Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

radiotv10by radiotv10
15/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Boeing 767 yagombaga kuzana abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza iberecyeza i Kigali mu Rwanda, yahagaritswe ku munota wa nyuma.

Gahunda y’u Bwongereza n’u Rwanda igamije kubungabunga ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro, yagiye igerwa intorezo kenshi na bamwe mu batarayishimye barimo n’imiryango ikomeye ku Isi ndetse n’abayobozi bayo.

Mu masaha akuze yo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri saa tanu n’igice z’ijoro, ni bwo 767, yagombaga guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Gisirikare cya Wiltshire yerecyeza i Kigali, gusa uru rugendo rwasubitswe ku munota wa nyuma.

Uru rugendo rwasubitswe biturutse ku muntu umwe muri barindwi bagombaga kuza, ukomoka muri Iraq wiyambaje Urukiko rw’Uburenganzira bwa Muntu ku Mugabane w’u Burayi [European Court of Human Rights].

Nyuma yuko uyu muntu wo muri Iraq atangarije ko yavuye mu Gihugu cye agiriwe nabi, bityo ko atizeye umutekano w’ahandi hose yaba agiye koherezwa, byanagendeweho n’uru rukiko ruvuga ko nta kigaragaza ko aba bantu bazahabwa uburenganzira bwuzuye ubwo bazaba bageze mu Rwanda.

Mu masaha ya kare kuri uyu wa Kabiri, abantu barindwi bagombaga kuba bari ku kibuga cy’Indege kugira ngo boherezwe mu Rwanda nyuma yuko inkiko biyambaje ziteye utwatsi icyifuzo cyabo cyo kutoherezwa mu Rwanda.

Mu cyumweru gishize Urukiko Rukuru i London rwari rwatesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe n’abarimo abanyamategeko b’abantu barebwa n’iyi gahunda, rubafungurira amarembo yo kwiyambaza Urukiko rw’Ubujurire.

Abantu bane bari biyambaje Urukiko rw’Ubujurire, na bo bari batewe utwatsi n’uru rukiko rwatesheje agaciro ubujurire bwabo mu gihe undi wa gatanu we yajuririye Urukiko rw’Ikirenga.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri ni bwo Urukiko Rushinzwe Uburenganzira bwa muntu i Burayi ECHR (European Court of Human Rights) rwafashe icyemezo cyo guhagarika uru rugendo kubera umuntu umwe w’ufite ubwenegihugu bwa Iraq warugaragarije ko afite impungenge zo kuzagirirwa nabi igihe azaba ageze mu Rwanda.

Icyemezo cy’uru rukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa muntu, kivuga ko gishingiye ku irengayobora kandi kikaba cyatumye kireba n’abandi bagombaga kuzana n’uyu mugabo.

Uru rukiko ruvuga ko ntacyemeza ko aba bantu batazahohoterwa mu gihe bazaba bageze mu Rwanda, bikaba bihabanye n’ibyemezo byari byafashwe n’abanyamategeko b’i London, gusa Uru rukiko kuko ruri hejuru y’inkiko zabo, icyemezo cyarwo kikaba ari cyo gifite agaciro kugeza ubu.

Uru rukiko rwatangaje ko rugiye gusuzuma ibijyanye n’amategeko y’uburenganzira bwa muntu yasinywe n’u Bwongereza ndetse hakabaho igereranya n’ibindi Bihugu kugira ngo rufate icyemezo cya nyuma.

Umunyamabanga Ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Priti Patel wanashyize umukono ku masezerano u Rwanda rwagiranye n’u Bwongereza, yavuze ko babajwe no kuba iyi ndege yagombaga kuza mu Rwanda ihagarikwa ku munota wa nyuma ariko ko ntakibuza Guverinoma gukomeza iyi gahunda ndetse kuva ako kanya.

Ati “Itsinda ryacu riri gusuzuma buri cyemezo cyafashwe kuri izi ngendo ubundi imyeteguro y’urugendo rw’indege rutaha rutangire nonaha.”

Yakomeje agira ati “Biratangaje kubona Urukiko Nyaburayi rw’Uburenganzira bwa muntu rwivanga muri iyi gahunda yacu yakomeje kugenda yemezwa n’Inkiko z’Igihugu cyacu.”

Yavuze ko izi mbogamizi zishingiye ku mategeko nubundi atari nshya ariko ko urugendo rw’iyi ndege yagombaga kuzana bariya bantu rwimurirwa ku nshuro itaha.

Ati “Ntabwo twacika intege zo gukora ibintu biboneye ndetse no kugera ku migambi yacu yo kugenzura imipaka yacu, itsinda ryacu ry’abanyamategeko bari kubisuzuma.”

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yari yavuze ko batazakomwa mu nkokora n’ibyemezo bizafatwa kuko Guverinoma yabivuze kenshi ko iyi gahunda izaba urugendo rurerure kandi igahura n’imbogamizi nyinshi zishingiye ku mategeko.

Kuri uyu wa Gatatu, Guverinoma y’u Rwanda yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, igaruka kuri gahunda yo kwakira aba bimukira bagombaga kuzanwa kuri uyu wa Gatatu.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yari yatangaje ko ubwo aba bimukira bazaba bageze mu Rwanda bazakirwa ubundi bagahabwa ibyo bateganyirijwe birimo ubufasha mu by’amategeko mu kuzuza ibyangombwa byo gusaba ubuhungiro ndetse n’ibijyanye no gusemurirwa.

Makolo wari watangaje ko aba bimukira bazahabwa ibyangombwa by’ibanze nkenerwa mu buzima bwa buri munsi, bazaba banafite uburenganzira bwo kuba basubira mu Bihugu bakomokamo cyangwa ibindi Bihugu byazabakira ariko kandi abazabyifuza bakazanaguma mu Rwanda.

Yari yagize ati “Twizeye ko bazahitamo kugumana natwe, kandi bagakurikiza iby’abandi bahisemo kugira u Rwanda iwabo. Nkuko nabivuze aya masezerano y’ubufatanye ashingiye ku bigwi byiza byo kwakira impunzi no gufata neza abimukira kandi bazahabwa ibyiza wenda bitari ku rwego rw’ijuru aba bantu bari bakurikiye ariko bazahabwa amahirwe yo kubaka ubuzima bushya hano no kwiteza imbere hamwe n’Abandi Banyarwanda.”

Muri Mata 2022, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, zashyizweho umukono ku masezerano y’imyaka itanu ateganya ko abimukira binjiye mu Bwongereza kuva tariki 01 Mutarama 2022 bazajya boherezwa mu Rwanda bafashwe n’iki Gihugu kizajya kibohereza.

Boris Johnson ubwo yagarukaga kuri iyi gahunda ubwo yari imaze gushyirwaho umukono, yavuze ko u Rwanda n’u Bwongereza bageze ku ntambwe y’amateka izatuma abimukira ibihumbi bafashwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

Next Post

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

Uwabaye PS muri MININFRA wari wagizwe umwere mu rubanza rwa za Miliyari yategetswe gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.