Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa ibindi biganiro by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri byagombaga guhuza Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iya Angola mu cyumweru gishize, byasubitswe byimurirwa mu gitaha. Hasobanuwe icyatumye byimurwa.

Ibi biganiro by’i Luanda muri Angola, byagombaga kuba mu mpera z’icyumweru gishize tariki 16 Ugushyingo 2024, byimuriwe tariki 25 Ugushyingo nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni ibiganiro byari kuba bikurikiye ishyirwaho ry’urwego rwa gisirikare ruhuriweho hagati ya Angola, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma y’itangizwa ry’uru rwego rw’abasirikare 24 barimo 18 ba Angola, batatu b’u Rwanda na batatu ba DRC, byari biteganyijwe ko tariki 16 Ugushyingo 2024, haba indi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri by’i Luanda, gusa iyi nama ntiyabaye, ahubwo yimuriwe mu cyumweru gishize.

Minisitiri Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Mama Urwagasabo, yavuze ko isubika ry’ibi biganiro ryatewe na gahunda zinyuranye zirimo iz’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga baba bayoboye intumwa za Guverinoma z’Ibihugu.

Yagize ati “Iyo nama yimuriwe ku itariki 25 Ugushyingo kuko ku itariki ya 16 gahunda zitabashije guhura hagati y’abaminisitiri. Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga baba bafite gahunda nyinshi, ntabwo zabashije guhura.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko isubikwa ry’ibi biganiro, ritatewe n’ubusheke bucye nk’uko hari ababikeka uko. Ati ”Ntabwo ari ibibazo bijyanye n’ubushake.”

Ibi biganiro kandi bizaba nyuma yuko habaye ibindi byahuje impuguke mu bya gisirikare n’iperereza hagati y’u Rwanda, DRC na Angola, byabaye tariki 30 na 31 Ukwakira 2024, byo byanononsorewemo ishyirwa mu bikorwa bya gahunda ihuriweho yo kurandura umutwe wa FDLR ndetse n’umwanzuro wo kuzakuraho ubwirinzi bwakajijwe n’u Rwanda.

Nduhungirehe ati “Tubaka twizeye ko noneho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo azashyigikira iyo concept of operations kugira ngo turebe ko twakwigira imbere mu mishyikirano.”

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yari yabanje gusaba ko gusenya umutwe wa FRLD byakorerwa rimwe no kuba u Rwanda rwakuraho ingamba z’ubwirinzi, ariko intumwa zarwo zigaragaza ko bidashoboka kuko uyu mutwe ari wo wateye impungenge zatumye hashyirwaho izi ngamba, bityo ko rutazikuraho hataratangira ibikorwa byo kuwusenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

IFOTO: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje umunezero aterwa n’umwana we

Next Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.