Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho

radiotv10by radiotv10
30/01/2024
in MU RWANDA
0
Hamenyekanye amatariki yo kuzaherekezaho Pasiteri Mpyisi n’indi mihango yo kumusezeraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’umukozi w’Imana Pasiteri Ezra Mpyisi witabye Imana, washyize hanze gahunda y’ibikorwa byo kumusezeraho no kumuherekeza bwa nyuma.

Nyakwigendera watabarutse mu mpera z’icyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024 ku myaka 102, azashyingurwa ku Cyumweru, tariki 04 Gashyantare.

Nk’uko tubikesha gahunda y’umuryango wa nyakwigendera, umuhango wo gushyingura Pasiteri Mpyisi, uzabanzirizwa n’ibikorwa byo kumuzirikana, aho kuva kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama, hatangiye ikiriyo kiri kubera i Rebero mu Mujyi wa Kigali, ahazwi nko kuri Panorama Hope Gardens.

Ni igikorwa kizamara icyumweru kuko kizasozwa ku wa Gatandatu tariki 03 Gashyantare 2024, ahazaba umuhango wo kwizihiza ubuzima bwa nyakwigendera uzabera mu ishuri rikuru ry’Abadivantisiti rya UNILAK.

Bucyeye bwaho, ku Cyumweru tariki 04 Gashyantare 2024, hazaba imihango nyirizina yo guherecyeza nyakwigendera Pasiteri Mpyisi, izabimburirwa n’isengesho ryo kumusabira rizabera muri Kaminuza ya AUCA i Masoro, rikurikirwe no kumushyingura mu irimbi rya Rusororo.

Pasiteri Mpyisi wabaye umuvugabutumwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, ni umwe mu bakozi b’Imana bamenyekanye cyane mu Rwanda kubera inyigisho ze zasabaga abantu guhinduka bakamenya ko Imana ari yo isumba byose.

Yamenyekanye mu biganiro byumvikanamo amateka yo mu gihe cy’Ubwami, dore ko yabaye i Bwami ndetse akaba yaranabanye n’Umwami wabayeho bwa nyuma mu Rwanda ari we Kigeli V Ndahindurwa umaze imyaka umunani atanze kuko yatanze muri 2016, ndetse itanga rye rikaba ryashenguye cyane Pasiteri Mpyisi.

Gelard Mpyisi, umuhungu wa Pasiteri Mpyisi, mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yavuze ko umubyeyi wabo yatabarutse yaramaze kwitegura kandi na bo yarabateguje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Next Post

Amakuru mashya ku muhanda wari wafunzwe by’agateganyo

Related Posts

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

IZIHERUKA

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning
IMIBEREHO MYIZA

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku muhanda wari wafunzwe by’agateganyo

Amakuru mashya ku muhanda wari wafunzwe by’agateganyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.