Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in IMYIDAGADURO
0
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko umwiherero w’abasore 18 bari guhatana mu irushanwa rya Mr Rwanda, utangira mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, gusa kugeza kuri uyu wa Mbere nturatangira. Hamenyekanye icyabiteye.

Hashize icyumweru hamenyekanye abasore 18 bazamutse mu kindi cyiciro cyo mu irushanwa rya Mister Rwanda, bagomba kwitabira umwiherero.

Byari biteganyijwe ko umwiherero w’aba basore wagombaga gutangira ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 07 Gicurasi 2022, gusa si ko byagenze.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 avuga ko aba basore batagiye muri uyu mwiherero kuko hari inama yerecyeye iri rushanwa yatumijwe kuri uyu wa Mbere.

Uwatanze amakuru, yavuze ko iyi nama yatumijwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco ikaba igomba kuba irimo abayobozi b’iyi Nteko ndetse n’abateguye iri rushanwa.

Mu bigomba kuganirwaho, ni uburyo iri rushanwa ryarushaho kugenda neza dore ko na ryo ryari ryatangiye kunugwanugwamo ibibazo.

Nyuma y’uko batoranyijwe abasore 18, bamwe mu bataragize amahirwe yo kubonekamo bari bazamutse mu majonjora y’Intara n’Umujyi wa Kigali, bavuze ko mu gutoranya aba bazitabira umwiherero hajemo uburiganya.

Bushayija Blaise na Jean Aime Byiringiro baherutse gutanga ikiganiro mu itangazamakuru, banenze igikorwa cyo gutoranyamo abasore 18, bavuga ko iri rushanwa rikwiye guhabwa Minisiteri cyangwa rigahagarikwa.

Iyi nama yatumijwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco, biravugwa ko ari yo iza gutanga umurongo w’imigendekere y’iri rushanwa, ubundi hakamenyekana igihe umwiherero uzabera.

Iri rushanwa rya Rudasumbwa w’u Rwanda, ribaye nyuma y’igihe gito rishiki ryaryo rya Miss Rwanda rigaragayemo ibibazo byavuzwe ku muyobozi wa Kompanyi iritegura, Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Mu nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye tariki 30 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri iri rushanwa, avuga ko atumva ukuntu umuntu yatangiza igikorwa agamije gucuruza abakobwa kandi akabikora abanje kugira ibyo na we abakoresha.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mbere iri rushanwa ryo kugaragaza ubwiza bari baryihoreye kuko babonaga ntacyo bitwaye ariko ko nta n’icyo byungura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

Next Post

Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Related Posts

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza...

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Chryso Ndasingwa ugiye gukorana ubukwe na mugenzi we Sharon Gatete, avuga ko urukundo...

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga wamenyekanye asoma amakuru kuri Tereviziyo Rwanda, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we bamaze igihe bakundana. Isezerano ryasize Paul...

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

by radiotv10
26/06/2025
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya...

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.