Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in IMYIDAGADURO
0
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko umwiherero w’abasore 18 bari guhatana mu irushanwa rya Mr Rwanda, utangira mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, gusa kugeza kuri uyu wa Mbere nturatangira. Hamenyekanye icyabiteye.

Hashize icyumweru hamenyekanye abasore 18 bazamutse mu kindi cyiciro cyo mu irushanwa rya Mister Rwanda, bagomba kwitabira umwiherero.

Byari biteganyijwe ko umwiherero w’aba basore wagombaga gutangira ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 07 Gicurasi 2022, gusa si ko byagenze.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 avuga ko aba basore batagiye muri uyu mwiherero kuko hari inama yerecyeye iri rushanwa yatumijwe kuri uyu wa Mbere.

Uwatanze amakuru, yavuze ko iyi nama yatumijwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco ikaba igomba kuba irimo abayobozi b’iyi Nteko ndetse n’abateguye iri rushanwa.

Mu bigomba kuganirwaho, ni uburyo iri rushanwa ryarushaho kugenda neza dore ko na ryo ryari ryatangiye kunugwanugwamo ibibazo.

Nyuma y’uko batoranyijwe abasore 18, bamwe mu bataragize amahirwe yo kubonekamo bari bazamutse mu majonjora y’Intara n’Umujyi wa Kigali, bavuze ko mu gutoranya aba bazitabira umwiherero hajemo uburiganya.

Bushayija Blaise na Jean Aime Byiringiro baherutse gutanga ikiganiro mu itangazamakuru, banenze igikorwa cyo gutoranyamo abasore 18, bavuga ko iri rushanwa rikwiye guhabwa Minisiteri cyangwa rigahagarikwa.

Iyi nama yatumijwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco, biravugwa ko ari yo iza gutanga umurongo w’imigendekere y’iri rushanwa, ubundi hakamenyekana igihe umwiherero uzabera.

Iri rushanwa rya Rudasumbwa w’u Rwanda, ribaye nyuma y’igihe gito rishiki ryaryo rya Miss Rwanda rigaragayemo ibibazo byavuzwe ku muyobozi wa Kompanyi iritegura, Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Mu nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye tariki 30 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri iri rushanwa, avuga ko atumva ukuntu umuntu yatangiza igikorwa agamije gucuruza abakobwa kandi akabikora abanje kugira ibyo na we abakoresha.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mbere iri rushanwa ryo kugaragaza ubwiza bari baryihoreye kuko babonaga ntacyo bitwaye ariko ko nta n’icyo byungura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

Next Post

Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Related Posts

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

by radiotv10
02/11/2025
0

As the week draws to a close, many people rush into the weekend with long to-do lists, errands to run,...

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.