Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube
Share on FacebookShare on Twitter

Musengimana Sadate wari umuyobozi w’Umusigiti (Imam) wa Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, wari wakatiwe gufungwa imyaka itanu kubera kwica ingurube y’umuturage, byamenyekanye ko yarekuwe n’Urukiko yajuririye nyuma yo kumukatira igifungo cy’imyaka itatu isubitse.

Mu kwezi kwa Werurwe 2022, Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwari rwahamije Musengimana icyaha cyo gufata nabi amatungo yororerwa mu rugo, kuyakomeretsa cyangwa kuyica, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo y’190 y’itegeko No 68/2018 ryo kuwa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uru rukiko rwari rwamuhamije iki cyaha cyabaye tariki 12 Gashyantare 2022, rwari rwamukatiye gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

Ni igihano yajuririye Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rwamagana, rwanasomye icyemezo cyarwo mu cyumweru gishize tariki 04 Ugushyingo 2022.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Umuyobozi kibanda ku makuru yo mu Idini ya Islam, avuga ko uru rukiko rwakatiye Musengimana Sadate igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu isubitse, rutegeka ko ahita afungurwa.

Muri ubu bujurire bwe, Musengimana Sadate yatanze ibisobanuro yanatanze mu rukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, avuga ko atishe iriya ngurube ku bushake, ahubwo ko yayirukanaga ku musigiti.

Yavugaga kandi ko ibyatangajwe n’abatangabuhamya ko iriya ngurube yayikubise umuhini, bamubeshyeye kuko yayikubise akanyafu.

Yavugaga kandi ko Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwari rwamuhanishije kiriya gihano rushingiye ku kuba yariyemereye icyaha, nyamara we ataracyemeye ahubwo ko yavuze ko atishe iriya ngurube abigambiriye ahubwo ko ari impanuka.

Uru rukiko yajuririye rwavuze ko ahamwa n’icyaha akurikiranyweho kuko ingurube yarezwe kwica yapfuye koko, ariko ko kuba yaraburanye yemera icyaha akanagisabira imbabazi ndetse akaba yarishyuye ingurane y’ingurube yishe, ari impamvu nyoroshyacyaha, rutegeka ko ahanishwa kiriya gifungo cy’imyaka itatu isubitse, rutegeka kwishyura ihazabu y’ibihumbi 500 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Next Post

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.