Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye amakuru mashya ku wishwe urw’agashinyaguro agakatwamo ibice hakaboneka kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko mu kiyaga cya Mugesera habonetse igice cy’umurambo w’umugore wo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, bikekwa ko yishwe n’umugabo we, akamucamo ibice bibiri, amakuru aravuga ko ikindi gice cyabonetse aho cyari cyarashyizwe mu mufuka.

Hashize ibyumweru bibiri Ikitegetse Angellinge wo Mudugudu wa Nyamabuye, yitabye Imana, bigakekwa ko yishwe n’umugabo we.

Umurambo wa nyakwigendera wabonetse mu byiciro bibiri, kuko yari yakaswemo ibice, aho kimwe cyabanje kuboneka mu kiyaga cya Mugesera.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, habonetse ikindi gice cy’umubiri wa nyakwigendera, na cyo gishyingurwa ukwacyo.

Bihirabake Etienne musaza wa nyakwigendera, yabwiye RADIOTV10 ko ikindi gice cyaje kuboneka aho bari bagishyize mu mufuka.

Yagize ati “Twasanze bari bagishyize mu mufuka ari wo kirimo impande y’igifunzo ahantu mu marebe.”

Avuga ko iki gice cyabonetse ubwo abana barimo bahira ubwatsi bw’amatungo, bakaza kugwa ku mufuka cyari cyarashyizwemo, bagahita babimenyesha abaturage.

Bihirabake avuga ko n’umuryango wa nyakwigendera bifuza ko inzego z’ubutabera zikora akazi kazo, ku buryo abagize uruhare muri ubu bugizi bwa nabi, babiryozwa.

Ati “Nka mushiki wanjye icyo nifuza, ni uko bariya bantu babigizemo uruhare uhereye ku mugabo we bazanwa bakaburanushirizwa mu ruhame mu Murenge wa Mugesera.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko uwahise akekwa kwica nyakwigendera, ari umugabo we bari bamaze igihe bafitanye amakimbirane.

Dr Murangira waboneyeho guha ubutumwa abafitanye ibibazo, bumva ko babikemuza ibindi, yagize ati “Ntabwo kwihorera cyangwa gushaka kwica ari wo muti. Wamwica, icyo wamukorera icyo ari cyo cyose nawe uba uzafatwa ugahanwa.”

Yakomeje agira ati “Abantu birinde amakimbirane, ababona ko amakimbirane yababanye menshi badashobora kuyikemurira begere inzego zibafashe.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

Rutahizamu w’Amavubi ukina i Burayi akomeje gukorera ibitangaza ikipe ye

Next Post

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Urujijo ku nkongi y’umuriro yibasiye imwe muri Pariki z’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.