Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
20/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Umunyamakuru ukorera imwe muri Televiziyo zo mu Rwanda, inatangaza ko akurikiranyweho ibirimo kwiba ibikoresho bifite agaciro ka Miliyoni 7,5 Frw.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022, RADIOTV10 yanditse inkuru ivuga ku Munyamakuru Iradukunda Moses byavugwaga n’undi munyamakuru, ko yatawe muri yombi mu cyumweru gishize.

Inkuru y’ifungwa ry’uyu munyamakuru wahoze akorera Isibo TV, yari yemejwe n’undi munyamakuru ukorera YouTube Channel mu Rwanda witwa Big Man mu kiganiro yagiranye n’umurongo wa YouTube wa JB Rwanda.

Uyu munyamakuru Big Man wavuze ko asanzwe ari inshuti magara ya Iradukunda Moses, yavuze ko yatawe muri yombi kubera ubujura bwa Camera ebyiri z’umunyamakuru Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter wahoze akorana n’uyu watawe muri yombi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yemeje ko uru rwego rwataye muri yombi uyu munyamakuru ukurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu no kunyereza umutungo.

Dr Murangira yavuze ko bimwe mu bikurikiranywe kuri uyu Munyamakuru ari ubujura bw’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 7,5 Frw.

Yavuze ko ibyaha bikekwa kuri uwo munyamakuru byakorewe mu Kagari ka Kagunga mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, mu ntangiro za Gashyantare 2022.

Mu nkuru twatambukije mbere, yavugaga ko Umunyamakuru Iradukunda Moses wari umaze amezi agera muri atanu avuye kuri Isibo TV, yagiye ahamagazwa kugira ngo abazwe kuri ubwo bujura akurikiranyweho.

Umunyamakuru Big Man kandi muri kiriya kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya JB Rwanda, yari yavuze ko Camera ziregwa Iradukunda Moses zibwe umunyamakuru ufata amashusho na we wakoraga kuri Isibo TV wari wazijyanye mu kazi ariko akaza kuzamburwa n’abajura bamuteze mu ijoro.

Uyu wiyita Big Man yavuze ko Iradukunda Moses yari asanzwe ari n’umukozi ushinzwe gukurikirana imikoreshereze y’ibikoresho kuri Isibo TV, akaba ari we wari wemereye uwo ufata amashusho kujyana izo Camera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + twelve =

Previous Post

Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi

Next Post

Umukwikwi wabaye umushyitsi mukuru mu Kwibuka akanabifungirwa yafunguwe asigamo uwamutumye

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hamenyekanye uko byagenze ngo utekera abanyeshuri yoherezwe nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka

Umukwikwi wabaye umushyitsi mukuru mu Kwibuka akanabifungirwa yafunguwe asigamo uwamutumye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.