Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye hasubikwa ibindi biganiro by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
18/11/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro byo ku rwego rw’Abaminisitiri byagombaga guhuza Guverinoma y’u Rwanda, iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iya Angola mu cyumweru gishize, byasubitswe byimurirwa mu gitaha. Hasobanuwe icyatumye byimurwa.

Ibi biganiro by’i Luanda muri Angola, byagombaga kuba mu mpera z’icyumweru gishize tariki 16 Ugushyingo 2024, byimuriwe tariki 25 Ugushyingo nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Ni ibiganiro byari kuba bikurikiye ishyirwaho ry’urwego rwa gisirikare ruhuriweho hagati ya Angola, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rushinzwe gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano mu burasirazuba bwa DRC.

Nyuma y’itangizwa ry’uru rwego rw’abasirikare 24 barimo 18 ba Angola, batatu b’u Rwanda na batatu ba DRC, byari biteganyijwe ko tariki 16 Ugushyingo 2024, haba indi nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri by’i Luanda, gusa iyi nama ntiyabaye, ahubwo yimuriwe mu cyumweru gishize.

Minisitiri Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na YouTube Channel Mama Urwagasabo, yavuze ko isubika ry’ibi biganiro ryatewe na gahunda zinyuranye zirimo iz’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga baba bayoboye intumwa za Guverinoma z’Ibihugu.

Yagize ati “Iyo nama yimuriwe ku itariki 25 Ugushyingo kuko ku itariki ya 16 gahunda zitabashije guhura hagati y’abaminisitiri. Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga baba bafite gahunda nyinshi, ntabwo zabashije guhura.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, avuga ko isubikwa ry’ibi biganiro, ritatewe n’ubusheke bucye nk’uko hari ababikeka uko. Ati ”Ntabwo ari ibibazo bijyanye n’ubushake.”

Ibi biganiro kandi bizaba nyuma yuko habaye ibindi byahuje impuguke mu bya gisirikare n’iperereza hagati y’u Rwanda, DRC na Angola, byabaye tariki 30 na 31 Ukwakira 2024, byo byanononsorewemo ishyirwa mu bikorwa bya gahunda ihuriweho yo kurandura umutwe wa FDLR ndetse n’umwanzuro wo kuzakuraho ubwirinzi bwakajijwe n’u Rwanda.

Nduhungirehe ati “Tubaka twizeye ko noneho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo azashyigikira iyo concept of operations kugira ngo turebe ko twakwigira imbere mu mishyikirano.”

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC, Thérèse Kayikwamba Wagner yari yabanje gusaba ko gusenya umutwe wa FRLD byakorerwa rimwe no kuba u Rwanda rwakuraho ingamba z’ubwirinzi, ariko intumwa zarwo zigaragaza ko bidashoboka kuko uyu mutwe ari wo wateye impungenge zatumye hashyirwaho izi ngamba, bityo ko rutazikuraho hataratangira ibikorwa byo kuwusenya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

IFOTO: Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje umunezero aterwa n’umwana we

Next Post

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Basketball: Ikipe y’u Rwanda irimo abitezweho kuyifasha yagiye gushaka itike y’icya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.