Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube
Share on FacebookShare on Twitter

Musengimana Sadate wari umuyobozi w’Umusigiti (Imam) wa Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, wari wakatiwe gufungwa imyaka itanu kubera kwica ingurube y’umuturage, byamenyekanye ko yarekuwe n’Urukiko yajuririye nyuma yo kumukatira igifungo cy’imyaka itatu isubitse.

Mu kwezi kwa Werurwe 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwari rwahamije Musengimana icyaha cyo gufata nabi amatungo yororerwa mu rugo, kuyakomeretsa cyangwa kuyica, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo y’190 y’itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uru rukiko rwari rwamuhamije iki cyaha cyabaye tariki 12 Gashyantare 2022, rwari rwamukatiye gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

Ni igihano yajuririye Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rwamagana, rwanasomye icyemezo cyarwo mu cyumweru gishize tariki 04 Ugushyingo 2022.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Umuyobozi kibanda ku makuru yo mu Idini ya Islam, avuga ko uru rukiko rwakatiye Musengimana Sadate igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu isubitse, rutegeka ko ahita afungurwa.

Muri ubu bujurire bwe, Musengimana Sadate yatanze ibisobanuro yanatanze mu rukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, avuga ko atishe iriya ngurube ku bushake, ahubwo ko yayirukanaga ku musigiti.

Yavugaga kandi ko ibyatangajwe n’abatangabuhamya ko iriya ngurube yayikubise umuhini, bamubeshyeye kuko yayikubise akanyafu.

Yavugaga kandi ko Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwari rwamuhanishije kiriya gihano rushingiye ku kuba yariyemereye icyaha, nyamara we ataracyemeye ahubwo ko yavuze ko atishe iriya ngurube abigambiriye ahubwo ko ari impanuka.

Uru rukiko yajuririye rwavuze ko ahamwa n’icyaha akurikiranyweho kuko ingurube yarezwe kwica yapfuye koko, ariko ko kuba yaraburanye yemera icyaha akanagisabira imbabazi ndetse akaba yarishyuye ingurane y’ingurube yishe, ari impamvu nyoroshyacyaha, rutegeka ko ahanishwa kiriya gifungo cy’imyaka itatu isubitse, rutegeka kwishyura ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Next Post

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.