Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu kiyaga cya Mugesera habonetse igice cy’umurambo w’umugore wo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, bikekwa ko yishwe n’umugabo we, akamucamo ibice bibiri, amakuru aravuga ko ikindi gice cyabonetse aho cyari cyarashyizwe mu mufuka.

Hashize ibyumweru bibiri Ikitegetse Angellinge wo Mudugudu wa Nyamabuye, yitabye Imana, bigakekwa ko yishwe n’umugabo we.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse mu byiciro bibiri, kuko yari yakaswemo ibice, aho kimwe cyabanje kuboneka mu kiyaga cya Mugesera.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, habonetse ikindi gice cy’umubiri wa nyakwigendera, na cyo gishyingurwa ukwacyo.

Bihirabake Etienne musaza wa nyakwigendera, yabwiye RADIOTV10 ko ikindi gice cyaje kuboneka aho bari bagishyize mu mufuka.

Yagize ati “Twasanze bari bagishyize mu mufuka ari wo kirimo impande y’igifunzo ahantu mu marebe.”

Avuga ko iki gice cyabonetse ubwo abana barimo bahira ubwatsi bw’amatungo, bakaza kugwa ku mufuka cyari cyarashyizwemo, bagahita babimenyesha abaturage.

Bihirabake avuga ko n’umuryango wa nyakwigendera bifuza ko inzego z’ubutabera zikora akazi kazo, ku buryo abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi, babiryozwa.

Ati “Nka mushiki wanjye icyo nifuza, ni uko bariya bantu babigizemo uruhare uhereye ku mugabo we bazanwa bakaburanushirizwa mu ruhame mu Murenge wa Mugesera.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko uwahise akekwa kwica nyakwigendera, ari umugabo we bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane.

Dr Murangira waboneyeho guha ubutumwa abafitanye ibibazo, bumva ko babikemuza ibindi, yagize ati “Ntabwo kwihorera cyangwa gushaka kwica ari wo muti. Wamwica, icyo wamukorera icyo ari cyo cyose nawe uba uzafatwa ugahanwa.”

Yakomeje agira ati “Abantu birinde amakimbirane, ababona ko amakimbirane yababanye menshi badashobora kuyikemurira begere inzego zibafashe.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi akomeje gukorera ibitangaza ikipe ye

Next Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

The Power of youth in Umuganda: Building communities and shaping the future

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuganda is one of Rwanda’s strongest traditions. It brings people together every last Saturday of the month to clean, build,...

IZIHERUKA

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe
IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

28/11/2025
Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Hatangajwe ibihano byafatiwe umukinnyi w’Umurundi wigaragaje mu mukino wakurikiwe n’ubushyamirane mu Rwanda n’icyo yahaniwe

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.