Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye aho Rusesabagina yahise yerecyeza akiva muri Gereza
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina wamaze gusohoka muri Gereza nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Paul Kagame, yahise ajya ahatuye uhagarariye Igihugu cya Qatar mu Rwanda, ajyayo aherekejwe n’abayobozi bakuru muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda.

Izi mbabazi Perezida Paul Kagame yahaye Paul Rusesabagina na bagenzi be 19 barimo Nsabimana Callixte Sankara, zamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023.

Ni imbabazi kandi zikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu iyobowe na Perezida Paul Kagame.

Amakuru yizewe, avuga ko Paul Rusesabagina mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu ahagana saa yine yahise arekurwa, akava muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere.

Ubwo yarekurwaga, yahise aherekezwa n’abayobozi bo muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America mu Rwanda, ahita ajya mu rugo rwa Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda ruri mu Mujyi wa Kigali.

Biteganyijwe ko Rusesabagina azahita yerecyeza i Doha muri Qatari, aho azasanganirwa n’umuryango we uzahita umwerecyeza iwe muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Igihugu cya Qatar cyagize uruhare rukomeye mu biganiro byatumye uyu mugabo wahamijwe ibyaha by’iterabwoba ahabwa imbabazi.

Perezida Paul Kagame wahaye imbabazi Paul Rusesabagina, muri iki cyumweru yanagiriye uruzinduko muri Qatar, aho yanahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga w’iki Gihugu, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bakagirana ibiganiro.

Leta Zunze Ubumwe za America zakunze gusaba ko Paul Rusesabagina arekurwa, zagaragaje ko zishimiye izi mbabazi yahawe na Perezida w’u Rwanda.

Umwe mu Bashingamategeko ba Leta Zunze Ubumwe za America, Jim Risch unayoboye Komisiyo ishinzwe ibyerecyeye ububanyi n’amahanga, yashyize hanze itangazo, avuga ko yishimiye iyi nkuru nziza y’ifungurwa rya Rusesabagina.

Senateri Jim Risch kandi yavuze ko Guverinoma zombi; iy’u Rwanda n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagiranye ibiganiro byanavuyemo izi mbabazi zahawe Paul Rusesabagina.

Paul Rusesabagina arekuwe we na Sankara, barandikiye Perezida Paul Kagame bamusaba imbabazi, aho amabaruwa yabo, yanagaragaye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubutabera kuri uyu wa Gatanu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Habaye impinduka mu buyobozi bukuru zasize Minisitiri w’Urubyiruko asimbujwe

Next Post

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.