Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Boeing 767 yagombaga kuzana abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza iberecyeza i Kigali mu Rwanda, yahagaritswe ku munota wa nyuma.

Gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro, yagiye igerwa intorezo kenshi na bamwe mu batarayishimye barimo n’imiryango ikomeye ku Isi ndetse n’abayobozi bayo.

Mu masaha akuze yo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri saa tanu n’igice z’ijoro, ni bwo 767, yagombaga guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Gisirikare cya Wiltshire yerecyeza i Kigali, gusa uru rugendo rwasubitswe ku munota wa nyuma.

Uru rugendo rwasubitswe biturutse ku muntu umwe muri barindwi bagombaga kuza, ukomoka muri Iraq wiyambaje Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu ku Mugabane w’u Burayi [European Court of Human Rights].

Nyuma yuko uyu muntu wo muri Iraq atangarije ko yavuye mu Gihugu cye agiriwe nabi, bityo ko atizeye umutekano w’ahandi hose yaba agiye koherezwa, byanagendeweho n’uru rukiko ruvuga ko nta kigaragaza ko aba bantu bazahabwa uburenganzira bwuzuye ubwo bazaba bageze mu Rwanda.

Mu masaha ya kare kuri uyu wa Kabiri, abantu barindwi bagombaga kuba bari ku kibuga cy’Indege kugira ngo boherezwe mu Rwanda nyuma yuko inkiko biyambaje ziteye utwatsi icyifuzo cyabo cyo kutoherezwa mu Rwanda.

Mu cyumweru gishize Urukiko Rukuru i London rwari rwatesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe n’abarimo abanyamategeko b’abantu barebwa n’iyi gahunda, rubafungurira amarembo yo kwiyambaza Urukiko rw’Ubujurire.

Abantu bane bari biyambaje Urukiko rw’Ubujurire, na bo bari batewe utwatsi n’uru rukiko rwatesheje agaciro ubujurire bwabo mu gihe undi wa gatanu we yajuririye Urukiko rw’Ikirenga.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ni bwo Urukiko Rushinzwe Uburenganzira bwa muntu i Burayi ECHR (European Court of Human Rights) rwafashe icyemezo cyo guhagarika uru rugendo kubera umuntu umwe w’ufite ubwenegihugu bwa Iraq warugaragarije ko afite impungenge zo kuzagirirwa nabi igihe azaba ageze mu Rwanda.

Icyemezo cy’uru rukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa muntu, kivuga ko gishingiye ku irengayobora kandi kikaba cyatumye kireba n’abandi bagombaga kuzana n’uyu mugabo.

Uru rukiko ruvuga ko ntacyemeza ko aba bantu batazahohoterwa mu gihe bazaba bageze mu Rwanda, bikaba bihabanye n’ibyemezo byari byafashwe n’abanyamategeko b’i London, gusa Uru rukiko kuko ruri hejuru y’inkiko zabo, icyemezo cyarwo kikaba ari cyo gifite agaciro kugeza ubu.

Uru rukiko rwatangaje ko rugiye gusuzuma ibijyanye n’amategeko y’uburenganzira bwa muntu yasinywe n’u Bwongereza ndetse hakabaho igereranya n’ibindi Bihugu kugira ngo rufate icyemezo cya nyuma.

Umunyamabanga Ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Priti Patel wanashyize umukono ku masezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza, yavuze ko babajwe no kuba iyi ndege yagombaga kuza mu Rwanda ihagarikwa ku munota wa nyuma ariko ko ntakibuza Guverinoma gukomeza iyi gahunda ndetse kuva ako kanya.

Ati “Itsinda ryacu riri gusuzuma buri cyemezo cyafashwe kuri izi ngendo ubundi imyeteguro y’urugendo rw’indege rutaha rutangire nonaha.”

Yakomeje agira ati “Biratangaje kubona Urukiko Nyaburayi rw’Uburenganzira bwa muntu rwivanga muri iyi gahunda yacu yakomeje kugenda yemezwa n’Inkiko z’Igihugu cyacu.”

Yavuze ko izi mbogamizi zishingiye ku mategeko nubundi atari nshya ariko ko urugendo rw’iyi ndege yagombaga kuzana bariya bantu rwimurirwa ku nshuro itaha.

Ati “Ntabwo twacika intege zo gukora ibintu biboneye ndetse no kugera ku migambi yacu yo kugenzura imipaka yacu, itsinda ryacu ry’abanyamategeko bari kubisuzuma.”

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yari yavuze ko batazakomwa mu nkokora n’ibyemezo bizafatwa kuko Guverinoma yabivuze kenshi ko iyi gahunda izaba urugendo rurerure kandi igahura n’imbogamizi nyinshi zishingiye ku mategeko.

Kuri uyu wa Gatatu, Guverinoma y’u Rwanda yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, igaruka kuri gahunda yo kwakira aba bimukira bagombaga kuzanwa kuri uyu wa Gatatu.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yari yatangaje ko ubwo aba bimukira bazaba bageze mu Rwanda bazakirwa ubundi bagahabwa ibyo bateganyirijwe birimo ubufasha mu by’amategeko mu kuzuza ibyangombwa byo gusaba ubuhungiro ndetse n’ibijyanye no gusemurirwa.

Makolo wari watangaje ko aba bimukira bazahabwa ibyangombwa by’ibanze nkenerwa mu buzima bwa buri munsi, bazaba banafite uburenganzira bwo kuba basubira mu Bihugu bakomokamo cyangwa ibindi Bihugu byazabakira ariko kandi abazabyifuza bakazanaguma mu Rwanda.

Yari yagize ati “Twizeye ko bazahitamo kugumana natwe, kandi bagakurikiza iby’abandi bahisemo kugira u Rwanda iwabo. Nkuko nabivuze aya masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bigwi byiza byo kwakira impunzi no gufata neza abimukira kandi bazahabwa ibyiza wenda bitari ku rwego rw’ijuru aba bantu bari bakurikiye ariko bazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya hano no kwiteza imbere hamwe n’Abandi Banyarwanda.”

Muri Mata 2022, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, zashyizweho umukono ku masezerano y’imyaka itanu ateganya ko abimukira binjiye mu Bwongereza kuva tariki 01 Mutarama 2022 bazajya boherezwa mu Rwanda bafashwe n’iki Gihugu kizajya kibohereza.

Boris Johnson ubwo yagarukaga kuri iyi gahunda ubwo yari imaze gushyirwaho umukono, yavuze ko u Rwanda n’u Bwongereza bageze ku ntambwe y’amateka izatuma abimukira ibihumbi bafashwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 9 =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Next Post

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.