Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube
Share on FacebookShare on Twitter

Musengimana Sadate wari umuyobozi w’Umusigiti (Imam) wa Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, wari wakatiwe gufungwa imyaka itanu kubera kwica ingurube y’umuturage, byamenyekanye ko yarekuwe n’Urukiko yajuririye nyuma yo kumukatira igifungo cy’imyaka itatu isubitse.

Mu kwezi kwa Werurwe 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwari rwahamije Musengimana icyaha cyo gufata nabi amatungo yororerwa mu rugo, kuyakomeretsa cyangwa kuyica, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo y’190 y’itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uru rukiko rwari rwamuhamije iki cyaha cyabaye tariki 12 Gashyantare 2022, rwari rwamukatiye gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

Ni igihano yajuririye Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rwamagana, rwanasomye icyemezo cyarwo mu cyumweru gishize tariki 04 Ugushyingo 2022.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Umuyobozi kibanda ku makuru yo mu Idini ya Islam, avuga ko uru rukiko rwakatiye Musengimana Sadate igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu isubitse, rutegeka ko ahita afungurwa.

Muri ubu bujurire bwe, Musengimana Sadate yatanze ibisobanuro yanatanze mu rukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, avuga ko atishe iriya ngurube ku bushake, ahubwo ko yayirukanaga ku musigiti.

Yavugaga kandi ko ibyatangajwe n’abatangabuhamya ko iriya ngurube yayikubise umuhini, bamubeshyeye kuko yayikubise akanyafu.

Yavugaga kandi ko Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwari rwamuhanishije kiriya gihano rushingiye ku kuba yariyemereye icyaha, nyamara we ataracyemeye ahubwo ko yavuze ko atishe iriya ngurube abigambiriye ahubwo ko ari impanuka.

Uru rukiko yajuririye rwavuze ko ahamwa n’icyaha akurikiranyweho kuko ingurube yarezwe kwica yapfuye koko, ariko ko kuba yaraburanye yemera icyaha akanagisabira imbabazi ndetse akaba yarishyuye ingurane y’ingurube yishe, ari impamvu nyoroshyacyaha, rutegeka ko ahanishwa kiriya gifungo cy’imyaka itatu isubitse, rutegeka kwishyura ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − three =

Previous Post

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Next Post

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Related Posts

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Why humans naturally copy each other’s behavior
MU RWANDA

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why humans naturally copy each other’s behavior

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.