Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu kiyaga cya Mugesera habonetse igice cy’umurambo w’umugore wo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, bikekwa ko yishwe n’umugabo we, akamucamo ibice bibiri, amakuru aravuga ko ikindi gice cyabonetse aho cyari cyarashyizwe mu mufuka.

Hashize ibyumweru bibiri Ikitegetse Angellinge wo Mudugudu wa Nyamabuye, yitabye Imana, bigakekwa ko yishwe n’umugabo we.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse mu byiciro bibiri, kuko yari yakaswemo ibice, aho kimwe cyabanje kuboneka mu kiyaga cya Mugesera.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, habonetse ikindi gice cy’umubiri wa nyakwigendera, na cyo gishyingurwa ukwacyo.

Bihirabake Etienne musaza wa nyakwigendera, yabwiye RADIOTV10 ko ikindi gice cyaje kuboneka aho bari bagishyize mu mufuka.

Yagize ati “Twasanze bari bagishyize mu mufuka ari wo kirimo impande y’igifunzo ahantu mu marebe.”

Avuga ko iki gice cyabonetse ubwo abana barimo bahira ubwatsi bw’amatungo, bakaza kugwa ku mufuka cyari cyarashyizwemo, bagahita babimenyesha abaturage.

Bihirabake avuga ko n’umuryango wa nyakwigendera bifuza ko inzego z’ubutabera zikora akazi kazo, ku buryo abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi, babiryozwa.

Ati “Nka mushiki wanjye icyo nifuza, ni uko bariya bantu babigizemo uruhare uhereye ku mugabo we bazanwa bakaburanushirizwa mu ruhame mu Murenge wa Mugesera.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko uwahise akekwa kwica nyakwigendera, ari umugabo we bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane.

Dr Murangira waboneyeho guha ubutumwa abafitanye ibibazo, bumva ko babikemuza ibindi, yagize ati “Ntabwo kwihorera cyangwa gushaka kwica ari wo muti. Wamwica, icyo wamukorera icyo ari cyo cyose nawe uba uzafatwa ugahanwa.”

Yakomeje agira ati “Abantu birinde amakimbirane, ababona ko amakimbirane yababanye menshi badashobora kuyikemurira begere inzego zibafashe.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 6 =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi akomeje gukorera ibitangaza ikipe ye

Next Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Related Posts

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

6 Fruits you should eat after every meal

6 Fruits you should eat after every meal

by radiotv10
29/01/2026
0

Eating fruits after meals is a simple way to stay healthy. Fruits help your body digest food, give you energy,...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho
MU RWANDA

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.