Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Prince Kid wakatiwe imyaka itanu ntaboneke ngo ahite afungwa

radiotv10by radiotv10
09/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid wavuze ikihishe inyuma yo kujyanwa mu bucamanza yagarutse mu Rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Dieudonné wamenyekanye nka Prince Kid wahoze ategura irushanwa rya Miss Rwanda akaza guhamywa ibyaha birimo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina, ariko ntahite afungwa kuko ubwo hafatwaga icyemezo yari yaravuye mu Gihugu, amakuru aremeza ko yafatiwe muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru dukesha Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri USA, avuga ko Prince Kid yafashwe mu ntangiro z’iki cyumweru tariki 03 Werurwe 2025, afatiwe muri Leta ya Texas mu Mujyi wa Fort Worth.

Uru rwego ruzwi nka ICE, rwatangaje ko uyu Munyarwanda Ishimwe Dieudonné, yari amaze igihe atuye muri uyu Mujyi yafatiwemo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nyuma yuko afatiwe muri iyi Leta ya Texas, ubu Prince Kid afungiye ahafungirwa abantu by’igihe gito, kugira ngo inzego zibanze zifate icyemezo ku kuba yakoherezwa mu Gihugu akomokamo.

Ifatwa rye kandi ryaje nyuma yuko bisabwe n’inzego z’ubutabera z’u Rwanda, aho Guverinoma ya USA yatangaje ko tariki 29 Ukwakira umwaka ushize wa 2024 Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bwatanze impapuro zo kumufata, ari na zo zagendewe kugira ngo afatwe.

Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wari usanzwe ayobora Kompanyi izwi nka Rwanda Inspiration Backup yateguraga irushanwa rya Miss Rwanda, yari yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu mu kwezi k’Ukwakira 2023 aho Urukoko Rukuru rwari rwamuhamije icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ndetse n’icyaha cyo gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

Ni ibyaha bishingiye ku ihohoterwa ryakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye iri rushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda, byaje no gutuma rihagarikwa kugeza ubu.

Ubwo Urukiko Rukuru rwasomaga icyemezo cyarwo, uregwa ntiyahise afatwa ngo afungwe dore ko yaburanaga adafunze, ndetse biza kuvugwa ko impamvu atahise afungwa ari uko inzego zitahise zimubona kuko atari ari mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 13 =

Previous Post

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Next Post

Rwamagana: Abahinzi bavuga ko hari ibyo bakorewe bakabyishimira ariko hari ikibagiranye

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Abahinzi bavuga ko hari ibyo bakorewe bakabyishimira ariko hari ikibagiranye

Rwamagana: Abahinzi bavuga ko hari ibyo bakorewe bakabyishimira ariko hari ikibagiranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.