Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye igifungo kiremereye cyakatiwe Abarwanyi u Rwanda rwashyikirije u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 19 bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa RED-Tabara urwanya u Burundi bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda rwaje gushyikiriza u Burundi muri 2021, bahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba, bahanishwa gufungwa burundu.

Ni urubanza rwaciwe n’Urukiko Rukuru rwo muri Komini ya Muha muri Bujumbura, rwahamije abarimo abahoze ari abarwanyi 19 bahoze ari ab’umutwe wa RED-Tabara.

Aba barwanyi 19, u Rwanda rwabashyikirije u Burundi muri Nyakanga 2021, nyuma y’umwaka bari bamaze bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda muri Nyungwe kuko bafashwe muri Nzeri 2020, ndetse n’intwaro bafatanywe zikaba zarashyikirijwe u Burundi.

Aba bantu 19 bose b’abagabo, Urukiko Rukuru rwabakatiye gufungwa burundu nkuko icyemezo cy’uru Rukiko cyafashwe tariki 30 z’ukwezi gushize, kibigaragaza.

Iki cyemezo kigira kiti “Bahamijwe icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba no guhungabanya umutekano w’Igihugu n’abenegihugu, none bahanishijwe gufungwa burundu.”

Muri uru rubanza rwaregwagamo abantu 21, abandi babiri bakekwagaho guhungabanya umutekano w’Igihugu, bo bagizwe abere, hakaba n’abandi batatu bahanishijwe gufungwa imyaka 20, bo bahamijwe icyaha cy’ubufatanyacyaha mu mutwe w’iterabwoba.

Ubwo u Rwanda rwashyikirizaga u Burundi abantu 19 muri aba baregwaga muri uru rubanza, iki gikorwa cyabereye ku mupaka uhuza ibi Bihugu byombi wa Nemba mu Karere ka Bugesera.

Ni igikorwa cyanabaye hari itsinda rihuriweho ry’ingabo zishinzwe kugenzura ibikorwa bya gisirikare mu karere rya EJVM (Expanded Joint Verification Mechanism), ndetse hari n’uhagarariye Ishami rya Loni ryita ku Iterambere (UNFPA), Dr Richmond Tiemoko.

Icyo gihe uyu uhagaraiye UNFPA mu Burundi yari yagize ati “Igihe bazaba bagejejwe i Burundi bazakorwaho iperereza ku mpamvu ibatera kujya muri iyo mitwe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 16 =

Previous Post

Uruganda rw’ubukombe rwenga ibinyobwa by’icyanga kihariye rwazanye agashya

Next Post

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

Related Posts

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

by radiotv10
16/12/2025
0

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

IZIHERUKA

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal
AMAHANGA

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

17/12/2025
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

Ibitangaje ku mukecuru wo mu baturanyi b’u Rwanda ushobora kuba ariwe ukuze ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.