Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB

radiotv10by radiotv10
20/07/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Hamenyekanye ibirego bishinjwa wa munyamakuru w’imyidagaduro uri mu maboko ya RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Umunyamakuru ukorera imwe muri Televiziyo zo mu Rwanda, inatangaza ko akurikiranyweho ibirimo kwiba ibikoresho bifite agaciro ka Miliyoni 7,5 Frw.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga 2022, RADIOTV10 yanditse inkuru ivuga ku Munyamakuru Iradukunda Moses byavugwaga n’undi munyamakuru, ko yatawe muri yombi mu cyumweru gishize.

Inkuru y’ifungwa ry’uyu munyamakuru wahoze akorera Isibo TV, yari yemejwe n’undi munyamakuru ukorera YouTube Channel mu Rwanda witwa Big Man mu kiganiro yagiranye n’umurongo wa YouTube wa JB Rwanda.

Uyu munyamakuru Big Man wavuze ko asanzwe ari inshuti magara ya Iradukunda Moses, yavuze ko yatawe muri yombi kubera ubujura bwa Camera ebyiri z’umunyamakuru Nizeyimana Philbert uzwi nka Phil Peter wahoze akorana n’uyu watawe muri yombi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yemeje ko uru rwego rwataye muri yombi uyu munyamakuru ukurikiranyweho icyaha cy’ubuhemu no kunyereza umutungo.

Dr Murangira yavuze ko bimwe mu bikurikiranywe kuri uyu Munyamakuru ari ubujura bw’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 7,5 Frw.

Yavuze ko ibyaha bikekwa kuri uwo munyamakuru byakorewe mu Kagari ka Kagunga mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, mu ntangiro za Gashyantare 2022.

Mu nkuru twatambukije mbere, yavugaga ko Umunyamakuru Iradukunda Moses wari umaze amezi agera muri atanu avuye kuri Isibo TV, yagiye ahamagazwa kugira ngo abazwe kuri ubwo bujura akurikiranyweho.

Umunyamakuru Big Man kandi muri kiriya kiganiro yagiranye na YouTube Channel ya JB Rwanda, yari yavuze ko Camera ziregwa Iradukunda Moses zibwe umunyamakuru ufata amashusho na we wakoraga kuri Isibo TV wari wazijyanye mu kazi ariko akaza kuzamburwa n’abajura bamuteze mu ijoro.

Uyu wiyita Big Man yavuze ko Iradukunda Moses yari asanzwe ari n’umukozi ushinzwe gukurikirana imikoreshereze y’ibikoresho kuri Isibo TV, akaba ari we wari wemereye uwo ufata amashusho kujyana izo Camera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Ibindi Bihugu bibiri bikomeye ku Isi bishobora gukozanyaho bipfa ibitwaro bya kirimbuzi

Next Post

Umukwikwi wabaye umushyitsi mukuru mu Kwibuka akanabifungirwa yafunguwe asigamo uwamutumye

Related Posts

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali
IMYIDAGADURO

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hamenyekanye uko byagenze ngo utekera abanyeshuri yoherezwe nk’umushyitsi mukuru mu Kwibuka

Umukwikwi wabaye umushyitsi mukuru mu Kwibuka akanabifungirwa yafunguwe asigamo uwamutumye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.