Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 19 bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa RED-Tabara urwanya u Burundi bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda rwaje gushyikiriza u Burundi muri 2021, bahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba, bahanishwa gufungwa burundu.

Ni urubanza rwaciwe n’Urukiko Rukuru rwo muri Komini ya Muha muri Bujumbura, rwahamije abarimo abahoze ari abarwanyi 19 bahoze ari ab’umutwe wa RED-Tabara.

Aba barwanyi 19, u Rwanda rwabashyikirije u Burundi muri Nyakanga 2021, nyuma y’umwaka bari bamaze bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda muri Nyungwe kuko bafashwe muri Nzeri 2020, ndetse n’intwaro bafatanywe zikaba zarashyikirijwe u Burundi.

Aba bantu 19 bose b’abagabo, Urukiko Rukuru rwabakatiye gufungwa burundu nkuko icyemezo cy’uru Rukiko cyafashwe tariki 30 z’ukwezi gushize, kibigaragaza.

Iki cyemezo kigira kiti “Bahamijwe icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba no guhungabanya umutekano w’Igihugu n’abenegihugu, none bahanishijwe gufungwa burundu.”

Muri uru rubanza rwaregwagamo abantu 21, abandi babiri bakekwagaho guhungabanya umutekano w’Igihugu, bo bagizwe abere, hakaba n’abandi batatu bahanishijwe gufungwa imyaka 20, bo bahamijwe icyaha cy’ubufatanyacyaha mu mutwe w’iterabwoba.

Ubwo u Rwanda rwashyikirizaga u Burundi abantu 19 muri aba baregwaga muri uru rubanza, iki gikorwa cyabereye ku mupaka uhuza ibi Bihugu byombi wa Nemba mu Karere ka Bugesera.

Ni igikorwa cyanabaye hari itsinda rihuriweho ry’ingabo zishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu karere rya EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism), ndetse hari n’uhagarariye Ishami rya Loni ryita ku Iterambere (UNFPA), Dr Richmond Tiemoko.

Icyo gihe uyu uhagaraiye UNFPA mu Burundi yari yagize ati “Igihe bazaba bagejejwe i Burundi bazakorwaho iperereza ku mpamvu ibatera kujya muri iyo mitwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + six =

Previous Post

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Next Post

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.