaye mu Rwanda, bigaragaza ko yavuye mu nyamaswa z’agacurama.

Tariki 27 Nzeri 2024 ni bwo mu Rwanda hatangajwe ko hagaragaye indwara ya Marburg yibasiye abiganjemo abakora mu rwego rw’ubuvuzi.

Kugeza tariki 27 Ukwakira 2024, ukwezi kuruzuye iyi ndwara itangajwe mu Rwanda, aho kugeza ubu imaze guhitana ubuzima bw’abantu 15 muri 65 basanganywe ubwandu bwayo, ndetse ubu abakiri kuvurwa bakaba ari batatu (3), mu gihe abakize ari 47.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko muri iki gihe cyose, inzego z’ubuzima zakomeje gushakisha inkomoko y’iyi virusi.

Ati “Akazi ko gushakisha ahaturutse iki cyorezo karakomeje, ndetse twaje no kumenya ko iyi Virusi yavuye mu nyamaswa byumwihariko hari uducurama dukunda kurya imbuto tuzwi nka ‘Fruit Bat’ akaba ari ho iyi virus yaturutse ijya ku murwayi wa mbere.”

Dr. Sabin avuga ko aya makuru yafashije inzego z’ubuzima ku buryo mu bihe biri imbere hazajya hamenyekana inkomoko y’ibyorezo nk’ibi hakiri kare kugira ngo inzego zibashe kubirwanya.

Ati “Ni amakuru meza rero kumenya aho ikibazo kiba cyaturutse, ariko nanone dukomeza gufasha abagaragaweho uburwayi n’undi wese waba ataramenyekana tukabasha kumugeraho.”

Avuga ko nubwo iyi virusi yaturutse mu ducurama, kuyirwanya bitakorwa abantu bagiye kurwanya izi nyamaswa, ahubwo ko ari byo byateza ibyago.

Ati “kuko utu ducarama ubundi tuba ahantu mu buvumo ntabwo dukunda kuba ahantu hari abantu, dukunda kwihisha, igihe rero abantu ahubwo badusanze aho turi, ni ho hashobora kuvamo uburwayi kuko hari igihe tuba dusohora amatembabuzi, umwanda utandukanye ushobora kubamo izo virusi haba Marburg n’izindi, ari na cyo cyabaye muri iki cyorezo turi kubabwira.”

Avuga kandi ko utu ducurama uretse kuba dushobora guteza ibyago byo kuzanira abantu izi virusi, dusanzwe tunagira umumaro nko mu buhinzi byumwihariko mu kubangurira ibihingwa, aho tugira uruhare rwa 40% mu Bihugu bitandukanye ku Isi.

Ati “Umuti ni ukwirinda kwegerana na two cyangwa se ibyo duta cyangwa biva muri two, abantu babikoraho cyangwa babyegera.”

Minisitiri w’Ubuzima, avuga ko ingamba zashyizwe mu kurwanya iki cyorezo ziri gutanga umusaruro ushimishije, kuko n’abarwayi batatu basigaye, hari icyizere ko bazakira vuba, ndetse hakanakomeza ibikorwa byo gushaka abahuye n’abarwaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Burundi: Umupolisi yakoreye amarorerwa mu kabari yiciramo batatu ku mpamvu anengerwa

Next Post

Nyuma y’igitero cya Israel cyahitanye abarenga 40 hahise hatangwa icyifuzo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’igitero cya Israel cyahitanye abarenga 40 hahise hatangwa icyifuzo

Nyuma y’igitero cya Israel cyahitanye abarenga 40 hahise hatangwa icyifuzo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.