Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hamenyekanye icyatumye umwiherero w’abasore bari muri Mr Rwanda udatangirira igihe

radiotv10by radiotv10
09/05/2022
in IMYIDAGADURO
0
Muheto yabonetse muri 18 bazavamo Mr Rwanda batoranyijwe mu birori byajemo Miss Mwiseneza Josiane
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko umwiherero w’abasore 18 bari guhatana mu irushanwa rya Mr Rwanda, utangira mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, gusa kugeza kuri uyu wa Mbere nturatangira. Hamenyekanye icyabiteye.

Hashize icyumweru hamenyekanye abasore 18 bazamutse mu kindi cyiciro cyo mu irushanwa rya Mister Rwanda, bagomba kwitabira umwiherero.

Byari biteganyijwe ko umwiherero w’aba basore wagombaga gutangira ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 07 Gicurasi 2022, gusa si ko byagenze.

Amakuru yageze kuri RADIOTV10 avuga ko aba basore batagiye muri uyu mwiherero kuko hari inama yerecyeye iri rushanwa yatumijwe kuri uyu wa Mbere.

Uwatanze amakuru, yavuze ko iyi nama yatumijwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco ikaba igomba kuba irimo abayobozi b’iyi Nteko ndetse n’abateguye iri rushanwa.

Mu bigomba kuganirwaho, ni uburyo iri rushanwa ryarushaho kugenda neza dore ko na ryo ryari ryatangiye kunugwanugwamo ibibazo.

Nyuma y’uko batoranyijwe abasore 18, bamwe mu bataragize amahirwe yo kubonekamo bari bazamutse mu majonjora y’Intara n’Umujyi wa Kigali, bavuze ko mu gutoranya aba bazitabira umwiherero hajemo uburiganya.

Bushayija Blaise na Jean Aime Byiringiro baherutse gutanga ikiganiro mu itangazamakuru, banenze igikorwa cyo gutoranyamo abasore 18, bavuga ko iri rushanwa rikwiye guhabwa Minisiteri cyangwa rigahagarikwa.

Iyi nama yatumijwe n’Inteko Nyarwanda y’Umuco, biravugwa ko ari yo iza gutanga umurongo w’imigendekere y’iri rushanwa, ubundi hakamenyekana igihe umwiherero uzabera.

Iri rushanwa rya Rudasumbwa w’u Rwanda, ribaye nyuma y’igihe gito rishiki ryaryo rya Miss Rwanda rigaragayemo ibibazo byavuzwe ku muyobozi wa Kompanyi iritegura, Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid ukurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikekwa ko ryakorewe bamwe mu bakobwa baryitabiriye.

Mu nama Nkuru y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yabaye tariki 30 Mata 2022, Perezida Paul Kagame yagarutse kuri iri rushanwa, avuga ko atumva ukuntu umuntu yatangiza igikorwa agamije gucuruza abakobwa kandi akabikora abanje kugira ibyo na we abakoresha.

Perezida Paul Kagame yavuze ko mbere iri rushanwa ryo kugaragaza ubwiza bari baryihoreye kuko babonaga ntacyo bitwaye ariko ko nta n’icyo byungura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Operation: Uko Bamporiki ukekwaho ruswa yafashwe amaze gusangira n’abandi muri Hoteli

Next Post

Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Related Posts

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Huye: Umugore yavuze icyatumye aniga uruhinja yari amaze kubyara agahita arujugunya mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.